Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Agezweho ku mukino utegerejwe na benshi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
07/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Agezweho ku mukino utegerejwe na benshi mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umukino w’ishiraniro wa APR FC na mucyeba wayo Rayon Sports utegerejwe n’abatari bacye, wamaze guhabwa umusifuzi uzawuyobora n’abazamufasha.

Ni umusifuzi Mpuzamahanga Ishimwe Jean Claude bakunda kwita ’Cucuri’ uzaba ari umusifuzi wo hagati, aho azaba ayoboye uyu mukino w’umunsi wa 20 wa Shampiyona y’u Rwanda uzahuza APR FC na Rayon Sports, ku Cyumweru tariki 09 Werurwe 2025.

Ni umukino amakipe yombi akeneye gutsinda, cyane cyane APR FC irushwa amanota abiri na Rayon sport, kuko n’itsinda uyu mukino bizatuma ifata umwanya wa mbere.

Uyu mukino ufite byinshi uvuze ku ikipe ishobora kwegukana Shampiyona ya 2024-2025, uzaba ku Cyumweru saa cyenda z’amanywa kuri Stade Amahoro,

Uretse Umusifuzi Ishimwe Jean Claude ‘Cucuri’ uzaba ari uwo hagati, azafashwa n’abandi basifuzi bazazaba bamwungirije na bo bakaba ari abasifuzi mpuzamahanga, aho umwungiriza wa mbere azaba ari Karangwa Justin nk’Umusifuzi wa mbere wungirije, Mugabo Eric azaba ari umwungiriza wa kabiri, mu gihe Ngabonziza Jean Paul azaba ari Umusifuzi wa Kane.

Ishimwe Jean Claude aheruka gusifura umukino wahuje Rayon Sports na APR FC mu mwaka ushize w’imikino hari tariki ya 09 Werurwe 2024, urangira ikipe ya APR FC itsinze Rayon Sports ibitego 2-0.

Aya makipe yombi asanzwe ahatanira ibikombe muri ruhago nyarwanda, agiye guhura n’ubundi aryana isataburenge, dore ko Rayon Sports iri ku mwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo ifite amanota 42, mu gihe APR FC ya kabiri, ifite amanota 42.

Ishimwe Jean Claude yahawe kuzasifura uyu mukino w’ishiraniro
APR na Rayon zigiye guhura ziryana isataburenge

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + ten =

Previous Post

U Rwanda rwaganiriye n’ikindi Gihugu cy’i Burayi ku byo muri Congo

Next Post

Hatangajwe ibyagarutsweho mu nama idasanzwe yiga ku bya DRCongo yitabiriwe n’abarimo Tshisekedi

Related Posts

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu w'ikipe ya Arsenal Bukayo Saka yasabye urukundo Tolami Benson, umukobwa bakundanye igihe kirekire, mu birori byabereye muri resitora yo...

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

by radiotv10
28/11/2025
0

Umukinnyi wo hagati Bigirimana Abedi wa Rayon Sports, agiye kumara ibyumweru bitatu hanze y’ikibuga adakina kubera imvune yagize. Aya makuru...

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yahagaritse imikino itatu rutahizamu w’Umurundi Jean Claude Girumugisha ukinira Al Hilal Omdurman, nyuma yo...

IZIHERUKA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

03/12/2025
Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ibyagarutsweho mu nama idasanzwe yiga ku bya DRCongo yitabiriwe n’abarimo Tshisekedi

Hatangajwe ibyagarutsweho mu nama idasanzwe yiga ku bya DRCongo yitabiriwe n’abarimo Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.