Sunday, October 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

radiotv10by radiotv10
14/08/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye
Share on FacebookShare on Twitter

Haravugwa imirwano muri Gurupoma ya Kisimba muri Teritwari ya Walikare muri Kivu ya Ruguru, ihanganishije abarwanyi ba AFC/M23 n’uruhande bahanganye rurimo abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo.

Amakuru aturuka muri aka gace kabereyemo imirwano kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Kanama 2025, avuga ko imirwano yabaye nyuma yuko abarwanyi ba AFC/M23 bagabye igitero mu gace ka Buhimba muri Gurupoma ya Kisimba, kari kugenzurwa n’abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo ukomeje kurangwa n’ibikorwa bibangamira abaturage.

Ikinyamakuru ACTUALITE.CD dukesha aya makuru, gitangaza ko abatuye muri aka gace bavuga ko iki gitero cyagabwe ahagana saa cyenda z’umugoroba, aho AFC/M23 yari igamije kwigizayo abarwanyi ba Wazalendo bamaze igihe bahafite ibirindiro.

Amakuru avuga ko AFC/M23 itabashije kwirukana abarwanyi b’uyu mutwe wa Wazalendo urwanirira uruhande rwa Leta ya Congo, kuko kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, bari bakomeje kuba bakiri muri aka gace ka Buhimba, gusa umwuka ukaba ukomeje gutera impungenge ko isana n’isaha rwakwambikana, aho impande zombi ziryamiye amajanja.

Ihuriro AFC/M23 riherutse gushyira hanze itangazo, rigaragaza impungenge ritewe n’ibikorwa by’ubutegetsi bwa Congo bukomeje gukoresha ababurwanirira mu bikorwa bibangamira abaturage.

Iri huriro kandi ryatangaje ko ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje gukaza ubukana bw’amakimbirane, kuko buri kugaragaza ko bugishyize imbere inzira y’imirwano, aho bwohereje abasirikare n’intwaro za rutura mu bice binyuranye ari na ko bagaba ibitero.

AFC/M23 ishinja ubutegetsi bwa Congo kurenga ku mahame impande zombi ziherutse gusinyira i Doha muri Qatar, ivuga ko muri iyi mirwano hanakomeje gukoreshwa abarwanyi b’imitwe irimo FDLR, ndetse n’Imbonerakure zo mu Burundi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − three =

Previous Post

Gen.Muhoozi yagaragaje kwicuza ku byo yagomeyeho umubyeyi we Perezida Museveni

Next Post

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

Related Posts

Amakuru akomeje kuza ari incamugongo ku mibare y’abagiriye ibyago aho basengeraga muri Ethiopia

Amakuru akomeje kuza ari incamugongo ku mibare y’abagiriye ibyago aho basengeraga muri Ethiopia

by radiotv10
03/10/2025
0

Nyuma n’impanuka y’urusengero rwubakwaga mu Karere ka Amhara muri Ethiopia rugwiriye abantu bari mu masengesho, imibare y’abo yahitanye ndetse n’abakomeretse...

Igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila wayoboye Congo gikomeje guhagurukirwa

Igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila wayoboye Congo gikomeje guhagurukirwa

by radiotv10
02/10/2025
0

Nyuma yuko Urukiko Rukuru rwa Gisirikare i Kinshasa rukatiye igihano cy’urupfu Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

by radiotv10
01/10/2025
0

Umuhuzabikorwa Wungirije wa AFC/M23, Betrand Bisimwa yatangaje ko gukatira igihano cy’urupfu Joseph Kabila wabaye Perezida wa DRC, ahamijwe ibyaha bishingiye...

Ni iki Urukiko rwa Gisirikare rwagendeyeho rukatira igihano cy’urupfu Kabila wayoboye Congo

Ni iki Urukiko rwa Gisirikare rwagendeyeho rukatira igihano cy’urupfu Kabila wayoboye Congo

by radiotv10
01/10/2025
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwahamije ibyaha Joseph Kabila Kabange wayoboye iki Gihugu, rumukatira igihano...

Qatar yagaragaje uko yakiriye imbabazi yasabwe na Israel nyuma y’iminsi barebana ikijisho

Qatar yagaragaje uko yakiriye imbabazi yasabwe na Israel nyuma y’iminsi barebana ikijisho

by radiotv10
30/09/2025
0

Minisitiri w’Intebe wa Qatar yavuze ko Igihugu cye cyiteguye gukomeza ibikorwa byo gushaka iherezo ry’intambara muri Gaza, nyuma yuko mugenzi...

IZIHERUKA

Urunturuntu muri Rayon nyuma yo kunganya na Gasogi n’umukino wa gatatu nta ntsinzi
FOOTBALL

Urunturuntu muri Rayon nyuma yo kunganya na Gasogi n’umukino wa gatatu nta ntsinzi

by radiotv10
05/10/2025
0

Why Rwanda’s new Digital ID matters, and how it will transform access to services

Why Rwanda’s new Digital ID matters, and how it will transform access to services

05/10/2025
Umunyarwenya uri kwamamara mu Rwanda ari mu byishimo byo kugura imodoka ye ya mbere

Umunyarwenya uri kwamamara mu Rwanda ari mu byishimo byo kugura imodoka ye ya mbere

04/10/2025
BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b’Abofisiye barenga 600

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b’Abofisiye barenga 600

04/10/2025
Mu Rwanda hagiye kuba ibitaramo bitanu mu kwezi kumwe bizafasha Abaturarwanda kurushaho kwegera Imana

Mu Rwanda hagiye kuba ibitaramo bitanu mu kwezi kumwe bizafasha Abaturarwanda kurushaho kwegera Imana

04/10/2025
Who pays for the first date bill?

Who pays for the first date bill?

04/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urunturuntu muri Rayon nyuma yo kunganya na Gasogi n’umukino wa gatatu nta ntsinzi

Why Rwanda’s new Digital ID matters, and how it will transform access to services

Umunyarwenya uri kwamamara mu Rwanda ari mu byishimo byo kugura imodoka ye ya mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.