Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho kuri Baltasar wabaye ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga

radiotv10by radiotv10
08/11/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Amakuru agezweho kuri Baltasar wabaye ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Baltasar Ebang Engonga wagarutsweho cyane ku mbuga nkoranyambaga nyuma yuko hagaragaye amashusho yafatwaga ubwo yakoranaga imibonano mpuzabitsina n’abagore 400 barimo abakomeye mu Gihugu cya Equatorial Guinea, yamaze kwirukanwa ku mwanya yari afite mu nzego nkuru.

Baltasar yavuzweho cyane ku Migabane yose y’Isi, kubera iyi nkuru idasanzwe imuvugwaho y’aya mashusho yafatwaga ubwo yabaga ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’abagore b’abayobozi bakomeye, barimo mushiki wa Perezida w’iki Gigugu cya Equatorial Guinea ndetse n’uw’Umuyobozi Mukuru wa Polisi na bamwe mu bagore b’Abaminisitiri.

Uyu mugabo usanzwe afite umugore n’abana batandatu, yari asanzwe ari Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’imari (National Financial Investigation Agency), ndetse amashusho amwe yafatwaga ubwo yasambaniraga n’abo bagore mu biro bye.

Hagaragaye amashusho uyu mugabo Baltasar Ebang Engonga afungiye muri Gereza ya Malabo, aho akurikiranyweho ibyaha birimo imicungire mibi y’imari y’Igihugu, dore ko ubwo hakorwaga iperereza kuri we, ari na bwo hatahuwe ariya mashusho yatumye agarukwaho cyane.

Perezida wa, Equatorial Guinea Teodoro Obiang Nguema yamaze kwirukana uyu Baltasar ku nshingano ze zo kuba Umuyobozi Mukuru w’ikigo gishinzwe Iperereza mu by’imari.

Bamwe mu bagore baryamanye n’uyu mugabo kandi bavuze ko ifatwa ry’ariya mashusho bari baryumvikanyeho, ariko ko yari yamusezeranyije ko azahita ayasiba.

Umushinjacyaha Mukuru muri Equatorial Guinea yatangaje ko mu gihe ibizamini byo kwa muganga bizagaragaza ko afite indwara yandurira mu mibonano mpuzabitsina, azakurikiranwa n’Ubushinjacyaha, aho azaba ashinjwa gushaka kubangamira ubuzima rusange.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 6 =

Previous Post

Rwanda: Abanyeshuri bujuje ukwezi bisanze mu myigire y’ihurizo rikomeye

Next Post

Narabibonaga ariko simbyumve-Perezida Kagame yavuze icyo yatekerezaga ku bibazo byamugize impunzi afite imyaka 4

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Narabibonaga ariko simbyumve-Perezida Kagame yavuze icyo yatekerezaga ku bibazo byamugize impunzi afite imyaka 4

Narabibonaga ariko simbyumve-Perezida Kagame yavuze icyo yatekerezaga ku bibazo byamugize impunzi afite imyaka 4

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.