Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akari ku mutima w’Umugabo wuzukuruje wasubiye kwiga muri ‘Primaire’ ku myaka 54

radiotv10by radiotv10
30/09/2022
in MU RWANDA
0
Akari ku mutima w’Umugabo wuzukuruje wasubiye kwiga muri ‘Primaire’ ku myaka 54
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda ni we wagize ati “Gushaka ni ugushobora”, undi aritegereza agira ati “kutiga biragatsindwa.” Bisa nk’ibyahagurukije Rusengamihigo Jean Marie Vianney w’imyaka 54 ufite n’abuzukuru, wiyemeje gusubira ku ntebe y’ishuri ubu arigana n’ab’imyaka 9 mu mwaka wa 3 w’amashuri abanza.

Rusengamihigo Jean Marie Vianney nyuma yo gutangira ishuri ubu akaba yiteguye kwigishwa imihiriko n’ibiyega, avuga ko umutima ushaka ari wo wamuteye akanyabugabo akiyemeza gusubira mu ishuri.

Uyu mugabo usanzwe atuye mu Mudugudu wa Nyakibingo mu Kagari ka Burimba mu Murenge wa Shangi mu Karere ka Nyamasheke, asanzwe afite abana babiri ndetse yamaze no kuzukuruza.

Kuba yigana n’abana yakabereye sekuru, Rusengamihigo avuga ko bitamuca intege kuko yaje kwiga abizi neza ko bazigana kandi akaba azi neza ibyo arimo.

Ati “None se umuntu ari guhinga yagira isoni? Ntabwo yagira isoni ahubwo yagira umwete kugira ngo abone umusaruro w’ibyo abiba.”

Avuga kandi ko ashaka no guha isomo abana bata ishuri ndetse n’abandi bakuze ariko banze gusubira mu ishuri, bakumva ko badatewe guterwa isoni no kuyoboka inzira ibaganisha ku bumenyi.

Ati “Hari igihe byamfasha cyangwa bigafasha abandi.”

Akomeza agira ati “Kugira ngo umuntu agire icyo akora kandi akinoze, mu nzego zose, yaba mu buhinzi n’ubworozi, bisaba ubumenyi, rero nanjye numva ntakindi cyatuma ngera kuri ubwo bumenyi ntagarutse mu ishuri ngo mbuhahe.”

Rusengamihigo unyuzamo mu kiganiro mugirana agashyiramo akajambo k’icyongereza cyangwa ak’igifaransa, avuga ko yaherukaga mu ishuri mu 1983 bivuze ko yari amaze imyaka 39 atazi uko intebe y’ishuri isa.

Ubuyobozi bw’Ishuri ribanza rya Nyakibingo, ryigaho uyu mugabo, buvuga ko ubwo yazaga kwiyandikisha, babanje kubigiraho ikibazo ndetse bakabanza kubijyaho inama ariko bagasanga nta mpamvu yo kumwima ubwo burenganzira kuko abwemererwa n’amategeko y’u Rwanda.

Genevieve Nyirandimubanzi uyobora iri shuri, avuga ko ubwo uyu mugabo yazaga afite ibikoresho ndetse anambaye imyenda y’ishuri, akababwira ko aje kwihugura, babanje kwikanga.

Yagize ati “Twaganiriye abashinzwe uburezi mu Murenge, tubagisha inama, batubwira ko twamwakira ntakibazo.”

Rusengamihigo afite intego yo kumenya indimi, akajya adidibuza icyongereza kandi ko yifuza gukomeza amashuri, akagera mu yisumbuye ndetse akanaminuza.

Rusengamihigo Jean Marie Vianney ku munsi wa mbere w’ishuri muri iki cyumweru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 4 =

Previous Post

Gatulika yahagaritse Padiri ukurikiranyweho gusambanyiriza abana batatu mu Kiliziya

Next Post

Singapore: P.Kagame yageze muri Kaminuza ikomeye ku Isi atangamo ikiganiro gitegerezanyijwe amatsiko

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Singapore: P.Kagame yageze muri Kaminuza ikomeye ku Isi atangamo ikiganiro gitegerezanyijwe amatsiko

Singapore: P.Kagame yageze muri Kaminuza ikomeye ku Isi atangamo ikiganiro gitegerezanyijwe amatsiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.