Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akari ku mutima w’Umugabo wuzukuruje wasubiye kwiga muri ‘Primaire’ ku myaka 54

radiotv10by radiotv10
30/09/2022
in MU RWANDA
0
Akari ku mutima w’Umugabo wuzukuruje wasubiye kwiga muri ‘Primaire’ ku myaka 54
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda ni we wagize ati “Gushaka ni ugushobora”, undi aritegereza agira ati “kutiga biragatsindwa.” Bisa nk’ibyahagurukije Rusengamihigo Jean Marie Vianney w’imyaka 54 ufite n’abuzukuru, wiyemeje gusubira ku ntebe y’ishuri ubu arigana n’ab’imyaka 9 mu mwaka wa 3 w’amashuri abanza.

Rusengamihigo Jean Marie Vianney nyuma yo gutangira ishuri ubu akaba yiteguye kwigishwa imihiriko n’ibiyega, avuga ko umutima ushaka ari wo wamuteye akanyabugabo akiyemeza gusubira mu ishuri.

Uyu mugabo usanzwe atuye mu Mudugudu wa Nyakibingo mu Kagari ka Burimba mu Murenge wa Shangi mu Karere ka Nyamasheke, asanzwe afite abana babiri ndetse yamaze no kuzukuruza.

Kuba yigana n’abana yakabereye sekuru, Rusengamihigo avuga ko bitamuca intege kuko yaje kwiga abizi neza ko bazigana kandi akaba azi neza ibyo arimo.

Ati “None se umuntu ari guhinga yagira isoni? Ntabwo yagira isoni ahubwo yagira umwete kugira ngo abone umusaruro w’ibyo abiba.”

Avuga kandi ko ashaka no guha isomo abana bata ishuri ndetse n’abandi bakuze ariko banze gusubira mu ishuri, bakumva ko badatewe guterwa isoni no kuyoboka inzira ibaganisha ku bumenyi.

Ati “Hari igihe byamfasha cyangwa bigafasha abandi.”

Akomeza agira ati “Kugira ngo umuntu agire icyo akora kandi akinoze, mu nzego zose, yaba mu buhinzi n’ubworozi, bisaba ubumenyi, rero nanjye numva ntakindi cyatuma ngera kuri ubwo bumenyi ntagarutse mu ishuri ngo mbuhahe.”

Rusengamihigo unyuzamo mu kiganiro mugirana agashyiramo akajambo k’icyongereza cyangwa ak’igifaransa, avuga ko yaherukaga mu ishuri mu 1983 bivuze ko yari amaze imyaka 39 atazi uko intebe y’ishuri isa.

Ubuyobozi bw’Ishuri ribanza rya Nyakibingo, ryigaho uyu mugabo, buvuga ko ubwo yazaga kwiyandikisha, babanje kubigiraho ikibazo ndetse bakabanza kubijyaho inama ariko bagasanga nta mpamvu yo kumwima ubwo burenganzira kuko abwemererwa n’amategeko y’u Rwanda.

Genevieve Nyirandimubanzi uyobora iri shuri, avuga ko ubwo uyu mugabo yazaga afite ibikoresho ndetse anambaye imyenda y’ishuri, akababwira ko aje kwihugura, babanje kwikanga.

Yagize ati “Twaganiriye abashinzwe uburezi mu Murenge, tubagisha inama, batubwira ko twamwakira ntakibazo.”

Rusengamihigo afite intego yo kumenya indimi, akajya adidibuza icyongereza kandi ko yifuza gukomeza amashuri, akagera mu yisumbuye ndetse akanaminuza.

Rusengamihigo Jean Marie Vianney ku munsi wa mbere w’ishuri muri iki cyumweru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 9 =

Previous Post

Gatulika yahagaritse Padiri ukurikiranyweho gusambanyiriza abana batatu mu Kiliziya

Next Post

Singapore: P.Kagame yageze muri Kaminuza ikomeye ku Isi atangamo ikiganiro gitegerezanyijwe amatsiko

Related Posts

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

A new public transport system is set to begin operating in the City of Kigali, one that will ensure buses...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

What every girl should know before 25

What every girl should know before 25

by radiotv10
01/12/2025
0

Turning 25 is a special milestone. It is an age where life starts to take shape, choices begin to matter...

IZIHERUKA

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali
IMIBEREHO MYIZA

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
What every girl should know before 25

What every girl should know before 25

01/12/2025
Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

30/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Singapore: P.Kagame yageze muri Kaminuza ikomeye ku Isi atangamo ikiganiro gitegerezanyijwe amatsiko

Singapore: P.Kagame yageze muri Kaminuza ikomeye ku Isi atangamo ikiganiro gitegerezanyijwe amatsiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.