Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri Huriro ritarekura uyu Mujyi, aho bambaye impuzankano yabugenewe yambarwa n’abapolisi mu gihe cy’imyigaragambyo.
Ni imyigaragambyo yadutse mu gitonso cyo kuri uyu wa Mbere tariki 22 Ukuboza 2025, aho abayitabiriye muri uyu Mujyi wa Goma, bagenzwa n’ingingo ebyiri; bamagana ibyatangajwe na Perezida Felix Tshisekedi ko AFC/M23 igomba kurekura ibice yafashe, ndetse no kwamagana kuba iri Huriro riherutse kurekura umujyi wa Uvira wari umaze iminsi 10 ubohowe.
Abanyekongo bitabiriye iyi myigaragambyo, bitwaje ibyapa byanditseho ubutumwa burimo ubwo bavuga ko “badashaka ko FARDC n’abambari bayo bagaruka”, ndetse banavuga ko batifuza ko “AFC/M23 igenda.”
Bavuga kandi ko kuva AFC/M23 yafata Umujyi wa Goma, imibereho yabo yahindutse, bakabona amahoro, ibikorwa remezo birimo amashanyarazi, n’amazi meza, bikabageraho.
Abapolisi ba AFC/M23 bagiye kurindira umutekano aba baturage no gukumira ko hari ibyo bakwangiza, bambaye mu buryo bumenyerewe ku bapolisi b’Ibihugu byateye imbere, aho bambaye ibishobora kubarinda mu gihe basagariwe n’abaturage.




RADIOTV10










