Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Agasembuye gakabije mu rubyiruko katangatanzwe: Undi Muminisitiri agaragaje icyasimbuzwa inzoga

radiotv10by radiotv10
18/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Agasembuye gakabije mu rubyiruko katangatanzwe: Undi Muminisitiri agaragaje icyasimbuzwa inzoga
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Minisitiri w’Ubuzima agiriye inama urubyiruko runywa inzoga, kutarengera bakanywa gacye, na Minisitiri w’Urubyiruko yarusabye ko runabishoboye rwanazireka burundu kuko nta ngaruka byarutera, ahubwo bakazisimbuza ibindi byabanezeza, nka Siporo.

Ni mu bukangurambaga bwiswe ‘TunyweLess’ [tunywe gacye] bugamije gushishikariza Abanyarwanda banywa inzoga, kunywa mu rugero kuko iyo zibaye nyinshi mu mubiri zishobora kuba intandaro y’indwara zikomeye zirimo Diabetes na Cancer.

Muri ubu bukangurambaga, Minisitiri w’Urubyiruko, Dr. Utumatwishima Abdallah na we yageneye ubutumwa uru rubyiruko.

Mu mashusho asa nk’umukino, Minisitiri ahura na bamwe mu bafite amazina azwi mu rubyiriko mu Rwanda, nka Anita Pendo, Dj Bisoso na Gitego basanzwe bakora ikiganiro kuri RBA gikunzwe n’urubyiruko rwinshi, bari muri Siporo, bakamubaza niba ubuzima butarimo kunywa inzoga bushoboka kuko hari benshi bumva ko inzoga zituma abantu banezerwa.

Minisitiri Utumatwishima agira ati “Oya ntabwo ari byo. Umuntu muto cyangwa umukuru, hari ibintu byinshi cyane yakora bituma ubuzima bugenda neza atari ngombwa inzoga.”

Abajene,

Ese kubaho tunywaless birashoboka?

Umva uko Minister Utumatwishima yatubwiye.

Ati #TunyweLess, Gusinda si wane! pic.twitter.com/wwvCD5KYzA

— Ministry of Youth and Arts | Rwanda (@RwandaYouthArts) July 16, 2023

Yakomeje atanga ingero z’ibyo umuntu yakora bikamunezeza atagombye kunywa inzoga, nka siporo ihoraho, gusoma ibitabo ndetse n’ibikorwa byo gufasha abakeneye ubufasha.

Ubu butumwa bwa Minisitiri w’Urubyiruko buje nyuma y’igihe gito, na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana na we atanze ubutumwa bwo gusaba urubyiruko kunywa mu rugero.

Mu butumwa na we yatanze mu mashusho asa n’umukino, Dr. Sabin Nsanzimana asanga urubyiruko rwiteretse amacupa ruri kunywa, agatungurwa agira ati “Izi nzoga zangiza ubuzima, zitera indwara zitandukanye, za Cancer, Diabetes, indwara z’umutima. Ubu murisukamo amacupa angana gutya mukagira ngo ubuzima bwanyu ntibugira ibibazo?”

Muri ubwo butumwa, Sabin asaba uru rubyiruko kuba rwareka inzoga ariko rukamubwira ko bigoye, na we akarusaga kunywa mu rugero, ati “Basi munywe gacye, musome gacye. Gusinda si wane.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 15 =

Previous Post

Umukinnyi w’umunyabigwi asanze muri America kizigenza wa Football ku Isi

Next Post

Urugendo rw’amakorosi rw’uwisanze acuruza ibiraha wifuza kuba umuhanzi w’ikirangirire agahigika Diamond

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urugendo rw’amakorosi rw’uwisanze acuruza ibiraha wifuza kuba umuhanzi w’ikirangirire agahigika Diamond

Urugendo rw’amakorosi rw’uwisanze acuruza ibiraha wifuza kuba umuhanzi w'ikirangirire agahigika Diamond

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.