Babiri bahoze mu ngabo z’u Rwanda barimo uwari ufite ipeti rya Major n’uwari ufite irya Captain, bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bwakorwaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Karere ka Nyanza, Dosiye yabo yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha.
Abaregwa muri iyi dosiye, barimo Major (Rtd) Rugamba Robert na Captain (Rtd) Jean Paul Munyabarenzi, batangiye gukurikiranwaho ibyaha nyuma y’ibyabaye kuri Kompanyi y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro izwi nka ALMAHA ikorera mu Murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza, yatewe n’abagizi ba nabi, ndetse bagakomeretsa bamwe mu bantu.
Aba bombi bari batawe muri yombi, ariko Major (Rtd) Rugamba Robert aza kurekurwa by’agateganyo ku mpamvu z’uburwayi, mu gihe Rtd Captain Jean Paul Munyabarenzi yakomeje gufungirwa kuri Sitasiyo ya RIB ya Busasamana mu Karere ka Nyanza.
Ubwo kiriya gikorwa cy’ubugizi bwa nabi cyakorerwaga iri Kompanyi, hahise hatabwa muri yombi abantu 17, ndetse Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rukomeza iperereza, runakora dosiye ndetse amakuru ahari ubu dukesha ikinyamakuru cyitwa Umuseke, avuga ko ikirego cyabo cyamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha ngo buzabaregere Urukiko rubifitiye ububasha.
Amakuru avuga ko abakozi umunani mu bakomerekejwe na bariya bagizi ba nabi, bari abakozi b’aba bahoze mu Ngabo z’u Rwanda, Major (Rtd) Rugamba Robert na Captain (Rtd) Jean Paul Munyabarenzi.
Uretse gukomeretsa abantu umunani ubwo bariya bagizi ba nabi bateraga iriya Kompanyi ya ALMAHA, banibye ibilo 200 by’amabuye y’agaciro ndetse n’amafaranga atarahise atangazwa umubare.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye yari yatangaje ko nyuma yuko hari habanje gufatwa abantu 17, haje gutabwa muri yombi abandi, aho yari yagize ati “Twafashe abandi barindwi bose bari gukurikiranwa mu mategeko n’inzego zibishinzwe.”
RADIOTV10