Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida mushya wa Nigeria

radiotv10by radiotv10
29/05/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
AMAFOTO: Perezida Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida mushya wa Nigeria
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yitabiriye irahira ry’Umukuru w’Igihugu wa Nigeria mushya, Bola Ahmed Tinubu w’imyaka 71 uherutse gutorerwa kuyobora iki Gihugu.

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, ni umwe mu Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bitabiriye irahira rya Bola Ahmed Tinubu, ryabaye kuri uyu wa Mbere tariki 29 Gicurasi 2023, ryabereye ahitwa Eagles Square mu murwa Mukuru w’iki Gihugu cya Nigeria, i Abuja.

Uyu muhango kandi wari urimo Muhammadu Buhari wayoboraga Nigeria, akaba akorewe mu ngata n’uyu mukambwe Bola Ahmed Tinubu w’imyaka 71 y’amavuko.

Bola Ahmed Tinubu watorewe kuyobora iki Gihugu kiri mu bya mbere bifite ubukungu bukomeye muri Afurika, yasezeranyije ko azakomeza kuzamura ubukungu bw’iki Gihugu, abanje kwihutira gukura mu nzira ibibazo bibyugarije.

Mu ijambo rye, amaze kurahira kandi, yashimiye abamushyigikiye n’abataramushyigikiye, abasaba kuzakorera hamwe nk’abakorera Igihugu cyabo.

Yagize ati “Abataranshyigikiye, ndabasaba kutazantererana muri iki gihe twinjiyemo cyo gukora ibishoboka ngo tuzamure iterambere ry’Igihugu, tubikesha gukorera hamwe.”

Bola Tinubu, warahiriye kuyobora Nigeria, wari umukandinda w’ishyaka, All Progressive Congress (APC), ryari risanzwe ku butegetsi, yatorewe kuyobora iki Gihugu, ku majwi angana Miliyoni 8.8 y’abaturage, mu gihe uwaje amukurikiye ari Atiku Abubakar wo mu ishyaka rya Peoples Democratic Party (PDP), we wagize amajwi Miliyoni 6.9.

Perezida Kagame aramukanya na Buhari warangije manda ze muri Nigeria
Perezida mushya wa Nigeria na Madamu
Buhari yamwifurije ishya n’ihirwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Andi makuru acukumbuye ku wafungiwe kwiyita Yezu agafungurwa ku mpamvu yatunguye benshi

Next Post

Kizigenza mu ikipe y’ibigwi muri Espagne ashobora kuyigezaho inkuru yayirya mu matwi

Related Posts

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kizigenza mu ikipe y’ibigwi muri Espagne ashobora kuyigezaho inkuru yayirya mu matwi

Kizigenza mu ikipe y’ibigwi muri Espagne ashobora kuyigezaho inkuru yayirya mu matwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.