Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amafaranga yose ari mu mabanki yavuye kuri Miliyari 4.600 agera kuri Miliyari 5.400Frw mu mwaka umwe

radiotv10by radiotv10
17/08/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Amafaranga yose ari mu mabanki yavuye kuri Miliyari 4.600 agera kuri Miliyari 5.400Frw mu mwaka umwe
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’Igihugu itangaza ko umutungo wose w’amabanki mu Rwanda wiyongereyeho 18,8% kuko wavuye kuri Miliyari 4 624 Frw wariho muri Kamena 2021 ugera kuri Miliyari 5 492 Frw muri Kamena 2022.

Byatangajwe na Banki Nkuru y’u Rwanda nyuma y’inama ngarukagihembwe ya komite ishinzwe kubungabunga ubudahangarwa bw’urwego rw’Imari yateranye mu cyumweru gishize tariki 09 Kanama 2022.

Iyi nama yagaragaje ko umutungo bwite w’urwego rw’Imari wazamutse ku kigero cya 17%, uva kuri Miliyari 6 914 Frw wariho muri Kamena 2021, ugera kuri Miliyari 8 102 Frw muri Kamena 2022.

Banki Nkuru y’u Rwanda kandi ivuga ko no mu rwego rw’amabanki, umutungo wose wiyongereyeho 18,8% aho muri Kamena 2022 wageze kuri Miliyari 5 492 Frw uvuye kuri Miliyari 4 624 Frw wariho muri Kamena 2021.

Iyi Banki ikuriye izindi mu Rwanda ikomeza igaragaza icyatumye uyu mutungo w’urwego rw’amabanki uzamuka, iti “Iri zamuka ry’umutungo bwite mu rwego rw’amabanki ryatewe ahanini n’ukwiyongera kw’amafaranga abitswa n’abakiliya yazamutse ku kigero cya 19% naho imari shingiro yiyongeraho 15%.”

Iyi komite ishinzwe kubungabunga ubudahangarwa bw’urwego rw’Imari ivuga kandi ko umutungo wose mu bigo by’imari iciriritse bigenzurwa na BNR wazamutse ku kigero cya 23 % kuko wavuye kuri Miliyari 386 Frw wariho muri Kamena 2021 ukagera kuri Miliyari 473 Frw muri Kamena 2022.

No mu rwego rw’ibigo by’ubwishingizi, umutungo bwite wazamutse ku kigero cya 17 % aho muri Kamena 2022 wageze kuri Miliyari 748 Frw uvuye kuri Miliyari 638 Frw wariho muri Kamena 2021.

Ubuyobozi bwa BNR bugira buti “Ukwiyongera k’umutungo bwite w’urwego rw’imari bigaragaza uruhare rukomeye uru rwego rukomeza kugira ku izamuka n’iterambere ry’ubukungu bigaragazwa n’ijanisha ry’umutungo wose w’urwego rw’imari rigeze kuri 70,9% by’umusaruro mbumbe w’Igihugu ugereranyije na 40% ryariho mu myaka icumi ishize.”

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko ingorane ku rwego rw’imari zagabanutse ariko ko ibyaruhungabanya bigihari, itangaza ko muri Kamena 2022 inguzanyo zitishyurwa neza mu rwego rw’amabanki no mu bigo by’imari iciriritse zageze kuri Miliyari 166 Frw zivuye kuri miliyari 179 Frw zariho muri Kamena 2021.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − nine =

Previous Post

Umujenerali wari ukomeye muri FARDC yapfuye urupfu rutunguranye

Next Post

Rusizi: Matela bahawe zarashaje none barara ku mashara, ubuyobozi buti “ntitwabasasira buri mwaka”

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Matela bahawe zarashaje none barara ku mashara, ubuyobozi buti “ntitwabasasira buri mwaka”

Rusizi: Matela bahawe zarashaje none barara ku mashara, ubuyobozi buti “ntitwabasasira buri mwaka”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.