Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Aho inzovu zirwaniye: Ubukungu bwa Afurika nibwo bwatangiye kuzahazwa cyane n’intambara

radiotv10by radiotv10
04/03/2022
in MU RWANDA
0
Aho inzovu zirwaniye: Ubukungu bwa Afurika nibwo bwatangiye kuzahazwa cyane n’intambara
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abibumbye ugaragaza ko intambara y’u Burusiya na Ukraine yiyongereye kuri COVID-19, bikaba byahise bigira ingaruka cyane ku bukungu ku Mugabane wa Afurika.

Mu Rwanda, muri iki cyumweru ibiciro ku masoko byazamutse mu buryo butunguranye, bikaba binakomeje gutuma bamwe mu baturage biyasira bavuga ko byakabije.

Kuri uyu wa Kane tariki 03 Werurwe 2022, mu Rwanda habereye inama yiga ku kwihutisha gahunda y’intego z’iterambere rirambye, yaragararijwemo ko ikibazo cy’intamaba y’u Burusiya na Ukraine ije yiyongera mu bikomeje gukoma mu nkokora iyi gahunda.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Ubukungu mu muryango w’Abibumbye, Vera Songwe, avuga ko muri minsi irindwi iyi ntambara itangiye, byahise bigira ingaruka zikomeye ku Banyafurika.

Yagize ati “Twamaze kubona ibiciro by’ibikomoka kuri petrole byamaze kuzamuka ku Mugabane wa Afurika. Ariko hari n’ahandi byamanutse. Kubera ko n’isoko rusange ry’Umugabane wa Afurika ritarakora neza, habayeho ibura ry’umusaruro w’ingano. Kandi hari ibihugu byo kuri uyu Mugabane biwufite mwinshi ahandi bakawubura. Ingano nyinshi ibihugu byacu bizikura muri Ukraine. None intambara zidushyize mu bibazo.”

Vera Songwe uvuga ko ibibazo nk’ibi byaherukaga muri 2008, iby’ubu bije byiyongera ku cyorezo cya COVID-19 cyahungabanyije ubukungu bw’Ibihugu byose, bikaba byitezweho ingaruka zikomeye.

Ati “inzara n’ubukene biri kwiyonge ku rwego rudasanzwe. Intambara n’umutekano mucye na byo bikomeje kuba imbogamizi ku mibereho y’abaturage.”

Yakomeje agira ati “Muri iyi minsi twizerega ko tugiye kuzahura ubukungu, none intambara zo muri Ukraine zongeye kuba umuzigo ku rugamba rwo kuzamura imibeho y’abaturage bacu none iri kurushaho kuzahara.”

Perezida Kagame Paul yatangije iyi nama

Perezida Kagame yavuze ko mbere ya COVID-19, umuvuduko w’izamuka ry’ubukungu wari uri ku gipimo gishimishije, akavuga ko hakenewe gushyira hamwe mu guhanga n’ibi bibazo.

Yagize ati “Umugabane wa Afurika ugomba kwishakamo amafaranga yo gushora mu bikorwa by’iterambere; ariko bakibanda ku rwego rw’ubuzima.”

Imibare y’Umuryango w’Abibumbye igaragaza ko uru rugendo rwo kugera ku cyerekezo cy’iterambere rirambye cyo muri 2030 na 2063 bitoroshye.

Berekana ko 17% y’Ibihugu byo muri Afurika bishobora kwisanga mu muzigo w’amadeni ndetse ngo 5% yabyo byamaze kugaragaza ko bitagishoboye kwishyura amadeni y’amahanga.

Iyi nama yabereye mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Perezida wa Ukraine wagezwe amajanja n’amatsinda kabuhariwe mu kwica amaze kurusimbuka ubugiragatatu

Next Post

Birarushaho kuba bibi- Macron yatelefonnye Putin amuhakanira guhagarika intambara

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Birarushaho kuba bibi- Macron yatelefonnye Putin amuhakanira guhagarika intambara

Birarushaho kuba bibi- Macron yatelefonnye Putin amuhakanira guhagarika intambara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.