Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akari ku mutima w’Umugabo wuzukuruje wasubiye kwiga muri ‘Primaire’ ku myaka 54

radiotv10by radiotv10
30/09/2022
in MU RWANDA
0
Akari ku mutima w’Umugabo wuzukuruje wasubiye kwiga muri ‘Primaire’ ku myaka 54
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda ni we wagize ati “Gushaka ni ugushobora”, undi aritegereza agira ati “kutiga biragatsindwa.” Bisa nk’ibyahagurukije Rusengamihigo Jean Marie Vianney w’imyaka 54 ufite n’abuzukuru, wiyemeje gusubira ku ntebe y’ishuri ubu arigana n’ab’imyaka 9 mu mwaka wa 3 w’amashuri abanza.

Rusengamihigo Jean Marie Vianney nyuma yo gutangira ishuri ubu akaba yiteguye kwigishwa imihiriko n’ibiyega, avuga ko umutima ushaka ari wo wamuteye akanyabugabo akiyemeza gusubira mu ishuri.

Uyu mugabo usanzwe atuye mu Mudugudu wa Nyakibingo mu Kagari ka Burimba mu Murenge wa Shangi mu Karere ka Nyamasheke, asanzwe afite abana babiri ndetse yamaze no kuzukuruza.

Kuba yigana n’abana yakabereye sekuru, Rusengamihigo avuga ko bitamuca intege kuko yaje kwiga abizi neza ko bazigana kandi akaba azi neza ibyo arimo.

Ati “None se umuntu ari guhinga yagira isoni? Ntabwo yagira isoni ahubwo yagira umwete kugira ngo abone umusaruro w’ibyo abiba.”

Avuga kandi ko ashaka no guha isomo abana bata ishuri ndetse n’abandi bakuze ariko banze gusubira mu ishuri, bakumva ko badatewe guterwa isoni no kuyoboka inzira ibaganisha ku bumenyi.

Ati “Hari igihe byamfasha cyangwa bigafasha abandi.”

Akomeza agira ati “Kugira ngo umuntu agire icyo akora kandi akinoze, mu nzego zose, yaba mu buhinzi n’ubworozi, bisaba ubumenyi, rero nanjye numva ntakindi cyatuma ngera kuri ubwo bumenyi ntagarutse mu ishuri ngo mbuhahe.”

Rusengamihigo unyuzamo mu kiganiro mugirana agashyiramo akajambo k’icyongereza cyangwa ak’igifaransa, avuga ko yaherukaga mu ishuri mu 1983 bivuze ko yari amaze imyaka 39 atazi uko intebe y’ishuri isa.

Ubuyobozi bw’Ishuri ribanza rya Nyakibingo, ryigaho uyu mugabo, buvuga ko ubwo yazaga kwiyandikisha, babanje kubigiraho ikibazo ndetse bakabanza kubijyaho inama ariko bagasanga nta mpamvu yo kumwima ubwo burenganzira kuko abwemererwa n’amategeko y’u Rwanda.

Genevieve Nyirandimubanzi uyobora iri shuri, avuga ko ubwo uyu mugabo yazaga afite ibikoresho ndetse anambaye imyenda y’ishuri, akababwira ko aje kwihugura, babanje kwikanga.

Yagize ati “Twaganiriye abashinzwe uburezi mu Murenge, tubagisha inama, batubwira ko twamwakira ntakibazo.”

Rusengamihigo afite intego yo kumenya indimi, akajya adidibuza icyongereza kandi ko yifuza gukomeza amashuri, akagera mu yisumbuye ndetse akanaminuza.

Rusengamihigo Jean Marie Vianney ku munsi wa mbere w’ishuri muri iki cyumweru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − one =

Previous Post

Gatulika yahagaritse Padiri ukurikiranyweho gusambanyiriza abana batatu mu Kiliziya

Next Post

Singapore: P.Kagame yageze muri Kaminuza ikomeye ku Isi atangamo ikiganiro gitegerezanyijwe amatsiko

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Singapore: P.Kagame yageze muri Kaminuza ikomeye ku Isi atangamo ikiganiro gitegerezanyijwe amatsiko

Singapore: P.Kagame yageze muri Kaminuza ikomeye ku Isi atangamo ikiganiro gitegerezanyijwe amatsiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.