Sunday, October 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Amagare: Uhiriwe arahiriwe yegukana umudari wa Zahabu muri Shampiyona Nyafurika mu Misiri

radiotv10by radiotv10
24/03/2022
in SIPORO
0
Amagare: Uhiriwe arahiriwe yegukana umudari wa Zahabu muri Shampiyona Nyafurika mu Misiri
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda Uhiriwe Byiza Renus yegukanye Umudari wa Zahabu muri Shampiyona Nyafurika iri kubera mu Misiri aho yabaye uwa mbere mu batarengeje imyaka 23.

Uhiriwe Byiza Renus yegukanye uyu mwanya wa mbere mu batarengeje imyaka 23 y’amavuko, yatumye ibendera ry’u Rwanda ryongera kuzamuka ndetse hanaririmbwa Rwanda Nziza.

Byisa Renus wasiganwe uyu munsi, yakinnye mu gace k’ibilometero 44.4, aho yasiganwe hamwe n’abandi bakinnyi  bagera muri 26 barimo Umunyarwanda Nsengimana Jean Bosco.

Uhiriwe Byiza Renus yahagurutse aho batangiriye aka gace saa tanu na makumyabiri n’ibiri (11:22’) za hano i Kigali mu Rwanda mu gihe Nsengimana Jean Bosco we yahagurutse saa 11h42′.

Naho mu cyiciro cy’abakuru b’igitsinagabo, Nsengiyumva Jean Bosco na we yegukanye Umudari w’Umuringa aho yabaye uwa gatatu nyuma y’Umunyafurika y’Epfo Basson GUSTAV wegukanye umwanya wa mbere ndetse n’Umunya-Eritrea Mulubrhan Henok wabaye uwa kabiri.

Mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 23 b’igitsinagore, nta Munyarwandakazi wabashije kwegukana umudari ariko bobiri baje mu icumi ba mbere aho Nzayisenga Valentine yaje ku mwanya wa gatandatu naho Tuyishime Jacqueline akaba uwa karindwi.

Uhiriwe Byiza Renus wanigaragaje muri Tour du Rwanda iheruka kubera mu Rwanda, yajyanye n’abandi Banyarwanda icyenda (9) muri iyi Shamiyona Nyafurika iri kubera mu Misiri aho bahagurutse mu Rwanda mu cyumweru gishize tariki 19 Werurwe 2022.

Aba bakinnyi 10, barimo batandatu b’abahungu ari Uhiriwe Byiza Renus, Mugisha Samuel, Nsengimana Jean Bosco, Mugisha Moise na Muhoza Eric, bose baherukaga kwitabira iri rushanwa rya Tour du Rwanda ndetse na Ndayisenga Bonheur uzakina mu ngimbi.

Bajyanjye na bashiki babo ari bo Nzayisenga Valentine, Tuyishime Jacqueline, Ingabire Diane na Uwera Aline ndetse n’umutoza Sempoma Felix.

Yegukanye umwanya wa mbere
Rwanda nziza yaririmbwe
Nsengimana Jean Bosco yabaye uwa gatatu mu bagabo bakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − three =

Previous Post

Umupadiri w’Umunyarwanda uzwiho kurapa yasohoye indirimbo ahogozanyamo n’umuzungukazi mu Kinyarwanda

Next Post

Ni nk’iry’i Burayi-Umukongomani yashimiye u Rwanda ku isoko ryuzuye i Rusizi

Related Posts

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

by radiotv10
17/10/2025
0

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Bizimana Djihad, yagaragaje ko na bo batishimiye umusaruro babonye mu mikino baherutse gukina, ariko ko basezeranya...

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

by radiotv10
17/10/2025
0

Rutahizamu Fall Ngagne wa Rayon Sports wayifashije mu mwaka w'imikino ushize agashimisha abafana bayo, wari umaze amezi 10 mu mvune,...

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
16/10/2025
0

Ikipe ya Police FC iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’u Rwanda imaze gukinwa iminsi itatu, yatandukanye na Muhadjiri Hakizimana wari...

Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu

Nyuma yuko Amavubi yongeye gutenguha Abanyarwanda harakurikiraho iki?

by radiotv10
16/10/2025
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yatangaje ko nyuma yuko Ikipe y’Igihugu itsinzwe imikino ibiri yikurikiranya, hagiye gushakwa uburyo hategurwa...

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

by radiotv10
14/10/2025
0

Manishimwe Djabel wanyuze mu makipe akomeye mu Rwanda nka Rayon Sports na APR FC yanabereye kapiteni, wari umaze igihe yaragiye...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
18/10/2025
0

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

18/10/2025
Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

18/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

18/10/2025
Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni nk’iry’i Burayi-Umukongomani yashimiye u Rwanda ku isoko ryuzuye i Rusizi

Ni nk’iry’i Burayi-Umukongomani yashimiye u Rwanda ku isoko ryuzuye i Rusizi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.