Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru agezweho ku muhanda Kigali-Rwamaga utari nyabagendwa kubera impanuka

radiotv10by radiotv10
25/03/2024
in MU RWANDA
0
Amakuru agezweho ku muhanda Kigali-Rwamaga utari nyabagendwa kubera impanuka
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda Kigali-Rwamagana, wongeye kuba nyabagendwa nyuma y’uko wari wabaye ufunzwe kubera impanuka yabereye mu Murenge wa Musha mu Karere ka Rwamagana, ubwo ikamyo itwara ibikomoka kuri peteroli yagwagamo nyuma yo kugongana n’ivatiri.

Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo kuri  iki Cyumweru tariki 24 Werurwe 2024, yabereye ahazwi nko ku Matafari, aho bikekwa ko yatewe n’umuvuduko mwinshi w’iyi modoka nto y’ivatiri nk’uko byemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara yIburasirazuba SP Hamdun Twizeyimana.

SP Hamdun yavuze ko iyi modoka nto yavuye mu murongo yagenderagamo igasanga ikamyo mu cyerekezo cyayo ikayigonga.

Yagize ati “Byatumye ikamyo ibirinduka igwa mu muhanda ndetse irawufunga. Ntawahaburiye ubuzima uretse uwari utwaye imodoka yo mu bwoko bwa Cororado wakomeretse byoroheje ariko na we yajyanywe ku bitaro kureba niba nta kibazo kindi yagize.”

Ubwo iyi mpanuka yari ikimara kuba, iyi kamyo yibiranduye mu muhanda yawufunze, Polisi yu Rwanda yahise itangaza ko uyu muhanda Kigali-Rwamagana utari nyabagendwa.

Ikamyo yari yibiranduye mu muhanda irawufunga

Mu butumwa yanyuje ku mbuga nkoranyambaga zayo, Polisi yari yagize iti “Turabamenyesha ko kubera impanuka yabereye mu muhanda munini Kigali-Rwamagana ahitwa mu Kabuga ka Musha mu Kagari ka Nyakabanda, mu Murenge wa Musha, mu Karere ka Rwamagana, uyu muhanda ubaye ufunze by’agateganyo.”

Ubutumwa bwa Polisi bwakomezaga bugira buti “Turasaba abakoresha imodoka nto gukoresha umuhanda Nyagasambu Ku Isoko- Paruwasi ya Musha- Kadasumbwa. Abakoresha imodoka nini baraba bihanganye mu gihe imodoka yaguye mu muhanda igikurwamo.”

Mu butumwa bwatanzwe nyuma y’amasaha macye ahagana saa moya n’igice, Polisi y’u Rwanda, yamenyesheje abantu ko uyu muhanda Kigali-Rwamagana wongeye kuba nyabagendwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 17 =

Previous Post

Kigali: Ibyatangajwe mu gutwara abagenzi hari ibyari byashimishije benshi ariko barategereza baraheba

Next Post

Hagaragajwe igituma imwe mu ndwara zihangayikishije ikomeza gukwirakwira mu Rwanda kandi ivurirwa ubuntu

Related Posts

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe igituma imwe mu ndwara zihangayikishije ikomeza gukwirakwira mu Rwanda kandi ivurirwa ubuntu

Hagaragajwe igituma imwe mu ndwara zihangayikishije ikomeza gukwirakwira mu Rwanda kandi ivurirwa ubuntu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.