Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru agezweho ku muhanda Kigali-Rwamaga utari nyabagendwa kubera impanuka

radiotv10by radiotv10
25/03/2024
in MU RWANDA
0
Amakuru agezweho ku muhanda Kigali-Rwamaga utari nyabagendwa kubera impanuka
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda Kigali-Rwamagana, wongeye kuba nyabagendwa nyuma y’uko wari wabaye ufunzwe kubera impanuka yabereye mu Murenge wa Musha mu Karere ka Rwamagana, ubwo ikamyo itwara ibikomoka kuri peteroli yagwagamo nyuma yo kugongana n’ivatiri.

Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo kuri  iki Cyumweru tariki 24 Werurwe 2024, yabereye ahazwi nko ku Matafari, aho bikekwa ko yatewe n’umuvuduko mwinshi w’iyi modoka nto y’ivatiri nk’uko byemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara yIburasirazuba SP Hamdun Twizeyimana.

SP Hamdun yavuze ko iyi modoka nto yavuye mu murongo yagenderagamo igasanga ikamyo mu cyerekezo cyayo ikayigonga.

Yagize ati “Byatumye ikamyo ibirinduka igwa mu muhanda ndetse irawufunga. Ntawahaburiye ubuzima uretse uwari utwaye imodoka yo mu bwoko bwa Cororado wakomeretse byoroheje ariko na we yajyanywe ku bitaro kureba niba nta kibazo kindi yagize.”

Ubwo iyi mpanuka yari ikimara kuba, iyi kamyo yibiranduye mu muhanda yawufunze, Polisi yu Rwanda yahise itangaza ko uyu muhanda Kigali-Rwamagana utari nyabagendwa.

Ikamyo yari yibiranduye mu muhanda irawufunga

Mu butumwa yanyuje ku mbuga nkoranyambaga zayo, Polisi yari yagize iti “Turabamenyesha ko kubera impanuka yabereye mu muhanda munini Kigali-Rwamagana ahitwa mu Kabuga ka Musha mu Kagari ka Nyakabanda, mu Murenge wa Musha, mu Karere ka Rwamagana, uyu muhanda ubaye ufunze by’agateganyo.”

Ubutumwa bwa Polisi bwakomezaga bugira buti “Turasaba abakoresha imodoka nto gukoresha umuhanda Nyagasambu Ku Isoko- Paruwasi ya Musha- Kadasumbwa. Abakoresha imodoka nini baraba bihanganye mu gihe imodoka yaguye mu muhanda igikurwamo.”

Mu butumwa bwatanzwe nyuma y’amasaha macye ahagana saa moya n’igice, Polisi y’u Rwanda, yamenyesheje abantu ko uyu muhanda Kigali-Rwamagana wongeye kuba nyabagendwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − sixteen =

Previous Post

Kigali: Ibyatangajwe mu gutwara abagenzi hari ibyari byashimishije benshi ariko barategereza baraheba

Next Post

Hagaragajwe igituma imwe mu ndwara zihangayikishije ikomeza gukwirakwira mu Rwanda kandi ivurirwa ubuntu

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe igituma imwe mu ndwara zihangayikishije ikomeza gukwirakwira mu Rwanda kandi ivurirwa ubuntu

Hagaragajwe igituma imwe mu ndwara zihangayikishije ikomeza gukwirakwira mu Rwanda kandi ivurirwa ubuntu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.