Saturday, September 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

AMAFOTO: Irebere ubwiza bw’imyenda ikorwa n’inzu yambika ibyamamare inafitiye abakiliya agashya k’Ubunani

radiotv10by radiotv10
05/12/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
1
AMAFOTO: Irebere ubwiza bw’imyenda ikorwa n’inzu yambika ibyamamare inafitiye abakiliya agashya k’Ubunani
Share on FacebookShare on Twitter

Odileira Design, imwe mu nzu z’imideri zo mu Rwanda, ikaba izwiho umwihariko wo kwambika abifuza kujya mu birori bakahacana umucyo, ifitiye agashya abakiliya bazakodesha imyenda mu bihe by’iminsi mikuru. Twaganiriye n’uwashinze iyi nzu y’imideri.

Iyi nzu y’imideri ya Odileira Design izwiho no kwambika ibyamamare bifite amazina azwi mu Rwanda iyo byitabiriye ibirori, nk’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool uherutse guserukana ikanzu yarangaje benshi ubwo yitabiraga itangwa ry’ibihembo bya Trace Awards.

Iyi nzu y’imideri iherereye mu Mujyi rwagati haruguru y’ahazwi nko ku Nkuru Nziza, imaze kuba ikimenyabose mu bifuza imyambaro yo gutahana ibirori nk’ubukwe, iby’isabukuru y’amavuko, ibya Bridal shower, ndetse n’ibitaramo.

Iradukunda Odille washinze iyi nzu y’imideri, avuga ko igitekerezo cyo gutangiza igikorwa nk’iki yakigize akiri muto, kuko yakuze abona umubyeyi we adoda imyenda akoresheje icyarahani, bituma akurana inyota yo kuzakora ishoramari nk’iri.

Ikindi kandi avuga ko yakundaga ibijyanye n’imyambarire, ku buryo ari ikintu yitaho cyane, ari na byo byatumye na we yifuza kujya afasha abifuza kwambara neza.

Ati “Nabonaga mama abikora, nkura mbikunda, kwa kundi umwana akina na byo, aho ndangirije kwiga nza kubona ko nabikora mu buryo bwiza kuko nari maze kubona ko abantu bantera akanyabugabo, bambwira ko mbikora neza, bati ‘jya ukomeza utudodere’, bituma nanjye mvuga ngo reka mbikore mu buryo bwagutse.”

Iradukunda Odille avuga ko nubwo uru ruganda rwo guhanga imideri mu Rwanda rukirimo imbogamizi, ariko ruri gukura ku kugero gishimishije, kuko uko rwari ruhagaze mu myaka itanu ishize atari ko rumeze ubu,

Ati “Nk’ibikoresho bimwe na bimwe ntitubasha kubibona hano, ugasanga biratugora tujya kubishaka hanze, ariko urwego turiho rurashimishije mu Rwanda, kuko navuga ko Made in Rwanda [ibikorerwa mu Rwanda] iramamazwa cyane, ko abantu bagomba kwambara imyambaro yakorewe mu Rwanda.”

Yatanze ingero z’ibikorwa bikomeye bibera mu Rwanda, bigaragaramo abambaye imyambaro yakorewe mu Rwanda, nk’ibirori biherutse gutangirwamo ibihembo bya Trace Awards, ndetse n’umuhango wo Kwita Izina Abana b’Ingagi.

Ati “Warabibonye ko imyambaro myinshi yari yambawe, yari Made in Rwanda. Nanjye nari mfitemo abo nari nambitse kandi bagaragaye neza cyane.”

Agashya k’iminsi mikuru

Iyi nzu y’Imideri ya Odileira Design iherutse kumanura ibiciro ku munsi uzwi nka ‘Black Friday’ aho yari yashyizeho igabanyirizwa rya 20%, itangaza ko inafitiye abakiliya agashya k’iminsi mikuru isoza umwaka.

Mu cyumweru cya nyuma cy’uku kwezi gusoza umwaka, abazakodesha imyenda y’ibirori muri Odileira Design, bazagabanyirizwaho 25%, mu rwego rwo guha abantu iminsi mikuru.

Iri gabanyirizwa rizaba rireba gusa abazakodesha imyenda yo kujyana mu birori, mu gihe abazadodesha; bo batarebwa n’iri gabanyirizwa.

Itsinda rya Kigali Boss Babe riherutse gutanga igihembo muri Trace Awards ryambistwe na Odileira Design

N’umunyamakurukazi Cyuzuzo na we yari yaserukanye umuderi wo muri Odileira Design
Umunyamideri Keza Terisky na we yambikwa na Odileira Design

N’abakinnyi ba Filimi barabagana
Imyambaro y’ubukwe muri Odileira Design irakorwa

Abifuza imyambaro yo mu birori bashyizwe igorora

Imideri muri Odileira Design ni uburo buhuye

RADIOTV10

Comments 1

  1. Sabagirirwa Anastasie says:
    2 years ago

    I am interested

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Icyifuzo cy’umukozi w’Imana Yongwe wifuzaga gufungurwa cyateshejwe agaciro

Next Post

Uwa Guverinoma y’u Bwongereza uje gusinya amasezerano mashya yahageze: Ibyo yavuze mbere yo kuza

Related Posts

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

by radiotv10
12/09/2025
0

Umuhanzi Israel Mbonyicyambu wamenyekanye nka Israel Mbonyi, yatangaje ko agiye gushyira hanze Album ya gatanu y’indirimbo ze azamurikira Abaturarwanda mu...

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

by radiotv10
11/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abahanzikazi babiri, Ariel Wayz na Babo Ekeight bafunzwe bakekwaho gukoresha ibiyobyabwenge, nyuma yuko bakorewe ibizamini....

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

by radiotv10
10/09/2025
0

Umukinnyi wa filimi Igihozo Nshuti Mireille yateye utwatsi amakuru akomeje gucicikana avuga ko afite ubukwe mu kwezi gutaha, azakorana n’umunyarwenya...

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

by radiotv10
10/09/2025
0

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju, uzwi mu biganiro bya Siporo, yongeye kumvikana kuri radio, ari na yo agiye gukorera...

Bwa mbere umuhanzi Niyo Bosco yagaragaje umukobwa bamaze igihe bakundana mu ibanga

Bwa mbere umuhanzi Niyo Bosco yagaragaje umukobwa bamaze igihe bakundana mu ibanga

by radiotv10
09/09/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco yagaragaje umukobwa bakundana, amugenera amagambo aryohereye amwifuriza isabukuru nziza, amwibutsa ko yavukiye kugira ngo umutima we umukunde...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwa Guverinoma y’u Bwongereza uje gusinya amasezerano mashya yahageze: Ibyo yavuze mbere yo kuza

Uwa Guverinoma y’u Bwongereza uje gusinya amasezerano mashya yahageze: Ibyo yavuze mbere yo kuza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.