Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Agasembuye gakabije mu rubyiruko katangatanzwe: Undi Muminisitiri agaragaje icyasimbuzwa inzoga

radiotv10by radiotv10
18/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Agasembuye gakabije mu rubyiruko katangatanzwe: Undi Muminisitiri agaragaje icyasimbuzwa inzoga
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Minisitiri w’Ubuzima agiriye inama urubyiruko runywa inzoga, kutarengera bakanywa gacye, na Minisitiri w’Urubyiruko yarusabye ko runabishoboye rwanazireka burundu kuko nta ngaruka byarutera, ahubwo bakazisimbuza ibindi byabanezeza, nka Siporo.

Ni mu bukangurambaga bwiswe ‘TunyweLess’ [tunywe gacye] bugamije gushishikariza Abanyarwanda banywa inzoga, kunywa mu rugero kuko iyo zibaye nyinshi mu mubiri zishobora kuba intandaro y’indwara zikomeye zirimo Diabetes na Cancer.

Muri ubu bukangurambaga, Minisitiri w’Urubyiruko, Dr. Utumatwishima Abdallah na we yageneye ubutumwa uru rubyiruko.

Mu mashusho asa nk’umukino, Minisitiri ahura na bamwe mu bafite amazina azwi mu rubyiriko mu Rwanda, nka Anita Pendo, Dj Bisoso na Gitego basanzwe bakora ikiganiro kuri RBA gikunzwe n’urubyiruko rwinshi, bari muri Siporo, bakamubaza niba ubuzima butarimo kunywa inzoga bushoboka kuko hari benshi bumva ko inzoga zituma abantu banezerwa.

Minisitiri Utumatwishima agira ati “Oya ntabwo ari byo. Umuntu muto cyangwa umukuru, hari ibintu byinshi cyane yakora bituma ubuzima bugenda neza atari ngombwa inzoga.”

Abajene,

Ese kubaho tunywaless birashoboka?

Umva uko Minister Utumatwishima yatubwiye.

Ati #TunyweLess, Gusinda si wane! pic.twitter.com/wwvCD5KYzA

— Ministry of Youth and Arts | Rwanda (@RwandaYouthArts) July 16, 2023

Yakomeje atanga ingero z’ibyo umuntu yakora bikamunezeza atagombye kunywa inzoga, nka siporo ihoraho, gusoma ibitabo ndetse n’ibikorwa byo gufasha abakeneye ubufasha.

Ubu butumwa bwa Minisitiri w’Urubyiruko buje nyuma y’igihe gito, na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana na we atanze ubutumwa bwo gusaba urubyiruko kunywa mu rugero.

Mu butumwa na we yatanze mu mashusho asa n’umukino, Dr. Sabin Nsanzimana asanga urubyiruko rwiteretse amacupa ruri kunywa, agatungurwa agira ati “Izi nzoga zangiza ubuzima, zitera indwara zitandukanye, za Cancer, Diabetes, indwara z’umutima. Ubu murisukamo amacupa angana gutya mukagira ngo ubuzima bwanyu ntibugira ibibazo?”

Muri ubwo butumwa, Sabin asaba uru rubyiruko kuba rwareka inzoga ariko rukamubwira ko bigoye, na we akarusaga kunywa mu rugero, ati “Basi munywe gacye, musome gacye. Gusinda si wane.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 1 =

Previous Post

Umukinnyi w’umunyabigwi asanze muri America kizigenza wa Football ku Isi

Next Post

Urugendo rw’amakorosi rw’uwisanze acuruza ibiraha wifuza kuba umuhanzi w’ikirangirire agahigika Diamond

Related Posts

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu...

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

IZIHERUKA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urugendo rw’amakorosi rw’uwisanze acuruza ibiraha wifuza kuba umuhanzi w’ikirangirire agahigika Diamond

Urugendo rw’amakorosi rw’uwisanze acuruza ibiraha wifuza kuba umuhanzi w'ikirangirire agahigika Diamond

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.