Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru arambuye ku mugabo wagaragaye akubitana ubugome umugore mu ruhame bikababaza ababibonye

radiotv10by radiotv10
25/11/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru arambuye ku mugabo wagaragaye akubitana ubugome umugore mu ruhame bikababaza ababibonye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wagaragaye mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga akubitira umugore mu ruhame, byaje kumumenyekana ko yahoze ari Umukozi w’Imana mu Karere ka Kayonza, akaba yaramaze gutabwa muri yombi.

Ni nyuma yuko mu cyumweru twaraye dusoje ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’umugabo ari gukubitira umugore mu isoko ry’imbuto riherereye mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza.

Ibi byabaye ku wa Gatatu tariki 20 Ugushyingo 2024, ndetse biza gusakara ku mbuga nkoranyambaga, aho uwitwa Clement Musinga yari yashyize aya mashusho kuri X [Twitter] asaba ko uwakoze ibi akwiye kubihanirwa.

Mu butumwa buherekeje aya mashusho, Clement Musinga yari yagize ati “hari ibintu rwose muri iki kinyejana bidakwiye, by’umwihariko mu Gihugu cyacu. Ubundi mu busanzwe umutegarugori ni umubyeyi ugomba kubahwa, ibi bintu ntabwo bikwiye ku mutegarugori w’Umunyarwandakazi.”

Mu gusubiza ubu butumwa, Polisi y’u Rwanda yari yagize iti “Uwagaragaye mu mashusho akubita uyu mudamu yarafashwe afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mukarange muri Kayonza mu gihe dosiye irimo gukorwa kugira ngo ashyikirizwe ubutabera.”

Uyu mubyeyi wakubitwara, ni Kazayire Joselyne w’imyaka 48 y’amavuko, aho yakubiswe n’uwitwa Tumusifu John, ubwo yari ari kumwishyuza amafaranga ibihumbi 40 Frw, undi aho kumwishyura aramwadukira aramukubira.

Aba bombi basanzwe baziranye dore ko uwakubiswe, yari asanzwe asengana n’uwamuhohoteye, kuko yari Pasiteri we, banahurira mu byumba by’amasengesho.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana, yatangaje ko uyu Tumusifu asanzwe akora muri Kompanyi ya Trinity y’imodoka zitwara abagenzi muri Uganda.

SP Hamdun Twizeyimana uvuga ko nyuma yuko aya makuru amenyekanye nyuma y’amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga, Tumusifu yatawe muri yombi, mu gihe Joselyne na we yoherejwe ku Bitaro bya Gahini kugira ngo yitabweho n’abaganga.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba yaboneyeho kugira inama, abantu bafite ibyo batumvikanyeho, kwirinda gukora ibikorwa nk’ibi bigize ibyaha.

Ati “Ntabwo gukubita no gukomeretsa ari cyo gisubizo, ahubwo bakwiye kugana inzego zibifite mu nshingano zikabakiranura. Tuributsa buri Muturarwanda kutarebera urugomo rukorwa ahubwo bakwiye kubagira inama cyangwa bakabakiranura aho gushungera kandi bagatanga amakuru yihuse.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Hari ahadutse ingeso y’ibyo abagabo bakora bagishaka ituma zimwe mu ngo zisenyuka rugikubita

Next Post

Byashenguye benshi: Ibizibukirwa kuri nyakwigendera wahitanywe n’impanuka y’imodoka yari itwaye abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Byashenguye benshi: Ibizibukirwa kuri nyakwigendera wahitanywe n’impanuka y’imodoka yari itwaye abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

Byashenguye benshi: Ibizibukirwa kuri nyakwigendera wahitanywe n’impanuka y’imodoka yari itwaye abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.