Wednesday, September 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yavuze amakuru yamenye agaragaza umugambi mubisha ubutegetsi bwa Congo bufite

radiotv10by radiotv10
02/09/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwatangije intambara yeruye igamije kurimbura Abanyamulenge, bukaba bwanazanye abasirikare ibihumbi 30 bo gukoresha muri uyu mugambi mubisha, no gukoresha mu rugamba rwo kwisubiza ibice byabohojwe.

Byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa AFC/M23, Dr Oscar Balinda nyuma yuko mu misozi ya Minembwe hakomeje kuraswa ibisasu bya rutura bikorwa n’uruhande rwa Leta ya Congo.

Dr Balinda avuga ko ibi byose biri kuba mu gihe i Doha hari hakomeje kubera ibiganiro by’imishyikirano, ariko ko bigaragara ko uruhande bahanganye rwa Leta ya Kinshasa n’ubutetegsi bwayo burangajwe imbere na Felix Tshisekedi, rutabikozwa.

Ati “Batoranyije inzira y’intambara. Ubu ngubu yatangije intambara yeruye, cyane cyane igamije gukuraho bene wacu b’Abanyamulenge hariya mu misozi ya Minembwe, aho yashyize abasirikare barenga ibihumbi mirono itatu (30 000) kugira ngo babamare babarimbure.”

Dr Balinda avuga kandi ko uruhande bahanganye rwanagabye ibindi bitero mu gace ka Luhwinja muri Teritwari ya Walungu mu Ntara ya Kivu y’Epfo, bigamije kwisubiza Umujyi wa Bukavu umaze igihe uri mu maboko ya AFC/M23.

Ati “Agamije gusatira Umujyi wa Bukavu ngo awufate, yigarurire n’ikibuga cy’indege cya Kavumu ndetse aze asatira na Goma hano.”

Umuvugizi Wungirije wa AFC/M23, Dr Balinda akomeza agaragaza ko ubutegetsi bwa Congo bukomeje kugaragaza ko bushyize imbere imirwano, akavuga ko ababurwanirira banagabye ibitero i Walikale mu mugambi wo kwisubiza ibice byamaze kubohorwa n’iri Huriro.

Ati “Agamije kugera Masisi no kuza za Mushaki, za Lubaya zose akazisubiza. Mbese agamije kwisubiza uduce twose Alliance Fleuve Congo/M23 yamaze kugeramo, ashaka no gutsembatsemba no kurimbura Abakongomani badutuyemo.”

Dr Balinda avuga ko Ihuriro AFC/M23 ridashobora kwemera ko uruhande bahanganye rugera kuri iyi migambi yabwo, yo kurimbura abaturage, aho yanagarutse ku bufatanye bwa FARDC n’igisirikare cy’u Burundi.

Ati “Bashakaga gutera mu Bwiza kugira ngo bamare impunzi zari zaduhungiyeho, aho ni ho twavuze tuti ‘noneho uyu ni umurongo utukura’ ntabwo twakwemera ko bamara abantu b’inzirakarengane baduhungiyeho, aho ni ho twafashe iya mbere, turengera abo bantu, nta n’umwe wagize icyo aba turanabakurikirana, Kitchanga mwabonye icyabereyeyo.”

Dr Balinda avuga ko nubwo ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje gushyira imbere inzira y’intambara, ariko iri Huriro AFC/M23 ryo rikibona ko umuti w’ibibazo ntahandi wava atari mu biganiro, kandi ko rikibifitiye ubushake.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 13 =

Previous Post

Inama zigirwa abanyeshuri batsinzwe ibizamini bya Leta bisoza ayisumbuye mu Rwanda

Next Post

Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

Related Posts

Ubutumwa bwa Tshisekedi kuri Gen.Cirimwami wa FARDC umaze amezi arindwi yishwe na M23

Ubutumwa bwa Tshisekedi kuri Gen.Cirimwami wa FARDC umaze amezi arindwi yishwe na M23

by radiotv10
02/09/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yavuze ko Gen Peter Cirimwami wari Guverineri w’Urwego rwa Gisirikare ruyoboye...

Hatangajwe imibare yo hejuru y’abishwe n’inkangu idasanzwe muri Sudani

Hatangajwe imibare yo hejuru y’abishwe n’inkangu idasanzwe muri Sudani

by radiotv10
02/09/2025
0

Inkangu ikomeye yabaye mu misozi ya Marra, mu Mtara ya Darfur y’Uburengerazuba mu gihugu cya Sudani, yasenye umudugudu wose yikica...

Agahinda gakomeje kuba kenshi muri Afghanistan ku bw’imibare y’abahitanywe n’umutingito

Agahinda gakomeje kuba kenshi muri Afghanistan ku bw’imibare y’abahitanywe n’umutingito

by radiotv10
01/09/2025
0

Abantu barenga 800 ni bo bamaze kwemezwa ko bahitanywe n’umutigito wibasiye uburasirazuba bwa Afghanistan, mu gihe abandi barenga 2 500...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yongeye kwihanangiriza Ubutegetsi bwa Congo iha integuza FARDC, FDLR n’abacancuro

by radiotv10
01/09/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryamaze kwita ubw’iterabwoba, riravuga ko nyuma yuko ababurwanirira bagizwe n’abarimo...

Eng.-Updates on Doha talks between AFC/M23 and the DRC Government

Eng.-AFC/M23 warns DRC Government, issues ultimatum to FARDC, FDLR, and allied forces

by radiotv10
01/09/2025
0

AFC/M23 has declared that after forces composed of FARDC, FDLR, and Burundian troops continued launching attacks on civilians and its...

IZIHERUKA

A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know
IMIBEREHO MYIZA

A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know

by radiotv10
03/09/2025
0

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

03/09/2025
Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

02/09/2025
Icyihishe inyuma yo kunanuka kudasanzwe k’umunyabigango ‘The Rock’ kwazamuye impaka

Icyihishe inyuma yo kunanuka kudasanzwe k’umunyabigango ‘The Rock’ kwazamuye impaka

02/09/2025
Ubutumwa bwa Tshisekedi kuri Gen.Cirimwami wa FARDC umaze amezi arindwi yishwe na M23

Ubutumwa bwa Tshisekedi kuri Gen.Cirimwami wa FARDC umaze amezi arindwi yishwe na M23

02/09/2025
Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

02/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.