Tuesday, April 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Agezweho ku ntambara hagati ya Iran na Israel ikomeje kugana ahateye inkeke

radiotv10by radiotv10
18/06/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Agezweho ku ntambara hagati ya Iran na Israel ikomeje kugana ahateye inkeke
Share on FacebookShare on Twitter

Ibihugu bya Israel na Iran byongeye kurasana za misile ziremereye, ari na ko hakomeza gutangwa umuburo ku baturage ko aho batuye hagiye gusukwaho ibisasu.

Iyi mirwano yakomeje kuri uyu wa Gatatu tariki 18 kamena 2025, ubwo intambara ihanganishije ibi bihugu byombi bimaze igihe birebana ayi ingwe, yinjiraga ku munsi wa gatandatu.

Ingabo za Israel zatangaje ko Iran yohereje ibisasu bibiri bikurikirana mu rukerere rwo kuri uyu wa Gatatu bigana muri Israel, ibyo bisasu bikaba byumvikanye mu mujyi wa Tel Aviv.

Ni mugihe Israel na yo  yasabye abaturage bo mu gace ko mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Tehran, kwimuka byihuse kugira ngo indege zayo za gisirikare zibashe kugaba ibitero ku birindiro bya gisirikare bya Iran, byumwihariko ku mutwe w’izi ngabo za iran udasanzwe witwa (Revolutionary Guards) ufite ibirindiro mu burasirazuba bwa Tehran.

Abinyujije ku rubuga rwe Truth Social ku wa Kabiri, Donald Trump yasabye Iran kumanika Amaboko, anaburira ko kwihangana kwa Leta Zunze Ubumwe za America kugenda kurangira.

Ibitangazamakuru bitandukanye birimo n’ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters, biravuga ko ayo magambo ya Trump, ashobora kuba aca amarenga ko bishobora kurangira America yifatanyishe na Israel mu kugaba ibitero ku hakorerwa ibisasu bya kirimbuzi bya Iran.

White House yatangaje ko Trump yavuganye na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, kuri telefone kuri uyu wa Kabiri, byakurikiwe n’itangazo ry’ingabo za Leta Zunze Ubumwe za America rivuga ko zohereje indege z’intambara nyinshi mu Burasirazuba bwo hagati.

Ni mu gihe ibiro bishinzwe iperereza muri America, byatangaje ko Iran ifite umubare munini w’ibisasu bya misile bya kirimbuzi kurusha ibindi Bihugu byose byo muri ako karere.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Icyo umunyapolitiki Ingabire Victoire avuga ku guhamagazwa mu rubanza rw’abaregwa gushaka guhirika ubutegetsi

Next Post

Hatangajwe icyakoreye Umupolisi wagaragaye arasa umuturage mu myigaragambyo ihanganishije Polisi ya Kenya n’urubyiruko

Related Posts

Breaking: Perezida w’u Burundi yakoze impinduka muri Guverinoma

Breaking: Perezida w’u Burundi yakoze impinduka muri Guverinoma

by radiotv10
28/04/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yashyize mu myanya Abaminisitiri batatu muri Guverinoma y’iki Gihugu, barimo Ambasaderi Evelyne Butoyi wagizwe Minisitiri...

Congo yashyize hanze ibimenyetso biri muri raporo ishinja u Rwanda gufasha M23

Ibisobanuro bya mbere byatanzwe na Guverinoma ya Congo ku kwakira abimukira birukanywe muri America

by radiotv10
28/04/2026
0

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya yagize icyo avuga ku banengera iki Gihugu kwakira abimukira...

Uganda yataye muri yombi abanyamahanga barenga 200 biganjemo abasanzwe ahantu hamwe bakora ibidasobanutse

Uganda yataye muri yombi abanyamahanga barenga 200 biganjemo abasanzwe ahantu hamwe bakora ibidasobanutse

by radiotv10
28/04/2026
0

Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu muri Uganda, yataye muri yombi abanyamahanga 231 badafite ibyangombwa byo kuba muri kiriya Gihugu, barimo...

Perezida Ndayishimiye yashyize hanze ukuri ku by’uko abasirikare b’u Burundi bahanganye na M23

I Burundi haravugwa ubwoba bwatumye Perezida Ndayishimiye ategeka ko habaho kwimura intwaro i Bujumbura

by radiotv10
28/04/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kimuye amasasu n’intwaro za rutura bivanwa mu bigo bikomeye bya gisirikare i Bujumbura bijyanwa i Gitega, mu...

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

Hatangajwe ibyaha bigomba gushinjwa uwagabye igitero ahari Perezida Trump

by radiotv10
27/04/2026
0

Umugabo ukekwaho kugaba igitero i Washington, ahaberaga ibirori byari byitabiriwe na Perezida Donald Trump, ategerejwe kugezwa imbere y’urukiko kuri uyu...

IZIHERUKA

Breaking: Perezida w’u Burundi yakoze impinduka muri Guverinoma
AMAHANGA

Breaking: Perezida w’u Burundi yakoze impinduka muri Guverinoma

by radiotv10
28/04/2026
0

Congo yashyize hanze ibimenyetso biri muri raporo ishinja u Rwanda gufasha M23

Ibisobanuro bya mbere byatanzwe na Guverinoma ya Congo ku kwakira abimukira birukanywe muri America

28/04/2026
Uganda yataye muri yombi abanyamahanga barenga 200 biganjemo abasanzwe ahantu hamwe bakora ibidasobanutse

Uganda yataye muri yombi abanyamahanga barenga 200 biganjemo abasanzwe ahantu hamwe bakora ibidasobanutse

28/04/2026
Perezida Ndayishimiye yashyize hanze ukuri ku by’uko abasirikare b’u Burundi bahanganye na M23

I Burundi haravugwa ubwoba bwatumye Perezida Ndayishimiye ategeka ko habaho kwimura intwaro i Bujumbura

28/04/2026
Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

28/04/2026
Umunyamakuru M. Irene yateguje ko agiye gukina filimi azahuriramo n’ubimenyereweho

Umunyamakuru M. Irene yateguje ko agiye gukina filimi azahuriramo n’ubimenyereweho

28/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyakoreye Umupolisi wagaragaye arasa umuturage mu myigaragambyo ihanganishije Polisi ya Kenya n’urubyiruko

Hatangajwe icyakoreye Umupolisi wagaragaye arasa umuturage mu myigaragambyo ihanganishije Polisi ya Kenya n’urubyiruko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Breaking: Perezida w’u Burundi yakoze impinduka muri Guverinoma

Ibisobanuro bya mbere byatanzwe na Guverinoma ya Congo ku kwakira abimukira birukanywe muri America

Uganda yataye muri yombi abanyamahanga barenga 200 biganjemo abasanzwe ahantu hamwe bakora ibidasobanutse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.