Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ahavuye amakuru yatumye umuganga akekwaho gusambanyiriza umukobwa mu cyumba cy’isuzumiro i Rusizi

radiotv10by radiotv10
16/09/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko byagenze ngo hafatwe umuganga ukekwaho ibidasanzwe byakorewe umubyeyi waje kubyara
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi umuganga w’umugabo w’imyaka 29 ukora ku Kigo Nderabuzima cya Nyakabuye mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, ukekwaho gufata ku ngufu umukobwa wiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye ubwo yari ari mu cyumba cy’isuzumiro.

Ni amakuru yamenyekanye mu masaha y’ikigoroba kuri iki Cyumweru tariki 15 Nzeri 2024, ubwo umukobwa w’imyaka 19 wari wagiye kwivuriza kuri iki Kigo Nderabuzima yabibwiraga ababyeyi be.

Amakuru dukesha inzego z’ibanze, avuga ko uyu mukobwa yavuze ko umuganga witwa Emmanuel yamusambanyije ubwo yari yagiye kwivuza, aho yari ari kwisuzumishiriza, muri iri vuriro riherereye mu Muduguru wa Mpoga mu Kagari ka Kamanu.

Uyu mukobwa wiga mu mwaka wa kabiri mu Rwunge rw’Amashuri rwa Nyakabwenge, ubwo yari akimara kubibwira ababyeyi be, bahise bajya gutanga ikirego ku Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kuri Sitasiyo ya Nyakabuye, ruhita ruta muri yombi uyu muganga, akaba ari na ho acumbikiwe ubu.

Aya makuru kandi yanemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakabuye, Kimonyo Kamali Innocent, wavuze ko uyu mukobwa yatanze amakuru ubwo yari ageze mu rugo avuye kwa muganga.

Kimonyo Kamali Innocent yagize ati “Yageze mu rugo abibwira ababyeyi be, ahita ajya no gutanga ikirego kuri RIB.”

Uyu muyobozi kandi yaboneyeho kugira inama abandi bashobora guhura n’ihohoterwa nk’iri, ko batajya babihishira ahubwo ko bajya babivuga mu gihe byababayeho kugira ngo n’ababikora bazacike kuri ibi byaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

Ngoma: Gitifu wavuzweho ruswa aratungwaho agatoki ubundi buhemu

Next Post

Nyuma y’amezi abiri Trump yari agiye kongera kuraswa Imana ikinga akaboko

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’amezi abiri Trump yari agiye kongera kuraswa Imana ikinga akaboko

Nyuma y’amezi abiri Trump yari agiye kongera kuraswa Imana ikinga akaboko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.