Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amagi y’Amasazi agiye kuba imari ishyushye: Ngo afite intungamubiri nk’iza Soya

radiotv10by radiotv10
30/11/2021
in MU RWANDA
0
Amagi y’Amasazi agiye kuba imari ishyushye: Ngo afite intungamubiri nk’iza Soya
Share on FacebookShare on Twitter

Aborozi b’abamtungo magufi nk’Ingurube n’Inkoko bamaze iminsi biyasira bavuga ko ibiryo by’aya matungo bikomeje guhenda, mu gihe Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi RAB kibamara impungenge kuko ubushakashatsi bwerekanye ko amagi y’Amasazi y’umukara ashobora gusimbura Soya isanzwe yifashishwa mu gutunga ibiryo by’aya matungo magufi.

Bamwe mu borozi b’Ingurube bibumbiye mu ishyirahamwe ryabo rizwi nka wa RPFA (Rwanda Pig Farmers Association) baravuga ko ibiciro by’ibiryo by’aya matungo byazamutse ku gipimo gikabije kuko kikubye hafi kabiri.

Umwe muri bo avuga ko ibi bibagiraho ingaruka zikomeye kuko “iyo ibyo tugaburira amatungo kandi ibikomoka ku matungo bikiri hasi, aborozi barananirwa ndetse bakaba banabivamo.”

Ibiciro bya Soya, ibigori n’ingano nka bimwe mu bihingwa bisanzwe byifashishwa mu gutunganya ibiryo by’Ingurube, byikubye hafi kabiri, bikaba ari na byo ibiciro by’ibiryo by’aya matungo, bitumbagira.

Gusa Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi RAB, gitangaza ko kiri gushakira umuti iki kibazo binyuze mu bushakashatsi buri gukorwa ku byasimbura biriya bihingwa bisanzwe byifashishwa mu gutunganya ibiryo by’ingurube.

Umuyobozi Mukuru wungirije muri RAB ushinzwe Ubworozi, Dr Solange Uwituze avuga ko hari gukorwa ubushakashatsi ku magi y’amasazi azwi nka black soldier fly.

Ati “Aya masazi y’imikara asanzwe atera amagi menshi kandi iyo ureba afite intungamubiri zingana neza neza nk’iza Soya.”

Amagi y’aya masazi bashobora kuyumisha akaba yakoreshwa mu mwanya wa Soya

Uwituze Solange avuga ko ku bufatanye bwa RAB n’abikorera hari gukorwa ubushakashatsi bugamije kureba uburyo aya masazi yakwifashishwa mu gukemura ikibazo cy’ibiryo by’ingurube.

Ati “Ni ibintu byoroshye kandi bifite umumaro kuko ayo masazi agaburirwa ibisigazwa cyane cyane by’imbuto noneho akavamo amagi, ayo magi ni yo abantu bumisha bakayasya akaba ari yo yasimbura Soya.”

Uwituze Solange avuga ko ubu bushakashatsi buzarangirana n’uyu mwaka ku buryo bwazatanga igisubizo cy’ibura ry’ibiryo by’amatungo magufi nk’Ingurube, Inkoko ndetse n’Amafi.

Ati “Amatungo yose yaryaga ibintu birimo Soya birimo n’ingano, icyo kizaba ari igisubizo kuko bizaba bidahenze kandi biboneka ku buryo bworoshye.”

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − 5 =

Previous Post

Nyuma y’uko CAF ibyinjiyemo ubu APR yemerewe kujya muri Maroc mu mukino wo kwishyura

Next Post

Nyagatare: Inka 10 z’umuturage umwe zirimo iyaraye ibyaye n’iyendaga kubyara zakubiswe n’Inkuba zihita zipfa

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: Inka 10 z’umuturage umwe zirimo iyaraye ibyaye n’iyendaga kubyara zakubiswe n’Inkuba zihita zipfa

Nyagatare: Inka 10 z'umuturage umwe zirimo iyaraye ibyaye n'iyendaga kubyara zakubiswe n'Inkuba zihita zipfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.