Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amafaranga y’insimburamubyizi yateje sakwesakwe ku munsi wa nyuma w’ibiganiro by’i Nairobi

radiotv10by radiotv10
06/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Amafaranga y’insimburamubyizi yateje sakwesakwe ku munsi wa nyuma w’ibiganiro by’i Nairobi
Share on FacebookShare on Twitter

Ku munsi wa nyuma w’ibiganiro by’i Nairobi hagati ya Guverinoma ya DRC n’imitwe yitwaje intwaro, havutse kidobya ishingiye ku mafaranga y’insimburamubyizi yemerewe ababyitabiriye banze kwitabira umuhango wo gusoza ibi biganiro batayahawe, bituma iki gikorwa gisubikwa.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 05 Ukuboza 2022, byari biteganyijwe ko i Nairobi muri Kenya haba umuhango wo gusoza ibi biganiro by’icyiciro cya gatatu bimaze iminsi irindwi bihuje Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’imitwe yitwaje intwaro.

Gusa uyu muhango ntiwabaye kuko wimuriwe kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Ukuboza 2022 nyuma yuko havutse kidobya ishingiye ku mafaranga.

Abahagarariye imwe mu mitwe yitwaje intwaro, banze kwitabira uyu muhango kubera kudahabwa ayo mafaranga y’agahimbazamusyi bemerewe.

Radio Okapi ivuga ko abahagarariye iyi mitwe babanje guhurira mu mbuga ya Hoteli ya Safari Park Hotel aharimo habera ibi biganiro, bakemeranya kutitabira uyu muhango.

Bamwe bavugaga ko nta n’urumiya bahawe mu gihe abandi bavugaga ko bahawe amadorali 300 na yo bavuga ko adahagije, bituma bahaguruka barigendera.

Iyi nkuru yaje kugera kuri Uhuru Kenyatta washyizweho nk’umuhuza wari mu yindi nama yari ihuje imiryango itari iya Leta, agahita yihutira kuza kureba iby’iki kibazo cyari kivutse.

Uhuru Kenyatta yababajwe no kuba aya mafaranga yagombaga guhabwa aba bantu batayahawe, ati “Njyewe ubwanjye ndi umwe mu bashakishije aya mafaranga. Kandi aya mafaranga si ayanyu. Ni amafaranga yo kudufasha kugarura amahoro muri DRC.”

Yakomeje avuga ko abari kuzana ibi bibazo, bari gukinisha amahoro kandi adakinishwa, asaba abanze gutanga ayo mafaranga kuyazana mu maguru mashya agahabwa abo yagenewe cyangwa se agasopanyiriza aba banze kuyabaha.

Ati “Bitabaye ibyo njewe ntakibazo mfite kuba nahaguruka nkabwira Isi yose ko batazongera guha amafaranga aba bantu mu gihe batabashije gushyira ku murongo ibintu cyangwa badashoboye kudufasha kugana imbere mu nzira nziza.”

Uhuru Kenyatta yahise atangaza ko umuhango wo gusoza ibi biganiro wimurirwa kuri uyu wa Kabiri ndetse yizeza abatari bahawe amafaranga bemerewe ko ikibazo cyabo gikemuka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 7 =

Previous Post

Hafashwe icyemezo gitunguranye nyuma yuko umuhanzi ukomeye atamaje abari bamutumiye mu Rwanda

Next Post

Uwitabiriye Miss Rwanda wifuza kuba Umudepite muri EALA ntiyarenze umutaru

Related Posts

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwitabiriye Miss Rwanda wifuza kuba Umudepite muri EALA ntiyarenze umutaru

Uwitabiriye Miss Rwanda wifuza kuba Umudepite muri EALA ntiyarenze umutaru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.