Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

AMAFOTO: Irebere ubwiza bw’imyenda ikorwa n’inzu yambika ibyamamare inafitiye abakiliya agashya k’Ubunani

radiotv10by radiotv10
05/12/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
1
AMAFOTO: Irebere ubwiza bw’imyenda ikorwa n’inzu yambika ibyamamare inafitiye abakiliya agashya k’Ubunani
Share on FacebookShare on Twitter

Odileira Design, imwe mu nzu z’imideri zo mu Rwanda, ikaba izwiho umwihariko wo kwambika abifuza kujya mu birori bakahacana umucyo, ifitiye agashya abakiliya bazakodesha imyenda mu bihe by’iminsi mikuru. Twaganiriye n’uwashinze iyi nzu y’imideri.

Iyi nzu y’imideri ya Odileira Design izwiho no kwambika ibyamamare bifite amazina azwi mu Rwanda iyo byitabiriye ibirori, nk’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool uherutse guserukana ikanzu yarangaje benshi ubwo yitabiraga itangwa ry’ibihembo bya Trace Awards.

Iyi nzu y’imideri iherereye mu Mujyi rwagati haruguru y’ahazwi nko ku Nkuru Nziza, imaze kuba ikimenyabose mu bifuza imyambaro yo gutahana ibirori nk’ubukwe, iby’isabukuru y’amavuko, ibya Bridal shower, ndetse n’ibitaramo.

Iradukunda Odille washinze iyi nzu y’imideri, avuga ko igitekerezo cyo gutangiza igikorwa nk’iki yakigize akiri muto, kuko yakuze abona umubyeyi we adoda imyenda akoresheje icyarahani, bituma akurana inyota yo kuzakora ishoramari nk’iri.

Ikindi kandi avuga ko yakundaga ibijyanye n’imyambarire, ku buryo ari ikintu yitaho cyane, ari na byo byatumye na we yifuza kujya afasha abifuza kwambara neza.

Ati “Nabonaga mama abikora, nkura mbikunda, kwa kundi umwana akina na byo, aho ndangirije kwiga nza kubona ko nabikora mu buryo bwiza kuko nari maze kubona ko abantu bantera akanyabugabo, bambwira ko mbikora neza, bati ‘jya ukomeza utudodere’, bituma nanjye mvuga ngo reka mbikore mu buryo bwagutse.”

Iradukunda Odille avuga ko nubwo uru ruganda rwo guhanga imideri mu Rwanda rukirimo imbogamizi, ariko ruri gukura ku kugero gishimishije, kuko uko rwari ruhagaze mu myaka itanu ishize atari ko rumeze ubu,

Ati “Nk’ibikoresho bimwe na bimwe ntitubasha kubibona hano, ugasanga biratugora tujya kubishaka hanze, ariko urwego turiho rurashimishije mu Rwanda, kuko navuga ko Made in Rwanda [ibikorerwa mu Rwanda] iramamazwa cyane, ko abantu bagomba kwambara imyambaro yakorewe mu Rwanda.”

Yatanze ingero z’ibikorwa bikomeye bibera mu Rwanda, bigaragaramo abambaye imyambaro yakorewe mu Rwanda, nk’ibirori biherutse gutangirwamo ibihembo bya Trace Awards, ndetse n’umuhango wo Kwita Izina Abana b’Ingagi.

Ati “Warabibonye ko imyambaro myinshi yari yambawe, yari Made in Rwanda. Nanjye nari mfitemo abo nari nambitse kandi bagaragaye neza cyane.”

Agashya k’iminsi mikuru

Iyi nzu y’Imideri ya Odileira Design iherutse kumanura ibiciro ku munsi uzwi nka ‘Black Friday’ aho yari yashyizeho igabanyirizwa rya 20%, itangaza ko inafitiye abakiliya agashya k’iminsi mikuru isoza umwaka.

Mu cyumweru cya nyuma cy’uku kwezi gusoza umwaka, abazakodesha imyenda y’ibirori muri Odileira Design, bazagabanyirizwaho 25%, mu rwego rwo guha abantu iminsi mikuru.

Iri gabanyirizwa rizaba rireba gusa abazakodesha imyenda yo kujyana mu birori, mu gihe abazadodesha; bo batarebwa n’iri gabanyirizwa.

Itsinda rya Kigali Boss Babe riherutse gutanga igihembo muri Trace Awards ryambistwe na Odileira Design

N’umunyamakurukazi Cyuzuzo na we yari yaserukanye umuderi wo muri Odileira Design
Umunyamideri Keza Terisky na we yambikwa na Odileira Design

N’abakinnyi ba Filimi barabagana
Imyambaro y’ubukwe muri Odileira Design irakorwa

Abifuza imyambaro yo mu birori bashyizwe igorora

Imideri muri Odileira Design ni uburo buhuye

RADIOTV10

Comments 1

  1. Sabagirirwa Anastasie says:
    2 years ago

    I am interested

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Icyifuzo cy’umukozi w’Imana Yongwe wifuzaga gufungurwa cyateshejwe agaciro

Next Post

Uwa Guverinoma y’u Bwongereza uje gusinya amasezerano mashya yahageze: Ibyo yavuze mbere yo kuza

Related Posts

Ibivugwa nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye muri Label ya 1:55 AM

Ibivugwa nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye muri Label ya 1:55 AM

by radiotv10
03/06/2025
0

Nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye mu nzu ifasha abahanzi ya 1: 55 AM, biravugwa ko yaba agiye kwerecyeza muri...

Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

by radiotv10
03/06/2025
0

Umuhanzi Kenny Sol yamaze gutandukana n’inzu ifasha abahanzi ya 1:55 AM, nyuma yo kubicaho amarenga ko ashobora kuba agiye kuyivamo....

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

by radiotv10
31/05/2025
0

Ibitaramo bizenguruka Igihugu mu iserukiramuco rizwi nka ‘MTN-Iwacu Muzika Festival’ bigiye kongera kuba nk’uko byatangajwe n’abasanzwe babitegura. Sosiyete ya EAP...

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

by radiotv10
30/05/2025
0

Annet Murava, umugore wa Habiyaremye Zacharie uzwi nka ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho icyaha cy’ihohotera rishingiye ku gitsina, yongeye kumugenera ubutumwa, amusezeranya...

Ubutumwa bw’urujijo bw’umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho kumuhohotera

Ubutumwa bw’urujijo bw’umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho kumuhohotera

by radiotv10
28/05/2025
0

Annet Murava, umugore wa Habiyaremye Zacharie uzwi nka ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho icyaha cy’ihohotera rishingiye ku gitsinda bivugwa ko ari we...

IZIHERUKA

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima
FOOTBALL

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

by radiotv10
05/06/2025
0

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

04/06/2025
Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwa Guverinoma y’u Bwongereza uje gusinya amasezerano mashya yahageze: Ibyo yavuze mbere yo kuza

Uwa Guverinoma y’u Bwongereza uje gusinya amasezerano mashya yahageze: Ibyo yavuze mbere yo kuza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.