Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru arambuye ku mugabo wagaragaye akubitana ubugome umugore mu ruhame bikababaza ababibonye

radiotv10by radiotv10
25/11/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru arambuye ku mugabo wagaragaye akubitana ubugome umugore mu ruhame bikababaza ababibonye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wagaragaye mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga akubitira umugore mu ruhame, byaje kumumenyekana ko yahoze ari Umukozi w’Imana mu Karere ka Kayonza, akaba yaramaze gutabwa muri yombi.

Ni nyuma yuko mu cyumweru twaraye dusoje ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’umugabo ari gukubitira umugore mu isoko ry’imbuto riherereye mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza.

Ibi byabaye ku wa Gatatu tariki 20 Ugushyingo 2024, ndetse biza gusakara ku mbuga nkoranyambaga, aho uwitwa Clement Musinga yari yashyize aya mashusho kuri X [Twitter] asaba ko uwakoze ibi akwiye kubihanirwa.

Mu butumwa buherekeje aya mashusho, Clement Musinga yari yagize ati “hari ibintu rwose muri iki kinyejana bidakwiye, by’umwihariko mu Gihugu cyacu. Ubundi mu busanzwe umutegarugori ni umubyeyi ugomba kubahwa, ibi bintu ntabwo bikwiye ku mutegarugori w’Umunyarwandakazi.”

Mu gusubiza ubu butumwa, Polisi y’u Rwanda yari yagize iti “Uwagaragaye mu mashusho akubita uyu mudamu yarafashwe afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mukarange muri Kayonza mu gihe dosiye irimo gukorwa kugira ngo ashyikirizwe ubutabera.”

Uyu mubyeyi wakubitwara, ni Kazayire Joselyne w’imyaka 48 y’amavuko, aho yakubiswe n’uwitwa Tumusifu John, ubwo yari ari kumwishyuza amafaranga ibihumbi 40 Frw, undi aho kumwishyura aramwadukira aramukubira.

Aba bombi basanzwe baziranye dore ko uwakubiswe, yari asanzwe asengana n’uwamuhohoteye, kuko yari Pasiteri we, banahurira mu byumba by’amasengesho.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana, yatangaje ko uyu Tumusifu asanzwe akora muri Kompanyi ya Trinity y’imodoka zitwara abagenzi muri Uganda.

SP Hamdun Twizeyimana uvuga ko nyuma yuko aya makuru amenyekanye nyuma y’amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga, Tumusifu yatawe muri yombi, mu gihe Joselyne na we yoherejwe ku Bitaro bya Gahini kugira ngo yitabweho n’abaganga.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba yaboneyeho kugira inama, abantu bafite ibyo batumvikanyeho, kwirinda gukora ibikorwa nk’ibi bigize ibyaha.

Ati “Ntabwo gukubita no gukomeretsa ari cyo gisubizo, ahubwo bakwiye kugana inzego zibifite mu nshingano zikabakiranura. Tuributsa buri Muturarwanda kutarebera urugomo rukorwa ahubwo bakwiye kubagira inama cyangwa bakabakiranura aho gushungera kandi bagatanga amakuru yihuse.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Hari ahadutse ingeso y’ibyo abagabo bakora bagishaka ituma zimwe mu ngo zisenyuka rugikubita

Next Post

Byashenguye benshi: Ibizibukirwa kuri nyakwigendera wahitanywe n’impanuka y’imodoka yari itwaye abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

Related Posts

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Byashenguye benshi: Ibizibukirwa kuri nyakwigendera wahitanywe n’impanuka y’imodoka yari itwaye abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

Byashenguye benshi: Ibizibukirwa kuri nyakwigendera wahitanywe n’impanuka y’imodoka yari itwaye abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.