Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru arambuye ku mugabo wagaragaye akubitana ubugome umugore mu ruhame bikababaza ababibonye

radiotv10by radiotv10
25/11/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru arambuye ku mugabo wagaragaye akubitana ubugome umugore mu ruhame bikababaza ababibonye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wagaragaye mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga akubitira umugore mu ruhame, byaje kumumenyekana ko yahoze ari Umukozi w’Imana mu Karere ka Kayonza, akaba yaramaze gutabwa muri yombi.

Ni nyuma yuko mu cyumweru twaraye dusoje ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’umugabo ari gukubitira umugore mu isoko ry’imbuto riherereye mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza.

Ibi byabaye ku wa Gatatu tariki 20 Ugushyingo 2024, ndetse biza gusakara ku mbuga nkoranyambaga, aho uwitwa Clement Musinga yari yashyize aya mashusho kuri X [Twitter] asaba ko uwakoze ibi akwiye kubihanirwa.

Mu butumwa buherekeje aya mashusho, Clement Musinga yari yagize ati “hari ibintu rwose muri iki kinyejana bidakwiye, by’umwihariko mu Gihugu cyacu. Ubundi mu busanzwe umutegarugori ni umubyeyi ugomba kubahwa, ibi bintu ntabwo bikwiye ku mutegarugori w’Umunyarwandakazi.”

Mu gusubiza ubu butumwa, Polisi y’u Rwanda yari yagize iti “Uwagaragaye mu mashusho akubita uyu mudamu yarafashwe afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mukarange muri Kayonza mu gihe dosiye irimo gukorwa kugira ngo ashyikirizwe ubutabera.”

Uyu mubyeyi wakubitwara, ni Kazayire Joselyne w’imyaka 48 y’amavuko, aho yakubiswe n’uwitwa Tumusifu John, ubwo yari ari kumwishyuza amafaranga ibihumbi 40 Frw, undi aho kumwishyura aramwadukira aramukubira.

Aba bombi basanzwe baziranye dore ko uwakubiswe, yari asanzwe asengana n’uwamuhohoteye, kuko yari Pasiteri we, banahurira mu byumba by’amasengesho.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana, yatangaje ko uyu Tumusifu asanzwe akora muri Kompanyi ya Trinity y’imodoka zitwara abagenzi muri Uganda.

SP Hamdun Twizeyimana uvuga ko nyuma yuko aya makuru amenyekanye nyuma y’amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga, Tumusifu yatawe muri yombi, mu gihe Joselyne na we yoherejwe ku Bitaro bya Gahini kugira ngo yitabweho n’abaganga.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba yaboneyeho kugira inama, abantu bafite ibyo batumvikanyeho, kwirinda gukora ibikorwa nk’ibi bigize ibyaha.

Ati “Ntabwo gukubita no gukomeretsa ari cyo gisubizo, ahubwo bakwiye kugana inzego zibifite mu nshingano zikabakiranura. Tuributsa buri Muturarwanda kutarebera urugomo rukorwa ahubwo bakwiye kubagira inama cyangwa bakabakiranura aho gushungera kandi bagatanga amakuru yihuse.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 16 =

Previous Post

Hari ahadutse ingeso y’ibyo abagabo bakora bagishaka ituma zimwe mu ngo zisenyuka rugikubita

Next Post

Byashenguye benshi: Ibizibukirwa kuri nyakwigendera wahitanywe n’impanuka y’imodoka yari itwaye abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?
IBYAMAMARE

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Byashenguye benshi: Ibizibukirwa kuri nyakwigendera wahitanywe n’impanuka y’imodoka yari itwaye abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

Byashenguye benshi: Ibizibukirwa kuri nyakwigendera wahitanywe n’impanuka y’imodoka yari itwaye abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.