• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Agasembuye gakabije mu rubyiruko katangatanzwe: Undi Muminisitiri agaragaje icyasimbuzwa inzoga

radiotv10by radiotv10
18/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Agasembuye gakabije mu rubyiruko katangatanzwe: Undi Muminisitiri agaragaje icyasimbuzwa inzoga
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Minisitiri w’Ubuzima agiriye inama urubyiruko runywa inzoga, kutarengera bakanywa gacye, na Minisitiri w’Urubyiruko yarusabye ko runabishoboye rwanazireka burundu kuko nta ngaruka byarutera, ahubwo bakazisimbuza ibindi byabanezeza, nka Siporo.

Ni mu bukangurambaga bwiswe ‘TunyweLess’ [tunywe gacye] bugamije gushishikariza Abanyarwanda banywa inzoga, kunywa mu rugero kuko iyo zibaye nyinshi mu mubiri zishobora kuba intandaro y’indwara zikomeye zirimo Diabetes na Cancer.

Muri ubu bukangurambaga, Minisitiri w’Urubyiruko, Dr. Utumatwishima Abdallah na we yageneye ubutumwa uru rubyiruko.

Mu mashusho asa nk’umukino, Minisitiri ahura na bamwe mu bafite amazina azwi mu rubyiriko mu Rwanda, nka Anita Pendo, Dj Bisoso na Gitego basanzwe bakora ikiganiro kuri RBA gikunzwe n’urubyiruko rwinshi, bari muri Siporo, bakamubaza niba ubuzima butarimo kunywa inzoga bushoboka kuko hari benshi bumva ko inzoga zituma abantu banezerwa.

Minisitiri Utumatwishima agira ati “Oya ntabwo ari byo. Umuntu muto cyangwa umukuru, hari ibintu byinshi cyane yakora bituma ubuzima bugenda neza atari ngombwa inzoga.”

Abajene,

Ese kubaho tunywaless birashoboka?

Umva uko Minister Utumatwishima yatubwiye.

Ati #TunyweLess, Gusinda si wane! pic.twitter.com/wwvCD5KYzA

— Ministry of Youth and Arts | Rwanda (@RwandaYouthArts) July 16, 2023

Yakomeje atanga ingero z’ibyo umuntu yakora bikamunezeza atagombye kunywa inzoga, nka siporo ihoraho, gusoma ibitabo ndetse n’ibikorwa byo gufasha abakeneye ubufasha.

Ubu butumwa bwa Minisitiri w’Urubyiruko buje nyuma y’igihe gito, na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana na we atanze ubutumwa bwo gusaba urubyiruko kunywa mu rugero.

Mu butumwa na we yatanze mu mashusho asa n’umukino, Dr. Sabin Nsanzimana asanga urubyiruko rwiteretse amacupa ruri kunywa, agatungurwa agira ati “Izi nzoga zangiza ubuzima, zitera indwara zitandukanye, za Cancer, Diabetes, indwara z’umutima. Ubu murisukamo amacupa angana gutya mukagira ngo ubuzima bwanyu ntibugira ibibazo?”

Muri ubwo butumwa, Sabin asaba uru rubyiruko kuba rwareka inzoga ariko rukamubwira ko bigoye, na we akarusaga kunywa mu rugero, ati “Basi munywe gacye, musome gacye. Gusinda si wane.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Umukinnyi w’umunyabigwi asanze muri America kizigenza wa Football ku Isi

Next Post

Urugendo rw’amakorosi rw’uwisanze acuruza ibiraha wifuza kuba umuhanzi w’ikirangirire agahigika Diamond

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Urugendo rw’amakorosi rw’uwisanze acuruza ibiraha wifuza kuba umuhanzi w’ikirangirire agahigika Diamond

Urugendo rw’amakorosi rw’uwisanze acuruza ibiraha wifuza kuba umuhanzi w'ikirangirire agahigika Diamond

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.