Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yungutse ibice igenzura nyuma y’imirwano ikomeye

radiotv10by radiotv10
07/10/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC&Wazalendo
Share on FacebookShare on Twitter

Ibice bya Luke na Mulema byo muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, byamaze kugera mu maboko y’Ihuriro AFC/M23 nyuma yuko ibyamuruyemo inyeshyamba z’umutwe wa Wazalendo urwanirira ubutegetsi bwa DRC.

Ibi bice byombi biragenzurwa na AFC/M23 kuva kuri uyu wa Mbere tariki 06 Ukwakira 2025 ubwo iri Huriro ryabifataga ribanje gukozanyaho bikomeye n’inyeshyamba za Wazalendo.

Iyi mirwano yari yaramukiye ku muryango mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 06 Ukwakira 2025, yari yatangijwe n’abarwanyi b’iri huriro, bashakaga kwirukana inyeshyamba za Wazalendo zimaze igihe zibangamira abaturage muri biriya bice.

Amakuru ava muri ibi bice, avuga ko inyeshyamba za Wazalendo nyumo yo gukubitwa incuro na AFC/M23 zahunze zerecyeza mu gace ka Ngululu nyuma yo kuraswaho bikomeye n’abarwanyi ba M23.

Iyi mirwano yasize AFC/M23 igenzura biriya bice, yirije umunsi wose nyuma yuko yari yahereye mu gitondo cya kare ahagana saa kumi n’imwe.

Amakuru kandi avuga ko abaturage benshi bari bahunze imirwano, bakajya mu bice bya Ngururu no mu gace ka Luke y’amajyepfo.

Nubwo hatangajwe umubare w’abaguye muri iyi mirwano, ariko haracyari impungenge ko ishobora kubura isana n’isaha, dore ko inyeshyamba za Wazalendo zishyugumbwa kugaba ibitero byo kwisubiza ibi bice zamuruwemo na M23.

Iyi mirwano yasize iri Huriro rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rifashe biriya bice bibiri, yadutse nyuma y’iminsi micye ryungutse abakomando barenga 9 000, bahawe ubutumwa n’Umugaba Mukuru wabo, Maj Gen Sultani Makenga ko intego y’iri Huriro ari ugukuraho ubutegetsi buriho muri kiriya Gihugu bwimakaje imigirire mibi yazonze abaturage.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 9 =

Previous Post

Icyagaragajwe n’igenzura ryatumye abayobozi bamwe mu Karere ka Nyabihu batabwa muri yombi

Next Post

Ibyamamare bimaze umwaka batandukanye nk’umugabo n’umugore batunguranye bagaragara barebana akana ko mu jisho

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyamamare bimaze umwaka batandukanye nk’umugabo n’umugore batunguranye bagaragara barebana akana ko mu jisho

Ibyamamare bimaze umwaka batandukanye nk’umugabo n’umugore batunguranye bagaragara barebana akana ko mu jisho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.