Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru avugwa ku mirwano ya M23 na FARDC n’ibice yakomerejemo

radiotv10by radiotv10
16/05/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
1
Amakuru avugwa ku mirwano ya M23 na FARDC n’ibice yakomerejemo
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano ihanganishije umutwe wa M23 n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gifatanyije n’ingabo zirimo iz’u Burundi, yakomereje mu bice bitandukanye muri Teritwari ya Rutshuru, aho FARDC ishinjwa kongera kurasa buhumyi ibisasu biremereye mu bice bituwe n’abaturage.

Aya makuru yatangajwe n’umutwe wa M23, agaragaza uko urugamba rwari rwifashe kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Gicurasi 2024.

Nk’uko bikubiye mu butumwa bwatanzwe n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, uyu mutwe uvuga ko uruhande bahanganye rwongeye kurasa mu bice bituwemo n’abaturage.

Yagize ati “Turifuza kumenyesha abantu ko kuva mu gitondo cya kare, ubufatanye bwa gisirikare bw’ubutegetsi bwa Kinshasa, bugizwe na FARDC, FDLR, inyeshyamba za Wazalendo, Ingabo z’u Burundi n’iza SADC, bagabye ibitero mu bice bituwemo n’abaturage ka Kikuku, Kibirizi, Vitshumbi, Rwindi ndetse no mu bice bibikije.”

Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka yakomeje avuga ko uyu mutwe umenyesha akarere ndetse n’isi yose by’umwihariko imiryango itabara imbabare, ko ibi bitero bikomeje guhitana ubuzima bw’inzirakarengane z’abasivile.

Nk’uko umutwe wa M23 wakunze kubivuga ko uzakomeza kwirwanaho no kurinda ubuzima bw’abasivile, umuvugizi wawo Lawrence Kanyuka, yasoje ubutumwa bwe agira ati “ARC [M23] yakomeje kwirwanaho no kurinda abaturage b’abasivile muri iki gihe.”

Iyi mirwano kandi yakomereje muri ibi bice, ku munsi wanashyinguriweho abantu 35 baherutse guhitanwa n’ibisasu byarashwe mu nkambi icumbikiwemo abakuwe mu byabo n’iyi mirwano, bari i Goma.

Umutwe wa M23 washinjwe kurasa ibi bisasu, mu gihe wabyamaganiye kure uvuga ko ibi bisasu byarashwe n’uruhande bahanganya rwa FARDC n’abo bafatanyije, dore ko rwari rumaze igihe rwegereje imbunda izi nkambi zicumbikiwemo abakuwe mu byabo n’intambara.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Fabien Uwamahoro says:
    2 years ago

    Urugamba rukomeje kuba hatari, birakwiye ko abaturage babona umutekano

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three − 3 =

Previous Post

Umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda hamenyekanye icyatumye atabwa muri yombi

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje ibizafasha Afurika kugera ku byagezweho n’indi Migabane yateye imbere

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje ibizafasha Afurika kugera ku byagezweho n’indi Migabane yateye imbere

Perezida Kagame yagaragaje ibizafasha Afurika kugera ku byagezweho n’indi Migabane yateye imbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.