• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Zambia yakiranywe urugwiro aganirira na mugenzi we ahantu hanogeye ijisho

radiotv10by radiotv10
04/04/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAFOTO: Perezida Kagame muri Zambia yakiranywe urugwiro aganirira na mugenzi we ahantu hanogeye ijisho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame watangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Zambia, yageze muri iki Gihugu, yakirwa na mugenzi we Hakainde Hichilema.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, byatangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 04 Mata 2022, Perezida Paul Kagame yageze mu Murwa mukuru w’Ubukerarugendo muri Zambia i Livingstone aho agiye mu ruzinduko rw’akazi.

Perezidansi y’u Rwanda ikomeza igira iti “Yakiriwe na mugenzi we wa Zambia Perezida Hakainde Hichilema.”

Perezida Hakainde Hichilema na we yatangaje ko yakiriye byimazeyo Perezida Paul Kagame ugiye mu Gihugu cye mu ruzinduko rw’akazi, yanditse mu Kinyarwanda kuri Twitter agira ati “ Murakaza neza.” Ubundi akomeza no mu rurimi rukoreshwa muri Zambia no mu cyongereza avuga ko bishimiye kwakira Nyakubahwa Paul Kagame.

Biteganyijwe ko Perezida Paul Kagame na mugenzi we Hakainde Hichilema baza kugirana ikiganiro kihariye ubundi bakayobora isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati y’Ibihugu byombi.

Amasezerano ateganyijwe gusinywa, arimo ay’imikoranire y’ibigo by’Imisoro n’amahoro ku mpande z’Ibihugu byombi, arebana n’iby’abinjira n’abasokoka, mu buzima no mu ishoramari ndetse no mu buhinzi.

Abakuru b’Ibihugu byombi kandi bazasura ibikorwa nyaburanga biri muri aka gace birimo Pariki y’Igihugu cya Zambia.

Perezida Paul Kagame yakiriwe muri Zambia
Yakiriwe na mugenzi we Hakainde Hichilema

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 15 =

Previous Post

Niba hatangajwe gusa izamuka rya Lisansi na Mazutu nta bindi bigomba kuzamuka- Guverinoma

Next Post

Bazengurutse i Kivu mu bwato bw’agatangaza: Inyogoye n’umugore we mu kwa buki (AMAFOTO)

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Bazengurutse i Kivu mu bwato bw’agatangaza: Inyogoye n’umugore we mu kwa buki (AMAFOTO)

Bazengurutse i Kivu mu bwato bw’agatangaza: Inyogoye n’umugore we mu kwa buki (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.