Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho mu biganiro by’i Doha hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo

radiotv10by radiotv10
18/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amakuru agezweho mu biganiro by’i Doha hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Qatar yatangaje ko yoherereje iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 umushinga w’amasezerano agomba gusinywa hagati y’impande zombi, agamije guhagarika imirwano, nyuma yuko itariki yagombaga gusinyirwaho idakunze.

Byatangajwe na Guverinoma ya Qatar kuri iki Cyumweru tariki 17 Kanama 2025, habura amasaha macye ngo itariki yari yateganyijweho gusinya aya masezerano ngo igere kuri uyu wa 18 Kanama.

Ubuyobozi bwa Qatar kandi bwatangaje ko bwiteguye kwakira ibindi biganiro bigomba guhuza Guverinoma ya DRC n’Ihuriro AFC/M23 bibera i Doha.

Umuyobozi muri Qatar ukomeje kugira uruhare mu buhuza muri ibi biganiro, yatangaje ko “kohereza umushinga w’aya masezerano y’amahoro hagati y’impande zombi, biri mu murongo wo gukomeza ibiganiro by’i Doha” kandi ko hateganyijwe “ibindi biganiro by’ingenzi by’imishyikirano” mu gihe cya vuba.

Ni mu gihe Guverinoma ya Congo n’Ihuriro AFC/M23, tariki 19 Nyakanga 2025 bari bashyize umukono ku mahame yagombaga kugena amasezerano y’amahoro yari gushyirwaho umukono none tariki 18 Kanama 2025.

Guverinoma ya Qatar yatangaje ko itariki yari yemejwe yo gisinyiraho aya masezerano itakunze ariko “Impande zombi zamenyesheje umuhuza ibiri mu murongo mwiza kandi zigaragaza ubushake bwo gukomeza ibiganiro by’imishyikirano.”

Uyu muyobozi wo muri Guverinoma ya Qatar yagize ati “Tuzi ko hari imbogamizi ziri ahari ibibazo kandi twizeye ko zishobora gukemuka vuba binyuze mu biganiro n’umuhate impande zombi zakwiyemeza.”

Ibiganiro bihuza Leta ya Congo Kinshasa n’Ihuriro AFC/M23, icyiciro cya gatandatu, nticyabashije kugerwaho, nyuma yuko impande zombi zishinjanye kurenga ku bikubiye muri ariya mahame ziherutse gushyiraho umukono

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, kuri iki Cyumweru yagaragaje kandi ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga kuri ariya mahame, aho rwagabye ibitero mu bice bituwe n’abaturage benshi mu Ntara ya Kivu y’Epfo, nko muri Nzimbira na Kanyola.

Uyu Muvugizi wa AFC/M23 kandi, kuri iki Cyumweru yasohoye itangazo rigaragaza ko iri Huriro rigifite ubushake bwo gukomeza kwitabira ibi biganiro by’i Doha.

Qatar yatangaje ko ibiganiro bigiye gusubukurwa mu gihe cya vuba

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 4 =

Previous Post

Eng.-Updates on Doha talks between AFC/M23 and the DRC Government

Next Post

Hatangajwe itariki yo gutangiriraho amashuri n’iyo gutangarizaho amanota y’ibizamini bya Leta

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe itariki yo gutangiriraho amashuri n’iyo gutangarizaho amanota y’ibizamini bya Leta

Hatangajwe itariki yo gutangiriraho amashuri n’iyo gutangarizaho amanota y’ibizamini bya Leta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.