Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Amagare: Uhiriwe arahiriwe yegukana umudari wa Zahabu muri Shampiyona Nyafurika mu Misiri

radiotv10by radiotv10
24/03/2022
in SIPORO
0
Amagare: Uhiriwe arahiriwe yegukana umudari wa Zahabu muri Shampiyona Nyafurika mu Misiri
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda Uhiriwe Byiza Renus yegukanye Umudari wa Zahabu muri Shampiyona Nyafurika iri kubera mu Misiri aho yabaye uwa mbere mu batarengeje imyaka 23.

Uhiriwe Byiza Renus yegukanye uyu mwanya wa mbere mu batarengeje imyaka 23 y’amavuko, yatumye ibendera ry’u Rwanda ryongera kuzamuka ndetse hanaririmbwa Rwanda Nziza.

Byisa Renus wasiganwe uyu munsi, yakinnye mu gace k’ibilometero 44.4, aho yasiganwe hamwe n’abandi bakinnyi  bagera muri 26 barimo Umunyarwanda Nsengimana Jean Bosco.

Uhiriwe Byiza Renus yahagurutse aho batangiriye aka gace saa tanu na makumyabiri n’ibiri (11:22’) za hano i Kigali mu Rwanda mu gihe Nsengimana Jean Bosco we yahagurutse saa 11h42′.

Naho mu cyiciro cy’abakuru b’igitsinagabo, Nsengiyumva Jean Bosco na we yegukanye Umudari w’Umuringa aho yabaye uwa gatatu nyuma y’Umunyafurika y’Epfo Basson GUSTAV wegukanye umwanya wa mbere ndetse n’Umunya-Eritrea Mulubrhan Henok wabaye uwa kabiri.

Mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 23 b’igitsinagore, nta Munyarwandakazi wabashije kwegukana umudari ariko bobiri baje mu icumi ba mbere aho Nzayisenga Valentine yaje ku mwanya wa gatandatu naho Tuyishime Jacqueline akaba uwa karindwi.

Uhiriwe Byiza Renus wanigaragaje muri Tour du Rwanda iheruka kubera mu Rwanda, yajyanye n’abandi Banyarwanda icyenda (9) muri iyi Shamiyona Nyafurika iri kubera mu Misiri aho bahagurutse mu Rwanda mu cyumweru gishize tariki 19 Werurwe 2022.

Aba bakinnyi 10, barimo batandatu b’abahungu ari Uhiriwe Byiza Renus, Mugisha Samuel, Nsengimana Jean Bosco, Mugisha Moise na Muhoza Eric, bose baherukaga kwitabira iri rushanwa rya Tour du Rwanda ndetse na Ndayisenga Bonheur uzakina mu ngimbi.

Bajyanjye na bashiki babo ari bo Nzayisenga Valentine, Tuyishime Jacqueline, Ingabire Diane na Uwera Aline ndetse n’umutoza Sempoma Felix.

Yegukanye umwanya wa mbere
Rwanda nziza yaririmbwe
Nsengimana Jean Bosco yabaye uwa gatatu mu bagabo bakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Umupadiri w’Umunyarwanda uzwiho kurapa yasohoye indirimbo ahogozanyamo n’umuzungukazi mu Kinyarwanda

Next Post

Ni nk’iry’i Burayi-Umukongomani yashimiye u Rwanda ku isoko ryuzuye i Rusizi

Related Posts

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

by radiotv10
09/12/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje itariki izakinirwaho umukino wa Super Cup uzahuza ikipe ya APR FC na Rayon...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni nk’iry’i Burayi-Umukongomani yashimiye u Rwanda ku isoko ryuzuye i Rusizi

Ni nk’iry’i Burayi-Umukongomani yashimiye u Rwanda ku isoko ryuzuye i Rusizi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.