Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Aho inzovu zirwaniye: Ubukungu bwa Afurika nibwo bwatangiye kuzahazwa cyane n’intambara

radiotv10by radiotv10
04/03/2022
in MU RWANDA
0
Aho inzovu zirwaniye: Ubukungu bwa Afurika nibwo bwatangiye kuzahazwa cyane n’intambara
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abibumbye ugaragaza ko intambara y’u Burusiya na Ukraine yiyongereye kuri COVID-19, bikaba byahise bigira ingaruka cyane ku bukungu ku Mugabane wa Afurika.

Mu Rwanda, muri iki cyumweru ibiciro ku masoko byazamutse mu buryo butunguranye, bikaba binakomeje gutuma bamwe mu baturage biyasira bavuga ko byakabije.

Kuri uyu wa Kane tariki 03 Werurwe 2022, mu Rwanda habereye inama yiga ku kwihutisha gahunda y’intego z’iterambere rirambye, yaragararijwemo ko ikibazo cy’intamaba y’u Burusiya na Ukraine ije yiyongera mu bikomeje gukoma mu nkokora iyi gahunda.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Ubukungu mu muryango w’Abibumbye, Vera Songwe, avuga ko muri minsi irindwi iyi ntambara itangiye, byahise bigira ingaruka zikomeye ku Banyafurika.

Yagize ati “Twamaze kubona ibiciro by’ibikomoka kuri petrole byamaze kuzamuka ku Mugabane wa Afurika. Ariko hari n’ahandi byamanutse. Kubera ko n’isoko rusange ry’Umugabane wa Afurika ritarakora neza, habayeho ibura ry’umusaruro w’ingano. Kandi hari ibihugu byo kuri uyu Mugabane biwufite mwinshi ahandi bakawubura. Ingano nyinshi ibihugu byacu bizikura muri Ukraine. None intambara zidushyize mu bibazo.”

Vera Songwe uvuga ko ibibazo nk’ibi byaherukaga muri 2008, iby’ubu bije byiyongera ku cyorezo cya COVID-19 cyahungabanyije ubukungu bw’Ibihugu byose, bikaba byitezweho ingaruka zikomeye.

Ati “inzara n’ubukene biri kwiyonge ku rwego rudasanzwe. Intambara n’umutekano mucye na byo bikomeje kuba imbogamizi ku mibereho y’abaturage.”

Yakomeje agira ati “Muri iyi minsi twizerega ko tugiye kuzahura ubukungu, none intambara zo muri Ukraine zongeye kuba umuzigo ku rugamba rwo kuzamura imibeho y’abaturage bacu none iri kurushaho kuzahara.”

Perezida Kagame Paul yatangije iyi nama

Perezida Kagame yavuze ko mbere ya COVID-19, umuvuduko w’izamuka ry’ubukungu wari uri ku gipimo gishimishije, akavuga ko hakenewe gushyira hamwe mu guhanga n’ibi bibazo.

Yagize ati “Umugabane wa Afurika ugomba kwishakamo amafaranga yo gushora mu bikorwa by’iterambere; ariko bakibanda ku rwego rw’ubuzima.”

Imibare y’Umuryango w’Abibumbye igaragaza ko uru rugendo rwo kugera ku cyerekezo cy’iterambere rirambye cyo muri 2030 na 2063 bitoroshye.

Berekana ko 17% y’Ibihugu byo muri Afurika bishobora kwisanga mu muzigo w’amadeni ndetse ngo 5% yabyo byamaze kugaragaza ko bitagishoboye kwishyura amadeni y’amahanga.

Iyi nama yabereye mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Perezida wa Ukraine wagezwe amajanja n’amatsinda kabuhariwe mu kwica amaze kurusimbuka ubugiragatatu

Next Post

Birarushaho kuba bibi- Macron yatelefonnye Putin amuhakanira guhagarika intambara

Related Posts

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Uruganda rutanganya inzoga ruherereye mu Muerenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo gukoresha ibitoki mu gutunganya...

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

by radiotv10
05/11/2025
0

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo Bideri, akaba umwana w’Umwami Yuhi V Musinga, uherutse kwitabira Imana muri Kenya aho yabaga, byemejwe ko azashyingurwa...

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Daughter of Rwanda’s former King passed away in Kenya, burial set in Rwanda

by radiotv10
05/11/2025
0

Princess Spéciose Mukabayojo Bideri, the daughter of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda, has passed away in Kenya,...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

by radiotv10
05/11/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi ukurikiranyweho gusambanya mu bihe bitandukanye umwana we w’imyaka itandatu, yemera...

IZIHERUKA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge
MU RWANDA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

05/11/2025
Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

05/11/2025
Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Birarushaho kuba bibi- Macron yatelefonnye Putin amuhakanira guhagarika intambara

Birarushaho kuba bibi- Macron yatelefonnye Putin amuhakanira guhagarika intambara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.