Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho muri M23 nyuma yo gukozanyaho na Wazalendo

radiotv10by radiotv10
04/11/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yaramutse ikora ikindi gikorwa kigaragaza ko igikomeye imbere ya FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wafashe agace ka Kamandi-Gite ko muri Teritwari ya Lubero, kari karagizwe indiri n’umutwe wa Wazalendo ufatanya n’igisirikare cya Congo (FARDC).

Agace kafashwe na M23, ni akitwa Kamandi-Gite gaherereye mu burengerazuba bw’Ikiyaga cya Edouard, muri Sheferi ya Batangi, muri Teritwari ya Lubero.

Aka gace kari mu maboko ya M23 kuva kuri iki Cyumweru tariki 03 Ugushyingo 2024, nyuma yo kugafata ibanje gukozanyaho mu mirwano ikomeye yabaye mu gitondo cya kare kuri uwo munsi yabereye mu bilometero bicye uvuye muri Kamandi-Gite.

Gusa ntiharatangazwa umubare w’abaguye muri iyi mirwano yatangiye saa cyenda z’urukerero rwo kuri iki Cyumweru, ikabera hafi y’aka gace ka Kamadi-Gite byarangiye gafashwe n’uyu mutwe wa M23.

Muri iyi mirwano yari ikomeye, umutwe wa M23 kandi wanagabye ibitero ku barwanyi b’umutwe wa Wazalendo ufatanya n’igisirikare cya Congo, ukomeje gukorera abaturage ibikorwa by’urugomo, aho wanagenzuraga aka gace.

Gufata aka gace ka Kamandi-Gite ko muri Teritwari ya Lubero, kazafasha uyu mutwe wa M23 kugenzura ibice byose byo mu majyepfo y’iyi Teritwari, ndetse n’ibice byose by’igice cy’amajyepfo ashyira uburengerazuba bw’Ikiyaga cya Edouard, gihuza iyi Teritwari y’iya Rutshuru.

Amakuru ava muri aka gace, kandi avuga ko abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo, bahise bajya gushinga ibirindiro ku misozi ikikihe aka gace ka Kamandi-Gite, kugira ngo bajye kwisuganya ngo na bo bagabe ibitero kuri M23 kugira ngo bisubize aka gace.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + seven =

Previous Post

Inkuru y’akababaro yerecyeye uwakoze ibikorwa byamamaye muri muzika ku Isi

Next Post

Ibirambuye ku muntu wa mbere wanduye Marburg mu Rwanda n’uko yakwirakwiye

Related Posts

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku muntu wa mbere wanduye Marburg mu Rwanda n’uko yakwirakwiye

Ibirambuye ku muntu wa mbere wanduye Marburg mu Rwanda n’uko yakwirakwiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.