Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru atunguranye ku biganiro byagombaga guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

radiotv10by radiotv10
09/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ibiganiro by’imishyikirano byagombaga guhuza Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro AFC/M23 i Doha muri Qatar, byasubitswe ku mpamvu itaramenyekana.

Ibi biganiro byagombaga guhuza AFC/M23 n’Ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, byari biteganyijwe kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Mata 2025, ariko amakuru yamenyekanye, avuga ko byasubitswe.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, bivuga ko ibi biganiro byasubitswe ku mpamtu itaramenyekana, kandi n’igihe byimuriwe kikaba kitaratangazwa.

Reuters ivuga kandi ko kugeza ku wa Mbere w’iki cyumweru, izi mpande zombi zagombaga kwitabira ibi biganiro, nta na rumwe rwari rwagahagawe ubutumire bwo kubijyamo i Doha muri Qatar, ku buryo isubikwa ryabyo “bigaragara ko ari ikibazo cy’imitegurire.”

Amakuru yari yatangajwe, yavugaga ko Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwamaze gushyikiriza Guverinoma ya Qatar nk’umuhuza ibyo iri Huriro ryifuza ko bigomba gushakirwa umuti.

Iri Huriro ryavugaga ko rigomba kugaragarizwa ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwitabiriye ibi biganiro bubifitemo ubushake, ndetse n’ishingir0 ry’icyizere ko imyanzuro izabifatirwamo izubahirizwa.

Ibi biganiro byagombaga kuba kuri uyu wa Gatatu, ni byo byari kuba bibaye ibya mbere kuva M23 yakubura imirwano, ndetse bikaba byari byitezweho kuvamo umurongo w’inzira yo gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.

Ibi biganiro byari bigiye kuba imbonankubone hagati ya Guverinoma ya Congo n’ubuyobozi bwa AFC/M23, byabanjirijwe n’ubutumire bwa buri mpande zirebwa n’ibi bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, zagiye zohereza intumwa i Doha muri Qatar mu bihe bitandukanye.

Amakuru avuga ko hagiye hoherezwa inzobere mu bijyanye n’ubutasi, mu bya gisirikare ndetse n’abasesenguzi mu bya Politiki, bagiye bakirwa na Guverinoma ya Qatar mu rwego rwo gutegura ibi biganiro byasubitswe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + nineteen =

Previous Post

Icyo Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wo muri America unaherutse guhura na Tshisekedi

Next Post

Ubutumwa bw’ihumure Ukuriye Kiliziya Gatulika mu Rwanda yageneye Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

22/12/2025
UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

21/12/2025
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bw’ihumure Ukuriye Kiliziya Gatulika mu Rwanda yageneye Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubutumwa bw’ihumure Ukuriye Kiliziya Gatulika mu Rwanda yageneye Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.