Friday, August 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

radiotv10by radiotv10
18/07/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Ni icyemezo cyatangajwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Nyakanga 2025, nyuma yuko ruburanishije urubanza ku ifungwa ry’agateganyo ruregwamo uyu munyapolitiki.

Ingabire Victoire washinze ishyaha DALFA-Umurinzi ritemewe mu Rwanda, akurikuranyweho ibyaha birimo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, icyo guteza imvururu, icyo kugiririra nabi ubutegetsi buriho, icy’icengezamatwara cyangwa se kwangisha Leta y’u Rwanda amahanga, icyo gutangaza amakuru y’ibihuha, n’icyaha cyo gucura umugambi wo kugirira nabi ubutegetsi buriho n’icyaha cyo kwigaragambya.

Mu iburanisha ryabaye ku wa Kabiri w’iki cyumweru tariki 15 Nyakanga 2025, Ubushunjacyaha bwasabiye uregwa gukurikiranwa afunzwe by’agateganyo kubera uburemere bw’ibyaha ashinjwa.

Mu iburanisha ku ifungwa ry’agateganyo, Ubushinjacyaha bwasobanuriye Urukiko ko uyu munyapolitiki wahoze mu rindi shyaka yashinze ryari rizwi nka FDU-Inkingi, ryari ryinjiye mu mikoranire n’imitwe ihungabanya umutekano irimo P5, RNC ndetse na RUD-Urunana.

Bwavuze ko ubwo iyo migambi yatahurwaga, ari bwo yashinze ririya shyaka DALFA-Umurinzi na ryo ryakomeje imigambi mibi, buvuga ko uyu munyapolitiki we ubwe yakoranaga n’abandi bantu barimo abaregwa mu rubanza rw’abantu icyenda bakekwaho ibyaha birimo gushaka guhirika ubutegetsi badakoresheje intwaro, ndetse ko yateraga inkunga ibikorwa byabo birimo amahugurwa bahabwaga.

Ubushinjacyaha bwavuze ko uregwa yategetse uwitwa Mimi gukora ikiganiro kuri YouTube Channel yitwa Umubavu TV y’umunyamakuru Nsengimana Theoneste uregwa muri ruriya rubanza, aho yatangiyemo amakuru y’ibihuha ko hari abantu bicwa ngo abandi bagafungwa kandi ntacyo bakoze.

Mu bindi bimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha busabira Ingabire gufungwa by’agateganyo, bwavuze ko hari ubuhamya bwatanzwe n’uwitwa Munyabugingo Gaston wavuze ko uyu munyapolitiki yashishikarizaga abantu gukora imyigaragambyo.

Ingabire Victoire wahakanye ibyaha ashinjwa, yavuze ko amahugurwa yahawe bariya bantu bakekwaho gushaka guhirika ubutegetsi, nta ruhare yayagizemo, ndetse ko atari anayazi.

Ku byari byatangajwe n’Ubushinjacyaha ko uregwa aramutse adafunzwe by’agateganyo ashobora gutoroka ubutabera, yavuze ko adashobora kubikora, aho yari yagize ati “Aho kuba hanze nahitamo kwibera muri gereza.”

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwahise rupfundikira urubanza ku ifungwa ry’agateganyo, kuri uyu wa Gatanu rwasomye icyemezo cyarwo, rwanzura ko uregwa akurikiranwa afunzwe, kuko ibyagaragajwe ko byagezweho mu iperereza bigize impamvu zikomeye zituma akekwaho gukora ibyo aregwa.

Urukiko rwavuze ko uregwa aramutse arekuwe yabangamira iperereza rikiri gukorwa, cyangwa agatoroka ubutabera, bityo ko agomba gukurikiranwa afungiye mu Igororero rya Nyarugenge.

Ingabire Victoire yatawe muri yombi tariki 19 Kamena 2025,  nyuma y’imyaka irindwi afunguwe ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika, aho yarekuwe muri Nzeri 2018.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 9 =

Previous Post

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Next Post

The Myth of “Hard work pays”

Related Posts

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

by radiotv10
08/08/2025
0

Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali, iratangaza ko yafashe abantu 10 mu Karere ka Nyarugenge bakurikiranyweho ibikorwa by’ubujura bwo gutobora...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
08/08/2025
0

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

by radiotv10
08/08/2025
0

Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda rwahaye ibihano byo guhagarika abanyamategeko 21 bunganira abandi (Abavoka) barimo Me Thierry Kevin Gatete usanzwe azwi...

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

by radiotv10
08/08/2025
0

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwakiriye Umunyarwanda Francois Gasana woherejwe na Norvège kugira ngo aburanishirizwe mu Rwanda ku byaha bya Jenoside...

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

by radiotv10
08/08/2025
0

The National Public Prosecution Authority (NPPA) has confirmed the extradition of Francois Gasana, also known as Franky Dusabe, from the...

IZIHERUKA

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka
MU RWANDA

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

by radiotv10
08/08/2025
0

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

08/08/2025
Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

08/08/2025
Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

08/08/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

08/08/2025
Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
The Myth of “Hard work pays”

The Myth of “Hard work pays”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.