Sunday, September 8, 2024

AMAGARE: Mu isiganwa riyoboye andi ku Isi hagaragaye amateka aribayemo bwa mbere

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Umunya-Eritrea Biniam Girmay, yabaye umukinnyi mu mukino w’amagare wa mbere w’Umwirabura wegukanye agace (Etape) mu isiganwa rikomeye ku Isi rya Tour de France.

Iyi ntsinzi yabonetse kuri uyu wa Mbere tariki 01 Nyakanga 2024, ubwo hakinwaga agace ka gatatu k’iri siganwa rya Tour de France rikurikirwa n’imbaga y’abatuye Isi.

Ni agace kareshya n’iibilometero 230.8, ari na yo ntera ndende iri mu irushanwa rya Tour de France ry’uyu mwaka wa 2024, aho uyu Munya-Eritrea yakegukanye akoresheje amasaha 5:26’:48’’.

Girmay si ubwa mbere yegukanye etape mu marushanwa y’amagare akomeye ku Isi, kuko no muri 2022 nabwo yakoreye amateka mu Butariyani, ubwo yegukanaga etape mu irushanwa rya Giro d’Italiya.

Kuba yegukanye agace muri Tour de France, byahise bimugira Umunyafurika wa mbere wegukanye Etape mu marashunwa yose akomeye ku isi mu mukino w’amagare arimo Giro d’Italiya, Tour de France, ndetse na Espagne Vuelta.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts