Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

radiotv10by radiotv10
03/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko bitangaje kuba u Bufaransa bwibutse ko bwajya gukorera ibikorwa by’ubutabazi Abanyekongo bo mu burasirazuba bwa DRC, nyuma y’amezi 10 iri huriro rikuye ku ngoyi abo mu mujyi wa Goma na Bukavu, ariko kuva icyo gihe Tshisekedi akabafungira amabanki.

Mu cyumweru gishize, i Paris mu Bufaransa ubwo haberaga inama yiga ku bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, Perezida Emmanuel Macron yavuze ko Igihugu cye cyifuza gukora ibikorwa by’ubutabazi, ariko Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Goma kikabanza gufungurwa kugira ngo ibyo bikorwa bibone uko bikorwa.

Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23 rigenzura bimwe mu bice byo burasirazuba bwa DRC, yibukije ko mu mpera za Mutarama uyu mwaka, ari bwo bafashe Umujyi wa Goma n’uwa Bukavu.

Yavuze ko nyuma y’ibohozwa ry’iyi Mijyi, Perezida Félix Tshisekedi yatanze itegeko ryo gufunga amabanki ndetse n’ibigo by’imari biciriritse byafashaga abo mu burasirazuba bwa Congo, kandi ko iki cyemezo uretse kuba kinyuranyije n’amategeko, cyari kinagamije gukandamiza Abanyekongo bo mu bwoko bwa Baswahili, bakunze kwitwa abanyamahanga.

Yakomeje avuga ko kugeza icyo gihe aba bantu bari babayeho batagira uwo bategera amaboko, byabinjije mu ihurizo ryo kubaho mu buzima bugoye bakenera uwabagoboka.

Ati “Igitangaje ni uko nyuma y’amezi icumi, ni bwo i Paris (u Bufaransa) n’andi mahanga bibutse gusaba ko batanga ubutabazi bugenewe abo bafungiwe amabanki, abatwariwe amafaranga yabo.”

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Akomeza agira ati “Mbega impuhwe z’abakize bitwaje ubucuruzi bw’ubutabazi. Abifuza gukora ibikorwa by’ubutabazi bihutiye gukoresha umwanya bahimba urwitwazo rushya. Ni uburyarya bwuzuye!”

Yakomeje avuga ati “Ni nk’aho aka kanya ari bwo Tshilombo yibutse ko ababa muri Kivu na bo ari Abanyekongo. Ni nk’aho ababajwe na bo, nyamara mu cyumweru gishize yaraboherereje za Soukhoï na drones ngo zibarimbure nta kurobanura.”

Nangaa kandi yakomeje anibutsa ikibazo cy’Abanyekongo bo muri Minembwe bamaze amezi atandatu basa n’abafungiwe amazi n’umuriro, bakaba bakomeje kwicwa n’inzara, “batabasha kubona umunyu, isabune, imiti ndetse n’ibindi.”

Yakomeje avuga ko iyo Perezida Tshisekedi aza kugirira impuhwe aba Banyekongo ataranzwe no kwimakaza irondobwako, atari gufata icyemezo cyo gufunga amabanki.

Ati “Niba Tshisekesi yaba yisubiyeho ku munota wa nyuma akaba yifuza gufasha abaturage bacu ba Baswahili ngo babeho mu buzima busanzwe, yagakwiye gutangirira ku gufungura amabanki, akareka hakabaho urujya n’uruza rw’abantu n’ibyabo.”

Yavuze ko Abanyekongo bo muri aka gace badafite umuco wo kubaho bategeye abandi amaboko kuko bazi gukora bagatungwa n’ibyo bakuye mu kwiyuha akuya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

Next Post

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.