Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Aho inzovu zirwaniye: Ubukungu bwa Afurika nibwo bwatangiye kuzahazwa cyane n’intambara

radiotv10by radiotv10
04/03/2022
in MU RWANDA
0
Aho inzovu zirwaniye: Ubukungu bwa Afurika nibwo bwatangiye kuzahazwa cyane n’intambara
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abibumbye ugaragaza ko intambara y’u Burusiya na Ukraine yiyongereye kuri COVID-19, bikaba byahise bigira ingaruka cyane ku bukungu ku Mugabane wa Afurika.

Mu Rwanda, muri iki cyumweru ibiciro ku masoko byazamutse mu buryo butunguranye, bikaba binakomeje gutuma bamwe mu baturage biyasira bavuga ko byakabije.

Kuri uyu wa Kane tariki 03 Werurwe 2022, mu Rwanda habereye inama yiga ku kwihutisha gahunda y’intego z’iterambere rirambye, yaragararijwemo ko ikibazo cy’intamaba y’u Burusiya na Ukraine ije yiyongera mu bikomeje gukoma mu nkokora iyi gahunda.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Ubukungu mu muryango w’Abibumbye, Vera Songwe, avuga ko muri minsi irindwi iyi ntambara itangiye, byahise bigira ingaruka zikomeye ku Banyafurika.

Yagize ati “Twamaze kubona ibiciro by’ibikomoka kuri petrole byamaze kuzamuka ku Mugabane wa Afurika. Ariko hari n’ahandi byamanutse. Kubera ko n’isoko rusange ry’Umugabane wa Afurika ritarakora neza, habayeho ibura ry’umusaruro w’ingano. Kandi hari ibihugu byo kuri uyu Mugabane biwufite mwinshi ahandi bakawubura. Ingano nyinshi ibihugu byacu bizikura muri Ukraine. None intambara zidushyize mu bibazo.”

Vera Songwe uvuga ko ibibazo nk’ibi byaherukaga muri 2008, iby’ubu bije byiyongera ku cyorezo cya COVID-19 cyahungabanyije ubukungu bw’Ibihugu byose, bikaba byitezweho ingaruka zikomeye.

Ati “inzara n’ubukene biri kwiyonge ku rwego rudasanzwe. Intambara n’umutekano mucye na byo bikomeje kuba imbogamizi ku mibereho y’abaturage.”

Yakomeje agira ati “Muri iyi minsi twizerega ko tugiye kuzahura ubukungu, none intambara zo muri Ukraine zongeye kuba umuzigo ku rugamba rwo kuzamura imibeho y’abaturage bacu none iri kurushaho kuzahara.”

Perezida Kagame Paul yatangije iyi nama

Perezida Kagame yavuze ko mbere ya COVID-19, umuvuduko w’izamuka ry’ubukungu wari uri ku gipimo gishimishije, akavuga ko hakenewe gushyira hamwe mu guhanga n’ibi bibazo.

Yagize ati “Umugabane wa Afurika ugomba kwishakamo amafaranga yo gushora mu bikorwa by’iterambere; ariko bakibanda ku rwego rw’ubuzima.”

Imibare y’Umuryango w’Abibumbye igaragaza ko uru rugendo rwo kugera ku cyerekezo cy’iterambere rirambye cyo muri 2030 na 2063 bitoroshye.

Berekana ko 17% y’Ibihugu byo muri Afurika bishobora kwisanga mu muzigo w’amadeni ndetse ngo 5% yabyo byamaze kugaragaza ko bitagishoboye kwishyura amadeni y’amahanga.

Iyi nama yabereye mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Perezida wa Ukraine wagezwe amajanja n’amatsinda kabuhariwe mu kwica amaze kurusimbuka ubugiragatatu

Next Post

Birarushaho kuba bibi- Macron yatelefonnye Putin amuhakanira guhagarika intambara

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Birarushaho kuba bibi- Macron yatelefonnye Putin amuhakanira guhagarika intambara

Birarushaho kuba bibi- Macron yatelefonnye Putin amuhakanira guhagarika intambara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.