Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida mushya wa Nigeria

radiotv10by radiotv10
29/05/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
AMAFOTO: Perezida Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida mushya wa Nigeria
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yitabiriye irahira ry’Umukuru w’Igihugu wa Nigeria mushya, Bola Ahmed Tinubu w’imyaka 71 uherutse gutorerwa kuyobora iki Gihugu.

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, ni umwe mu Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bitabiriye irahira rya Bola Ahmed Tinubu, ryabaye kuri uyu wa Mbere tariki 29 Gicurasi 2023, ryabereye ahitwa Eagles Square mu murwa Mukuru w’iki Gihugu cya Nigeria, i Abuja.

Uyu muhango kandi wari urimo Muhammadu Buhari wayoboraga Nigeria, akaba akorewe mu ngata n’uyu mukambwe Bola Ahmed Tinubu w’imyaka 71 y’amavuko.

Bola Ahmed Tinubu watorewe kuyobora iki Gihugu kiri mu bya mbere bifite ubukungu bukomeye muri Afurika, yasezeranyije ko azakomeza kuzamura ubukungu bw’iki Gihugu, abanje kwihutira gukura mu nzira ibibazo bibyugarije.

Mu ijambo rye, amaze kurahira kandi, yashimiye abamushyigikiye n’abataramushyigikiye, abasaba kuzakorera hamwe nk’abakorera Igihugu cyabo.

Yagize ati “Abataranshyigikiye, ndabasaba kutazantererana muri iki gihe twinjiyemo cyo gukora ibishoboka ngo tuzamure iterambere ry’Igihugu, tubikesha gukorera hamwe.”

Bola Tinubu, warahiriye kuyobora Nigeria, wari umukandinda w’ishyaka, All Progressive Congress (APC), ryari risanzwe ku butegetsi, yatorewe kuyobora iki Gihugu, ku majwi angana Miliyoni 8.8 y’abaturage, mu gihe uwaje amukurikiye ari Atiku Abubakar wo mu ishyaka rya Peoples Democratic Party (PDP), we wagize amajwi Miliyoni 6.9.

Perezida Kagame aramukanya na Buhari warangije manda ze muri Nigeria
Perezida mushya wa Nigeria na Madamu
Buhari yamwifurije ishya n’ihirwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 5 =

Previous Post

Andi makuru acukumbuye ku wafungiwe kwiyita Yezu agafungurwa ku mpamvu yatunguye benshi

Next Post

Kizigenza mu ikipe y’ibigwi muri Espagne ashobora kuyigezaho inkuru yayirya mu matwi

Related Posts

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

by radiotv10
06/01/2026
0

Abarwanyi barenga ibihumbi bitatu barimo abasirikare b’u Burundi, aba DRC, ab’umutwe wa FDLR n’uwa Wazalendo, baravugwaho kwigarurira ishuri riherereye muri...

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

by radiotv10
06/01/2026
0

Nicolás Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela uherutse gufatwa na Leta Zunze Ubumwe za America zimusanze mu Gihugu cye, ubwo...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kizigenza mu ikipe y’ibigwi muri Espagne ashobora kuyigezaho inkuru yayirya mu matwi

Kizigenza mu ikipe y’ibigwi muri Espagne ashobora kuyigezaho inkuru yayirya mu matwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.