• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

radiotv10by radiotv10
14/08/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye
Share on FacebookShare on Twitter

Haravugwa imirwano muri Gurupoma ya Kisimba muri Teritwari ya Walikare muri Kivu ya Ruguru, ihanganishije abarwanyi ba AFC/M23 n’uruhande bahanganye rurimo abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo.

Amakuru aturuka muri aka gace kabereyemo imirwano kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Kanama 2025, avuga ko imirwano yabaye nyuma yuko abarwanyi ba AFC/M23 bagabye igitero mu gace ka Buhimba muri Gurupoma ya Kisimba, kari kugenzurwa n’abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo ukomeje kurangwa n’ibikorwa bibangamira abaturage.

Ikinyamakuru ACTUALITE.CD dukesha aya makuru, gitangaza ko abatuye muri aka gace bavuga ko iki gitero cyagabwe ahagana saa cyenda z’umugoroba, aho AFC/M23 yari igamije kwigizayo abarwanyi ba Wazalendo bamaze igihe bahafite ibirindiro.

Amakuru avuga ko AFC/M23 itabashije kwirukana abarwanyi b’uyu mutwe wa Wazalendo urwanirira uruhande rwa Leta ya Congo, kuko kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, bari bakomeje kuba bakiri muri aka gace ka Buhimba, gusa umwuka ukaba ukomeje gutera impungenge ko isana n’isaha rwakwambikana, aho impande zombi ziryamiye amajanja.

Ihuriro AFC/M23 riherutse gushyira hanze itangazo, rigaragaza impungenge ritewe n’ibikorwa by’ubutegetsi bwa Congo bukomeje gukoresha ababurwanirira mu bikorwa bibangamira abaturage.

Iri huriro kandi ryatangaje ko ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje gukaza ubukana bw’amakimbirane, kuko buri kugaragaza ko bugishyize imbere inzira y’imirwano, aho bwohereje abasirikare n’intwaro za rutura mu bice binyuranye ari na ko bagaba ibitero.

AFC/M23 ishinja ubutegetsi bwa Congo kurenga ku mahame impande zombi ziherutse gusinyira i Doha muri Qatar, ivuga ko muri iyi mirwano hanakomeje gukoreshwa abarwanyi b’imitwe irimo FDLR, ndetse n’Imbonerakure zo mu Burundi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − eight =

Previous Post

Gen.Muhoozi yagaragaje kwicuza ku byo yagomeyeho umubyeyi we Perezida Museveni

Next Post

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.