Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho avugwa ku Ngabo zagiye gufasha FARDC ziri i Goma

radiotv10by radiotv10
24/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri S.Africa yagaragaje igikwiye gukorerwa Abasirikare b’iwabo bari muri DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Ingabo zagiye mu butumwa bwa SADC (SAMIDRC) zari i Goma, zitangira gutaha, kandi zikanyura no mu Rwanda.

Izi ngabo za Afurika y’Epfo ziherutse guhura n’isanganya ubwo zarwanyaga umutwe wa M23 mu rugamba rwo kubohoza umujyi wa Goma, zari zamanitse amaboko, nyuma yo gukubitwa incuro n’uyu mutwe ugiye kuzuza ukwezi ugenzura uyu Mujyi.

Amakuru dukesha Umunyamakuru Daniel Michombero ukorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko izi Ngabo za SADC zagiye mu butumwa bwiswe SAMIDR zitangira gutaha kuri uyu wa Mbere tariki 24 Gashyantare 2025.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Daniel Michombero yagize ati “Ingabo za SADC (SAMIDRC) zirava mu Mujyi wa Goma kuri uyu wa Mbere tariki 24 Gashyantare.”

Uyu munyamakuru yakomeje agira ati “Nk’uko tubikesha isoko y’amakuru, izi ngabo ziza kujyenda zidafite intwaro, ziraza kunyura mu Rwanda (Grande Barrière) mu gihe Ikibuga cy’Indege cya Goma kigifunze.”

Ingabo za Afurika y’Epfo zagiye mu butumwa bwa SADC gufasha FARDC guhangana n’umutwe wa M23, ziherutse gupfusha abasirikare 14 baguye mu mirwano yari ibahanganishije n’uyu mutwe, ndetse imirambo yabo ikaba iherutse gucyurwa na yo inyujijwe mu Rwanda.

Mu ntangiriro z’uku kwezi, Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yizeje Abaturage b’Igihugu cye, ko ubutegetsi bwe bugiye gukora ibishoboka kugira ngo abasirikare babo bari muri Congo, batahe amahoro.

Mu ijambo rigagaragariza abaturage be uko Igihugu cyabo cyifashe yanavugiyemo ibi, Cyiril Ramaphosa, yavuze ko Guverinoma y’Igihugu cye, na yo ishyigikiye ko ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, bishakirwa umutu binyuze mu nzira z’ibiganiro, aho kuba iz’ingufu za gisirikare.

Mu ntangiro z’uku kwezi kandi, Perezida Lazarus Chakwera w’Igihugu cya Malawi na cyo gifite abasirikare bagiye muri ubu butumwa bwa SADC, yategetse Umugaba Mukuru w’Ingabo mu Gihugu cye, gutegura uburyo abasirikare babo bari mu burasirazuba bwa Congo, bataha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Hatangajwe igihano cyakatiwe uwari uyoboye agatsiko k’insoresore zishe umuraperi w’ikirangirire

Next Post

Iby’ingenzi Abagaba Bakuru b’Ingabo zo muri EAC na SADC baganiraho mu nama y’ibya Congo

Related Posts

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
25/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi Abagaba Bakuru b’Ingabo zo muri EAC na SADC baganiraho mu nama y’ibya Congo

Iby’ingenzi Abagaba Bakuru b’Ingabo zo muri EAC na SADC baganiraho mu nama y’ibya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.