Thursday, July 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru aturuka mu bice biri kuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

radiotv10by radiotv10
23/07/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo
Share on FacebookShare on Twitter

Ibice byinshi muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, byashizemo abantu bahunze kubera imirwano imaze iminsi ibiri ihanganishije AFC/M23 n’abarwanyi ba Wazalendo barwanira uruhande rwa Leta ya DRC.

Amakuru aturuka mu bice biri kuberamo iyi mirwano, avuga ko kugeza kuri uyu wa Gatatu hari hakomeje kumvikana urusaku rw’amasasu y’imbunda nini n’into.

Kuva mu gitondo cya kare cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Nyakanga 2025, hakomeje kumvikana urusaku rw’amasasu mu gice kimwe cya Segiteri ya Katoyi ndetse n’iya Osso Banyungu.

Amakuru kandi avuga ko abaturage benshi batuye muri ibi bice bavuye mu byabo bagahungira muri Lokarite zigereye aho batuye.

Nanone kandi amasasu yumvikanye mu duce twa Katobotobo na Luke, muri Gurupoma ya Nyamaboko ya mbere muri Segiteri ya Osso Banyungu.

Abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo bo mu itsinda rya PARECO, igice cy’uwitwa Mutayomba, ni bo bahanganye n’abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23.

Iyi mirwano yatangiye ku wa Mbere tariki 21 Nyakanga, yakomeje kuri uyu wa Kabiri, ndetse no kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Nyakanga 2025.

Ni mu gihe kandi agace ka Mbizo muri Gurupoma ya Ufamandu ya mbere, na ko kumvikanyemo urusaku rw’amasasu kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu.

Iyi mirwano ikomeje guhanganisha AFC/M23 n’abarwanyi ba Wazalendo barwanira uruhande rw’Ubutegetsi bwa Kinshasa, mu gihe iri Huriro riherutse gusinyana na Leta amahame azagena amasezerano ategerejwe mu kwezi gutaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

Next Post

AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya

Related Posts

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

by radiotv10
23/07/2025
0

Large parts of Masisi territory in North Kivu have been emptied of residents due to ongoing fights for the past...

Hatanzwe icyifuzo mu rubanza rwa Mutamba wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Congo

Hatanzwe icyifuzo mu rubanza rwa Mutamba wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Congo

by radiotv10
23/07/2025
0

Abanyamategeko bunganira Constant Mutamba wigeze kuba Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, basabye Urukiko rumuburanisha ku...

Ingabo za Mali n’abacancuro b’Umutwe w’Abarusiya baravugwaho amarorerwa

Ingabo za Mali n’abacancuro b’Umutwe w’Abarusiya baravugwaho amarorerwa

by radiotv10
23/07/2025
0

Umuryango Mpuzamahanga uharanira Uburenganzira bwa Muntu, Human Rights Watch, urashinja ingabo za Mali n’umutwe w’abacancuro wa Wagner umaze imyaka ibiri...

I Goma hatahuwe ibisasu n’imbunda byahishwe n’uruhande ruhanganye na AFC/M23 ihagenzura

I Goma hatahuwe ibisasu n’imbunda byahishwe n’uruhande ruhanganye na AFC/M23 ihagenzura

by radiotv10
23/07/2025
0

Guverineri Wungirije w’Intara ya Kivu ya Ruguru, yatangaje ko igisirikare cy’Ihuriro AFC/M23 gikomeje gutahura intwaro zahishwe n’uruhande bahanganye, zirimo ibibombe,...

Eng.-U.S announces formal withdrawal from UNESCO over policy differences

Eng.-U.S announces formal withdrawal from UNESCO over policy differences

by radiotv10
23/07/2025
0

The United States has formally announced its decision to withdraw from the United Nations Educational, Scientific and Cultural Organization (UNESCO),...

IZIHERUKA

AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya
MU RWANDA

AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya

by radiotv10
23/07/2025
0

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru aturuka mu bice biri kuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

23/07/2025
Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

23/07/2025
The good and bad of AI: What the future might hold

The good and bad of AI: What the future might hold

23/07/2025
Hatanzwe icyifuzo mu rubanza rwa Mutamba wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Congo

Hatanzwe icyifuzo mu rubanza rwa Mutamba wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Congo

23/07/2025
Ingabo za Mali n’abacancuro b’Umutwe w’Abarusiya baravugwaho amarorerwa

Ingabo za Mali n’abacancuro b’Umutwe w’Abarusiya baravugwaho amarorerwa

23/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya

AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya

Amakuru aturuka mu bice biri kuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.