Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

radiotv10by radiotv10
03/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza ibitero by’ababurwanirira, bikomeje guhitana inzirakarengane z’abasivile, rinerekana bamwe mu bagizweho ingaruka na byo.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’iri Huriro kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Ukuboza 2025, ku munsi wabereyeho ibitero byagabwe n’uruhande bahanganye rwa FARDC n’abambari b’iki gisirikare cya Leta.

Iri tangazo rivuga ko “AFC/M23 iratanganza kandi yamaganye uburyarya bukabije n’ubugome bikomeje kugaragazwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa bushaka kwiyorobekanya ku muryango w’imbere mu Gihugu na mpuzamahanga, ko bwifuza amahoro, nyamara bugakomeza intambara mu bice byose by’urugamba, bukanarenga ku masezerano yasinyiwe i Doha tariki 15 Ugushyingo 2025.”

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, rikomeza rivuga ko habura igihe gito ngo kuri uyu wa Kane tariki 04 Ukuboza hasinywe amasezerano y’amahoro y’i Washington D.C., “mu masaha ya kare yo kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Ukuboza 2025, ubutegersi bwa Kinshasa n’abambari babwo bagabye ibitero bikomeye by’indege ndetse n’ibyo ku butaka, byagabwe mu mihora ikurikira:…”

Ibi bice byagabwemo ibitero birimo Katogota – Luvungi; Kaziba – Hauts Plateaux; – Tchivanga – Hombo ndetse na Kasika – Mwenga.

Kanyuka yakomeje avuga ko “biragaragara ko Kinshasa (ubutegetsi bwa DRC) na Bujumbura (ubutegetsi bw’u Burundi) barenga ntacyo bitayeho” ku masezerano n’amatangazo, arimo amahame yasinywe tariki 19 Nyakanga 2025, ndetse n’ishyirwaho ry’urwego rushinzwe gukurikirana no kugenzura iyubahirizwa ryo guhagarika imirwano rwashyizweho tariki 14 Ukwakira 2025.

Yavuze ko ibi ntakindi bigaragaza uretse umugambi mubisha w’ubutegetsi bwa Congo, wo kurimbura bamwe mu Banyekongo hakoreshejwe iyi migambi irimo iri gucurirwa ku butaka bw’u Burundi, nk’Igihugu gikomeje kugira uruhare runini muri ibi bikorwa, cyohereza abasirikare ndetse n’imbonerakure, banakorana n’abarimo abacancuro bahawe akazi n’ubutegetsi bwa Congo, bakanahabwa intwaro za rutura.

Kanyuka uvuga ko ibi bikorwa bikomeje guhitana ubuzima bw’inzirakarengane nyinshi z’abasivile, yavuze ko iri huriro rya AFC/M23 rigikomeye ku ntego yaryo yo kurinda no kurwana ku baturage, kandi ko ryiteguye kujya kuburizamo ibi bitero.

Iri tangazo ryanditse ryanasohokanye n’amafoto agaragaza bamwe mu bagizweho ingaruka n’ibitero by’uruhande rw’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, bigaragara ko biganjemo abana, bakomeretse cyane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + ten =

Previous Post

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

Next Post

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.