Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho hagati ya M23 na FARDC: Hongeye gukoreshwa indege y’imirwano

radiotv10by radiotv10
07/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho hagati ya M23 na FARDC: Hongeye gukoreshwa indege y’imirwano
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 watangaje ko igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyakoresheje indege y’imirwano yo mu bwoko bwa Sukhoi mu kumisha ibisasu mu duce dutuwemo n’abaturage, bikivugana bamwe muri bo barimo n’uruhinja.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’umutwe wa M23 mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki Indwi Gashyantare 2025, rigaragaza ibi bikorwa bya FARDC byakozwe kuri uyu wa Kane tariki 06.

Iri tangazo ritangira rivuga ko “Ihuriro rw’Ubutegetsi bwa Kinshasa rikomeje kwica abasivile. Kuri uyu wa 06 Gashyantare 2025 indege y’imirwano (Sukhoi) yarashe mu bice bituwemo n’abaturage benshi bya Nyabibwe no mu bice bihakikije, bica abasivile bane barimo n’uruhinja.”

Ubuyobozi bwa M23 kandi bwatangaje ko ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) zarekuye abarwanyi 100 barimo aba FARDC ndetse na FDLR, mu bazishyikirije i Goma, bakajya kwica abaturage.

Itangazo rya M23 rigakomeza rigira riti “Twafashe batanu muri bo (batatu ba FARDC ndetse na babiri ba FDLR) bari bafite intwaro enye na grenade eshatu.”

Umutwe wa M23 watangaje ko uzakomeza kurinda ubuzima bw’abaturage, bityo ko udashobora kwihanganira ibikorwa nk’ibi binyuranyije n’intego yawo.

Ibi bibaye nyuma y’umunsi umwe gusa hatangiye agahenge kafashwe n’uyu mutwe wa M23 katangiye tariki 04 Gashyantare 2025, ariko mu itangazo rigatangaza, uyu mutwe ukaba wari wavuze ko udashobora na rimwe kuzihanganira kumva hari aho uruhande bahangane rwakomeje koreka imbaga, kuko utazabirebera, ahubwo ko uzatabarana ingoga.

Nanone kandi ibi bibaye habura iminsi ibiri gusa ngo haterana Inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu by’Imiryango ibiri, uwa SADC n’uwa EAC, kuri uyu wa Gatandatu bazahurira muri Tanzania kugira ngo bige ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC.

Ni inama izitabirwa na Perezida Felix Tshisekedi wa DRC, ndetse na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, nk’uko byemejwe na Perezida William Ruto wa Kenya unayoboye EAC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 20 =

Previous Post

Hasobanuwe uko Musenyeri wo mu Itorero rimwe mu Rwanda yakoze ibyaha akekwaho

Next Post

Ikindi Gihugu cyagiye gufasha FARDC cyavuze icyo kigiye gukora nyuma yuko hari icyemeje gucyura abasirikare

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikindi Gihugu cyagiye gufasha FARDC cyavuze icyo kigiye gukora nyuma yuko hari icyemeje gucyura abasirikare

Ikindi Gihugu cyagiye gufasha FARDC cyavuze icyo kigiye gukora nyuma yuko hari icyemeje gucyura abasirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.