Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amagi y’Amasazi agiye kuba imari ishyushye: Ngo afite intungamubiri nk’iza Soya

radiotv10by radiotv10
30/11/2021
in MU RWANDA
0
Amagi y’Amasazi agiye kuba imari ishyushye: Ngo afite intungamubiri nk’iza Soya
Share on FacebookShare on Twitter

Aborozi b’abamtungo magufi nk’Ingurube n’Inkoko bamaze iminsi biyasira bavuga ko ibiryo by’aya matungo bikomeje guhenda, mu gihe Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi RAB kibamara impungenge kuko ubushakashatsi bwerekanye ko amagi y’Amasazi y’umukara ashobora gusimbura Soya isanzwe yifashishwa mu gutunga ibiryo by’aya matungo magufi.

Bamwe mu borozi b’Ingurube bibumbiye mu ishyirahamwe ryabo rizwi nka wa RPFA (Rwanda Pig Farmers Association) baravuga ko ibiciro by’ibiryo by’aya matungo byazamutse ku gipimo gikabije kuko kikubye hafi kabiri.

Umwe muri bo avuga ko ibi bibagiraho ingaruka zikomeye kuko “iyo ibyo tugaburira amatungo kandi ibikomoka ku matungo bikiri hasi, aborozi barananirwa ndetse bakaba banabivamo.”

Ibiciro bya Soya, ibigori n’ingano nka bimwe mu bihingwa bisanzwe byifashishwa mu gutunganya ibiryo by’Ingurube, byikubye hafi kabiri, bikaba ari na byo ibiciro by’ibiryo by’aya matungo, bitumbagira.

Gusa Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi RAB, gitangaza ko kiri gushakira umuti iki kibazo binyuze mu bushakashatsi buri gukorwa ku byasimbura biriya bihingwa bisanzwe byifashishwa mu gutunganya ibiryo by’ingurube.

Umuyobozi Mukuru wungirije muri RAB ushinzwe Ubworozi, Dr Solange Uwituze avuga ko hari gukorwa ubushakashatsi ku magi y’amasazi azwi nka black soldier fly.

Ati “Aya masazi y’imikara asanzwe atera amagi menshi kandi iyo ureba afite intungamubiri zingana neza neza nk’iza Soya.”

Amagi y’aya masazi bashobora kuyumisha akaba yakoreshwa mu mwanya wa Soya

Uwituze Solange avuga ko ku bufatanye bwa RAB n’abikorera hari gukorwa ubushakashatsi bugamije kureba uburyo aya masazi yakwifashishwa mu gukemura ikibazo cy’ibiryo by’ingurube.

Ati “Ni ibintu byoroshye kandi bifite umumaro kuko ayo masazi agaburirwa ibisigazwa cyane cyane by’imbuto noneho akavamo amagi, ayo magi ni yo abantu bumisha bakayasya akaba ari yo yasimbura Soya.”

Uwituze Solange avuga ko ubu bushakashatsi buzarangirana n’uyu mwaka ku buryo bwazatanga igisubizo cy’ibura ry’ibiryo by’amatungo magufi nk’Ingurube, Inkoko ndetse n’Amafi.

Ati “Amatungo yose yaryaga ibintu birimo Soya birimo n’ingano, icyo kizaba ari igisubizo kuko bizaba bidahenze kandi biboneka ku buryo bworoshye.”

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 13 =

Previous Post

Nyuma y’uko CAF ibyinjiyemo ubu APR yemerewe kujya muri Maroc mu mukino wo kwishyura

Next Post

Nyagatare: Inka 10 z’umuturage umwe zirimo iyaraye ibyaye n’iyendaga kubyara zakubiswe n’Inkuba zihita zipfa

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: Inka 10 z’umuturage umwe zirimo iyaraye ibyaye n’iyendaga kubyara zakubiswe n’Inkuba zihita zipfa

Nyagatare: Inka 10 z'umuturage umwe zirimo iyaraye ibyaye n'iyendaga kubyara zakubiswe n'Inkuba zihita zipfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.