Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Agezweho ku mukino utegerejwe na benshi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
07/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Agezweho ku mukino utegerejwe na benshi mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umukino w’ishiraniro wa APR FC na mucyeba wayo Rayon Sports utegerejwe n’abatari bacye, wamaze guhabwa umusifuzi uzawuyobora n’abazamufasha.

Ni umusifuzi Mpuzamahanga Ishimwe Jean Claude bakunda kwita ’Cucuri’ uzaba ari umusifuzi wo hagati, aho azaba ayoboye uyu mukino w’umunsi wa 20 wa Shampiyona y’u Rwanda uzahuza APR FC na Rayon Sports, ku Cyumweru tariki 09 Werurwe 2025.

Ni umukino amakipe yombi akeneye gutsinda, cyane cyane APR FC irushwa amanota abiri na Rayon sport, kuko n’itsinda uyu mukino bizatuma ifata umwanya wa mbere.

Uyu mukino ufite byinshi uvuze ku ikipe ishobora kwegukana Shampiyona ya 2024-2025, uzaba ku Cyumweru saa cyenda z’amanywa kuri Stade Amahoro,

Uretse Umusifuzi Ishimwe Jean Claude ‘Cucuri’ uzaba ari uwo hagati, azafashwa n’abandi basifuzi bazazaba bamwungirije na bo bakaba ari abasifuzi mpuzamahanga, aho umwungiriza wa mbere azaba ari Karangwa Justin nk’Umusifuzi wa mbere wungirije, Mugabo Eric azaba ari umwungiriza wa kabiri, mu gihe Ngabonziza Jean Paul azaba ari Umusifuzi wa Kane.

Ishimwe Jean Claude aheruka gusifura umukino wahuje Rayon Sports na APR FC mu mwaka ushize w’imikino hari tariki ya 09 Werurwe 2024, urangira ikipe ya APR FC itsinze Rayon Sports ibitego 2-0.

Aya makipe yombi asanzwe ahatanira ibikombe muri ruhago nyarwanda, agiye guhura n’ubundi aryana isataburenge, dore ko Rayon Sports iri ku mwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo ifite amanota 42, mu gihe APR FC ya kabiri, ifite amanota 42.

Ishimwe Jean Claude yahawe kuzasifura uyu mukino w’ishiraniro
APR na Rayon zigiye guhura ziryana isataburenge

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

U Rwanda rwaganiriye n’ikindi Gihugu cy’i Burayi ku byo muri Congo

Next Post

Hatangajwe ibyagarutsweho mu nama idasanzwe yiga ku bya DRCongo yitabiriwe n’abarimo Tshisekedi

Related Posts

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

IZIHERUKA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law
MU RWANDA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ibyagarutsweho mu nama idasanzwe yiga ku bya DRCongo yitabiriwe n’abarimo Tshisekedi

Hatangajwe ibyagarutsweho mu nama idasanzwe yiga ku bya DRCongo yitabiriwe n’abarimo Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.