Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

radiotv10by radiotv10
03/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza ibitero by’ababurwanirira, bikomeje guhitana inzirakarengane z’abasivile, rinerekana bamwe mu bagizweho ingaruka na byo.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’iri Huriro kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Ukuboza 2025, ku munsi wabereyeho ibitero byagabwe n’uruhande bahanganye rwa FARDC n’abambari b’iki gisirikare cya Leta.

Iri tangazo rivuga ko “AFC/M23 iratanganza kandi yamaganye uburyarya bukabije n’ubugome bikomeje kugaragazwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa bushaka kwiyorobekanya ku muryango w’imbere mu Gihugu na mpuzamahanga, ko bwifuza amahoro, nyamara bugakomeza intambara mu bice byose by’urugamba, bukanarenga ku masezerano yasinyiwe i Doha tariki 15 Ugushyingo 2025.”

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, rikomeza rivuga ko habura igihe gito ngo kuri uyu wa Kane tariki 04 Ukuboza hasinywe amasezerano y’amahoro y’i Washington D.C., “mu masaha ya kare yo kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Ukuboza 2025, ubutegersi bwa Kinshasa n’abambari babwo bagabye ibitero bikomeye by’indege ndetse n’ibyo ku butaka, byagabwe mu mihora ikurikira:…”

Ibi bice byagabwemo ibitero birimo Katogota – Luvungi; Kaziba – Hauts Plateaux; – Tchivanga – Hombo ndetse na Kasika – Mwenga.

Kanyuka yakomeje avuga ko “biragaragara ko Kinshasa (ubutegetsi bwa DRC) na Bujumbura (ubutegetsi bw’u Burundi) barenga ntacyo bitayeho” ku masezerano n’amatangazo, arimo amahame yasinywe tariki 19 Nyakanga 2025, ndetse n’ishyirwaho ry’urwego rushinzwe gukurikirana no kugenzura iyubahirizwa ryo guhagarika imirwano rwashyizweho tariki 14 Ukwakira 2025.

Yavuze ko ibi ntakindi bigaragaza uretse umugambi mubisha w’ubutegetsi bwa Congo, wo kurimbura bamwe mu Banyekongo hakoreshejwe iyi migambi irimo iri gucurirwa ku butaka bw’u Burundi, nk’Igihugu gikomeje kugira uruhare runini muri ibi bikorwa, cyohereza abasirikare ndetse n’imbonerakure, banakorana n’abarimo abacancuro bahawe akazi n’ubutegetsi bwa Congo, bakanahabwa intwaro za rutura.

Kanyuka uvuga ko ibi bikorwa bikomeje guhitana ubuzima bw’inzirakarengane nyinshi z’abasivile, yavuze ko iri huriro rya AFC/M23 rigikomeye ku ntego yaryo yo kurinda no kurwana ku baturage, kandi ko ryiteguye kujya kuburizamo ibi bitero.

Iri tangazo ryanditse ryanasohokanye n’amafoto agaragaza bamwe mu bagizweho ingaruka n’ibitero by’uruhande rw’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, bigaragara ko biganjemo abana, bakomeretse cyane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 10 =

Previous Post

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Related Posts

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

by radiotv10
02/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rw’abarwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramutse bagaba ibitero simusiga...

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

by radiotv10
02/12/2025
0

Minisitiri w’Ingabo muri Nigeria, yeguye avuga ko ari ku mpamvu z’ubuzima, mu gihe iki Gihugu kimaze iminsi gifite ikibazo cy’abashimutwa...

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yamaze guhaguruka mu Gihugu cye yerecyeje i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gushimangira umugambi we wo guhagarika no kugabanya cyane abimukira baturuka...

IZIHERUKA

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira
AMAHANGA

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

03/12/2025
Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

02/12/2025
Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.