Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza ibitero by’ababurwanirira, bikomeje guhitana inzirakarengane z’abasivile, rinerekana bamwe mu bagizweho ingaruka na byo.
Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’iri Huriro kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Ukuboza 2025, ku munsi wabereyeho ibitero byagabwe n’uruhande bahanganye rwa FARDC n’abambari b’iki gisirikare cya Leta.
Iri tangazo rivuga ko “AFC/M23 iratanganza kandi yamaganye uburyarya bukabije n’ubugome bikomeje kugaragazwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa bushaka kwiyorobekanya ku muryango w’imbere mu Gihugu na mpuzamahanga, ko bwifuza amahoro, nyamara bugakomeza intambara mu bice byose by’urugamba, bukanarenga ku masezerano yasinyiwe i Doha tariki 15 Ugushyingo 2025.”
Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, rikomeza rivuga ko habura igihe gito ngo kuri uyu wa Kane tariki 04 Ukuboza hasinywe amasezerano y’amahoro y’i Washington D.C., “mu masaha ya kare yo kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Ukuboza 2025, ubutegersi bwa Kinshasa n’abambari babwo bagabye ibitero bikomeye by’indege ndetse n’ibyo ku butaka, byagabwe mu mihora ikurikira:…”
Ibi bice byagabwemo ibitero birimo Katogota – Luvungi; Kaziba – Hauts Plateaux; – Tchivanga – Hombo ndetse na Kasika – Mwenga.
Kanyuka yakomeje avuga ko “biragaragara ko Kinshasa (ubutegetsi bwa DRC) na Bujumbura (ubutegetsi bw’u Burundi) barenga ntacyo bitayeho” ku masezerano n’amatangazo, arimo amahame yasinywe tariki 19 Nyakanga 2025, ndetse n’ishyirwaho ry’urwego rushinzwe gukurikirana no kugenzura iyubahirizwa ryo guhagarika imirwano rwashyizweho tariki 14 Ukwakira 2025.
Yavuze ko ibi ntakindi bigaragaza uretse umugambi mubisha w’ubutegetsi bwa Congo, wo kurimbura bamwe mu Banyekongo hakoreshejwe iyi migambi irimo iri gucurirwa ku butaka bw’u Burundi, nk’Igihugu gikomeje kugira uruhare runini muri ibi bikorwa, cyohereza abasirikare ndetse n’imbonerakure, banakorana n’abarimo abacancuro bahawe akazi n’ubutegetsi bwa Congo, bakanahabwa intwaro za rutura.
Kanyuka uvuga ko ibi bikorwa bikomeje guhitana ubuzima bw’inzirakarengane nyinshi z’abasivile, yavuze ko iri huriro rya AFC/M23 rigikomeye ku ntego yaryo yo kurinda no kurwana ku baturage, kandi ko ryiteguye kujya kuburizamo ibi bitero.
Iri tangazo ryanditse ryanasohokanye n’amafoto agaragaza bamwe mu bagizweho ingaruka n’ibitero by’uruhande rw’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, bigaragara ko biganjemo abana, bakomeretse cyane.

RADIOTV10










