Thursday, September 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru agezweho ku watangaje ibihuha bica igikuba cy’ibyo yavugaga ko byabaye i Musanze

radiotv10by radiotv10
04/09/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 36 y’amavuko uherutse gutangaza amakuru y’ibinyoma aca igikuba, akoresheje YouTube, avuga ko ko i Musanze hatewe igisasu, yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda.

Uyu mugabo akoresheje umuyoboro wa YouTube Channel, aherutse kuvuga ko mu Karere ka Musanze, hatewe igisasu, bigatuma urusengero rugwira abantu, bamwe bakahasiga ubuzima, abandi bagakomereka.

Nyuma yo gutangaza aya makuru y’ibinyoma aca igikuba, Polisi y’u Rwanda yahise itangira kumushakisha, kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Nzeri 2025 afatirwa mu Karere ka Burera mu Murenge wa Butaro mu Kagari ka Mubuga.

Amakuru y’ifatwa ry’uyu mugabo, yemejwe na IP Ignace Ngirabakunzi, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru.

IP Ignace Ngirabakunzi watangaje ko nyuma yuko polisi ifashe uyu mugabo, yahise imushyikiriza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya Butaro. Ati “Akurikiranyweho gutangaza ibinyoma bica igikuba mu baturage.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, yaboneyeho kugira inama abantu bose babasha gukoresha uburyo nka buriya bwa YouTube batanga ibitekerezo, ko bakwiye “kubikora mu buryo bwiza, aho gukwiza ibihuha bisenya Igihugu, bikanakura umutima abaturage.”

IP Ignace Ngirabakunzi yakomeje avuga ko uburyo bwose abantu bakoresha basenya banatangaza “ibinyoma bisenya, bica igikuba ndetse bigatera ubwoba, ntabwo bishobora kwemerwa n’uwo ari we wese” bityo ko uzabikora wese azafatwa akabihanirwa hagendewe ku mategeko.

IP Ngirabakunzi ati “Ni yo mpamvu n’uriya yashyikirijwe inzego zishinzwe kumukurikirana.”

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga byumwihariko imiyoboro ya YouTube, bakunze kuburirwa kenshi ko bakwiye kwirinda gutangaza amakuru y’ibihuha, ndetse ababikoze bamwe bakaba barafashwe bakabiryozwa n’ubutabera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − three =

Previous Post

IFOTO: Hagaragajwe ikimenyetso gishimangira ko abasirikare b’u Burundi bakomeje kwinjira muri Congo guhangana na AFC/M23

Next Post

Inkuru ibabaje kuri Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’

Related Posts

Ibyo wamenya ku ndege zitwara-Drone zizakora nka Taxi mu Rwanda bibaye bwa mbere muri Afurika

Ibyo wamenya ku ndege zitwara-Drone zizakora nka Taxi mu Rwanda bibaye bwa mbere muri Afurika

by radiotv10
04/09/2025
0

Mu Rwanda hamuritswe umushinga w’ikoreshwa ry’indege nto zitagira abapilote zizakora nka taxi zitwara abagenzi, aho iki Gihugu kibaye icya 21...

Eng.- VIDEO: Inside the RDF’s battle against terrorists in Cabo Delgado

Eng.- VIDEO: Inside the RDF’s battle against terrorists in Cabo Delgado

by radiotv10
04/09/2025
0

A video has been released showing the operations of Rwandan Defense Forces (RDF) alongside Mozambican forces in the fight against...

Ingabo z’u Rwanda zagobotse abayobozi b’ibanze muri Mozambique zibaha inyoroshyarugendo

Ingabo z’u Rwanda zagobotse abayobozi b’ibanze muri Mozambique zibaha inyoroshyarugendo

by radiotv10
04/09/2025
0

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, zahaye amagare abayobozi bo mu nzego z’ibanze...

Uwa mbere mu basitari bitabiriye ibirori byo KwitaIzina yageze mu Rwanda

Uwa mbere mu basitari bitabiriye ibirori byo KwitaIzina yageze mu Rwanda

by radiotv10
03/09/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago, Bacary Sagna wakiniye Ikipe ya Arsenal n’iy’Igihugu y’u Bufaransa, yageze mu Rwanda yitabiriye ibirori byo Kwita Izina...

Hatangajwe umuhanda umwe muri Kigali uzamara amasaha abiri ufunze n’impamvu

Hatangajwe umuhanda umwe muri Kigali uzamara amasaha abiri ufunze n’impamvu

by radiotv10
03/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko hari igice cy’umuhanda umwe mu gace k’i Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge uzamara amasaha abiri...

IZIHERUKA

Ibikubiye mu itangazo ryasohowe na AFC/M23 ku biri kubera muri Uvira na Ituri
AMAHANGA

Ibikubiye mu itangazo ryasohowe na AFC/M23 ku biri kubera muri Uvira na Ituri

by radiotv10
04/09/2025
0

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

04/09/2025
Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika

Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika

04/09/2025
Inkuru ibabaje kuri Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’

Inkuru ibabaje kuri Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’

04/09/2025

Amakuru agezweho ku watangaje ibihuha bica igikuba cy’ibyo yavugaga ko byabaye i Musanze

04/09/2025
IFOTO: Hagaragajwe ikimenyetso gishimangira ko abasirikare b’u Burundi bakomeje kwinjira muri Congo guhangana na AFC/M23

IFOTO: Hagaragajwe ikimenyetso gishimangira ko abasirikare b’u Burundi bakomeje kwinjira muri Congo guhangana na AFC/M23

04/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru ibabaje kuri Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’

Inkuru ibabaje kuri Gogo wamenyekanye mu ndirimbo 'Blood of Jesus'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibikubiye mu itangazo ryasohowe na AFC/M23 ku biri kubera muri Uvira na Ituri

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.