Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro bya Perezida wa Nigeria, Bola Tinubu.
Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida Tinubu yavuze ko barekuwe nyuma y’igikorwa cyakozwe n’ingabo ku bufatanye n’inzego z’ubutasi, ndetse ko biteganyijwe ko ku wa Mbere aba bana bari burare bagezwe iwabo mu murwa mukuru w’Intara ya Niger.
Abo bana bari mu bantu barenga 300 bashimuswe ku ishuri ry’abihaye Imana Gatolika ku wa 21 Ugushyingo. Icyo gihe hari abahise bashobora gucika, mu gihe abandi 100 barekuwe mu ntangiriro z’uku kwezi.
Kugeza ubu, abanyeshuri n’abarimu basaga 35 ni bo batarashobora kuboneka, icyakora abayobozi bavuze ko andi makuru kuri bo azatangazwa mu gihe kiri imbere.
Iki ni kimwe mu bikorwa bikomeye cyane byo gushimuta abantu benshi byabaye muri Nigeria mu myaka ya vuba, kikaba cyarashyize mu mucyo ikibazo gikomeje gukomera cy’umutekano muke mu majyaruguru ya Nigeria, aho imitwe yitwaje intwaro ikunze kwibasira amashuri igamije gusaba ingurane y’amafaranga ku miryango yabo.
Ni mu gihe kandi Perezida Tinubu amaze igihe ashyirwaho igitutu haba imbere mu gihugu cye, ndetse no kuri Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, wamujinje kudashobora kurinda Abakirisitu bo muri Nigeria.
Abayobozi ba Nigeria ntibakunze gutangaza amakuru menshi ku bikorwa byo gutabara abashimuswe, ndetse no gufata abakekwaho ibi byaha. Ndetse amakuru akavuga ko impamvu nyamukuru ari uko akenshi ingurane zishyurwa, n’ubwo abayobozi batemera ku mugaragaro ko bazishyura.
Shemsa UWIMANA
RADIOTV10









