Umunyamakuru Nduwayezu Ndibyariye Jean de Dieu wamamaye nka Jado Max uzwi mu biganiro bya Siporo, byumwihariko ibitambuka ku maradiyo, yatangiye kugaragara no kuri televiziyo, mu kiganiro gishya cy’igitangazamakuru yatangiye gukorera anakorana n’undi bakoranye.
Uyu munyamakuru Jado Max wakoreye ibinyamakuru binyuranye mu Rwanda birimo na RADIOTV10 yanamamariyeho cyane, agiye kugaragara kuri Televiziyo ya Isibo.
Amakuru yuko uyu munyamakuru yagombaga gukorera iki gitangazamakuru, yari yemejwe n’ubuyobozi bw’iki gitangazamakuru, bubinyujije ku mbuga nkoranyambaga zacyo, aho bwari bwagize buti “Isibotvradio ibazaniye ikiganiro gishya cya siporo Isibo Sports Hub. Kizakorwa na Faustinho ndetse na Jado Max.”
Jado Max uri mu banyamakuru bazwi mu biganiro bya Siporo, yari amaze iminsi yerecyeje kuri Urban Radio, yagiyeho umwaka ushize avuye kuri Kiss FM na yo yari yagiyeho avuye kuri RADIOTV10.
Muri iki kiganiro gishya agiye kugaragaramo kuri Isibo TV, uyu munyamakuru Jado Max azajya akorana na mugenzi we Mugenzi Faustin uzwi nka Faustinho, banakoranye kuri RADIOTV10.
Umunyamakuru Faustinho bagiye kujya bakorana iki kiganiro gishya, na we yagaragaje ko yishimiye kuba agiye gukorana na mugenzi we bigeze gukorana, aho yararikiye abantu gutangira kubakurikira kuri uyu wa Mbere.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026, ubwo iki kiganiro cyatangiraga gukorwa, abanyamakuru Jado Max ukiri mushya kuri iki Gitangazamakuru, yakoranye na mugenzi we Faustinho.
Ubwo uyu munyamakuru yakirwaga muri iki kiganiro, yavuze ko ari iby’agaciro kuba yongeye gukorana na Faustinho, kandi ko buri wese afite ibyo azi, ku buryo kuzabihuriza hamwe, ari amata azababa abyaye amavuta.
RADIOTV10











