Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru agezweho ku muhanda Kigali-Rwamaga utari nyabagendwa kubera impanuka

radiotv10by radiotv10
25/03/2024
in MU RWANDA
0
Amakuru agezweho ku muhanda Kigali-Rwamaga utari nyabagendwa kubera impanuka
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda Kigali-Rwamagana, wongeye kuba nyabagendwa nyuma y’uko wari wabaye ufunzwe kubera impanuka yabereye mu Murenge wa Musha mu Karere ka Rwamagana, ubwo ikamyo itwara ibikomoka kuri peteroli yagwagamo nyuma yo kugongana n’ivatiri.

Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo kuri  iki Cyumweru tariki 24 Werurwe 2024, yabereye ahazwi nko ku Matafari, aho bikekwa ko yatewe n’umuvuduko mwinshi w’iyi modoka nto y’ivatiri nk’uko byemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara yIburasirazuba SP Hamdun Twizeyimana.

SP Hamdun yavuze ko iyi modoka nto yavuye mu murongo yagenderagamo igasanga ikamyo mu cyerekezo cyayo ikayigonga.

Yagize ati “Byatumye ikamyo ibirinduka igwa mu muhanda ndetse irawufunga. Ntawahaburiye ubuzima uretse uwari utwaye imodoka yo mu bwoko bwa Cororado wakomeretse byoroheje ariko na we yajyanywe ku bitaro kureba niba nta kibazo kindi yagize.”

Ubwo iyi mpanuka yari ikimara kuba, iyi kamyo yibiranduye mu muhanda yawufunze, Polisi yu Rwanda yahise itangaza ko uyu muhanda Kigali-Rwamagana utari nyabagendwa.

Ikamyo yari yibiranduye mu muhanda irawufunga

Mu butumwa yanyuje ku mbuga nkoranyambaga zayo, Polisi yari yagize iti “Turabamenyesha ko kubera impanuka yabereye mu muhanda munini Kigali-Rwamagana ahitwa mu Kabuga ka Musha mu Kagari ka Nyakabanda, mu Murenge wa Musha, mu Karere ka Rwamagana, uyu muhanda ubaye ufunze by’agateganyo.”

Ubutumwa bwa Polisi bwakomezaga bugira buti “Turasaba abakoresha imodoka nto gukoresha umuhanda Nyagasambu Ku Isoko- Paruwasi ya Musha- Kadasumbwa. Abakoresha imodoka nini baraba bihanganye mu gihe imodoka yaguye mu muhanda igikurwamo.”

Mu butumwa bwatanzwe nyuma y’amasaha macye ahagana saa moya n’igice, Polisi y’u Rwanda, yamenyesheje abantu ko uyu muhanda Kigali-Rwamagana wongeye kuba nyabagendwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Kigali: Ibyatangajwe mu gutwara abagenzi hari ibyari byashimishije benshi ariko barategereza baraheba

Next Post

Hagaragajwe igituma imwe mu ndwara zihangayikishije ikomeza gukwirakwira mu Rwanda kandi ivurirwa ubuntu

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

IZIHERUKA

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika
MU RWANDA

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

28/12/2025
Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe igituma imwe mu ndwara zihangayikishije ikomeza gukwirakwira mu Rwanda kandi ivurirwa ubuntu

Hagaragajwe igituma imwe mu ndwara zihangayikishije ikomeza gukwirakwira mu Rwanda kandi ivurirwa ubuntu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.