Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Zambia yakiranywe urugwiro aganirira na mugenzi we ahantu hanogeye ijisho

radiotv10by radiotv10
04/04/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAFOTO: Perezida Kagame muri Zambia yakiranywe urugwiro aganirira na mugenzi we ahantu hanogeye ijisho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame watangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Zambia, yageze muri iki Gihugu, yakirwa na mugenzi we Hakainde Hichilema.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, byatangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 04 Mata 2022, Perezida Paul Kagame yageze mu Murwa mukuru w’Ubukerarugendo muri Zambia i Livingstone aho agiye mu ruzinduko rw’akazi.

Perezidansi y’u Rwanda ikomeza igira iti “Yakiriwe na mugenzi we wa Zambia Perezida Hakainde Hichilema.”

Perezida Hakainde Hichilema na we yatangaje ko yakiriye byimazeyo Perezida Paul Kagame ugiye mu Gihugu cye mu ruzinduko rw’akazi, yanditse mu Kinyarwanda kuri Twitter agira ati “ Murakaza neza.” Ubundi akomeza no mu rurimi rukoreshwa muri Zambia no mu cyongereza avuga ko bishimiye kwakira Nyakubahwa Paul Kagame.

Biteganyijwe ko Perezida Paul Kagame na mugenzi we Hakainde Hichilema baza kugirana ikiganiro kihariye ubundi bakayobora isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati y’Ibihugu byombi.

Amasezerano ateganyijwe gusinywa, arimo ay’imikoranire y’ibigo by’Imisoro n’amahoro ku mpande z’Ibihugu byombi, arebana n’iby’abinjira n’abasokoka, mu buzima no mu ishoramari ndetse no mu buhinzi.

Abakuru b’Ibihugu byombi kandi bazasura ibikorwa nyaburanga biri muri aka gace birimo Pariki y’Igihugu cya Zambia.

Perezida Paul Kagame yakiriwe muri Zambia
Yakiriwe na mugenzi we Hakainde Hichilema

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Niba hatangajwe gusa izamuka rya Lisansi na Mazutu nta bindi bigomba kuzamuka- Guverinoma

Next Post

Bazengurutse i Kivu mu bwato bw’agatangaza: Inyogoye n’umugore we mu kwa buki (AMAFOTO)

Related Posts

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IMYIDAGADURO

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bazengurutse i Kivu mu bwato bw’agatangaza: Inyogoye n’umugore we mu kwa buki (AMAFOTO)

Bazengurutse i Kivu mu bwato bw’agatangaza: Inyogoye n’umugore we mu kwa buki (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.