Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru avugwa kuri kapiteni wa Rayon ku kuba ashobora kuyisohoka n’aho yakwerecyeza

radiotv10by radiotv10
19/12/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru avugwa kuri kapiteni wa Rayon ku kuba ashobora kuyisohoka n’aho yakwerecyeza
Share on FacebookShare on Twitter

Muhire Kevin, Kapiteni wa Rayon Sports; biravugwa ko ashobora kuva muri iyi kipe akerecyeza muri imwe mu makipe yo mu Bihugu by’Abarabu, amaze igihe amurambagiza.

Bivugwa ko Kevin Muhire yazava muri Rayon mu gihe isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi rizaba rifunguye muri Mutarama umwaka utaha wa 2025.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru cyitwa Kigali Today, kivuga ko gifite amakuru yizewe ko uyu kapiteni wa Rayon Sports yamaze kuganira n’ubuyobozi bw’iyi kipe, byumwihariko Perezida wayo, Twagirayezu Thaddée; ko ashobora kuyivamo akajya mu yindi.

Ibi kandi bigashimangirwa no kuba ikipe ya Rayon Sports yaramaze gushaka umukinnyi Malipangu Theodore wazasimbura Muhire Kevin mu gihe yaba asohotse muri iyi kipe.

Uyu Munya-Centrafrique Malipangu Theodore yatangaje ko yamaze gusezera muri Gasogi United mu kwezi gushize, ariko ubuyobozi bw’iyi kipe bwo bukaba buvuga ko akiri umukinnyi wayo.

Ni mu gihe Rayon Sports, yo ivuga ko uyu mukinnyi azatangirana na yo mu mikino yo kwishyura muri Shampiyona ubu inayobowe n’iyi kipe iri ku wa mwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo.

Muhire Kevin wari wagarutse muri Rayon mu mwaka w’imikino wa 2023-2024, yongerewe amasezerano y’umwaka umwe muri uyu mwaka wa 2024-2025, bigizwemo uruhare n’abafana b’iyi kipe kubera uburyo ayifasha.

Yagarutse muri Rayon nyuma yuko yari yavuye mu ikipe ya Al Yarmouk yo mu cyiciro cya kabiri muri Kuwait, akaba kandi yarakiniye andi makipe yo hanze arimo iya Misr lel-Makkasa yo mu Gihugu cya Misiri, ndetse n’ikipe ya Saham Club yo muri Oman.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + twelve =

Previous Post

Mu isura nshya hongeye kuzamurwa ibirego bishinjwa Israel

Next Post

Hagiye gutangazwa icyemezo cya nyuma ku iherezo ry’icyorezo cya Marburg mu Rwanda

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagiye gutangazwa icyemezo cya nyuma ku iherezo ry’icyorezo cya Marburg mu Rwanda

Hagiye gutangazwa icyemezo cya nyuma ku iherezo ry’icyorezo cya Marburg mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.