Tuesday, February 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Amakuru mashya agezweho ku munyamakuru wa Siporo uzwi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
03/02/2026
in SIPORO
0
Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Nduwayezu Ndibyariye Jean de Dieu wamamaye nka Jado Max uzwi mu biganiro bya Siporo, byumwihariko ibitambuka ku maradiyo, yatangiye kugaragara no kuri televiziyo, mu kiganiro gishya cy’igitangazamakuru yatangiye gukorera anakorana n’undi bakoranye.

Uyu munyamakuru Jado Max wakoreye ibinyamakuru binyuranye mu Rwanda birimo na RADIOTV10 yanamamariyeho cyane, agiye kugaragara kuri Televiziyo ya Isibo.

Amakuru yuko uyu munyamakuru yagombaga gukorera iki gitangazamakuru, yari yemejwe n’ubuyobozi bw’iki gitangazamakuru, bubinyujije ku mbuga nkoranyambaga zacyo, aho bwari bwagize buti “Isibotvradio ibazaniye ikiganiro gishya cya siporo Isibo Sports Hub. Kizakorwa na Faustinho ndetse na Jado Max.”

Jado Max uri mu banyamakuru bazwi mu biganiro bya Siporo, yari amaze iminsi yerecyeje kuri Urban Radio, yagiyeho umwaka ushize avuye kuri Kiss FM na yo yari yagiyeho avuye kuri RADIOTV10.

Muri iki kiganiro gishya agiye kugaragaramo kuri Isibo TV, uyu munyamakuru Jado Max azajya akorana na mugenzi we Mugenzi Faustin uzwi nka Faustinho, banakoranye kuri RADIOTV10.

Umunyamakuru Faustinho bagiye kujya bakorana iki kiganiro gishya, na we yagaragaje ko yishimiye kuba agiye gukorana na mugenzi we bigeze gukorana, aho yararikiye abantu gutangira kubakurikira kuri uyu wa Mbere.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026, ubwo iki kiganiro cyatangiraga gukorwa, abanyamakuru Jado Max ukiri mushya kuri iki Gitangazamakuru, yakoranye na mugenzi we Faustinho.

Ubwo uyu munyamakuru yakirwaga muri iki kiganiro, yavuze ko ari iby’agaciro kuba yongeye gukorana na Faustinho, kandi ko buri wese afite ibyo azi, ku buryo kuzabihuriza hamwe, ari amata azababa abyaye amavuta.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

Next Post

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

Related Posts

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Nyuma yo guhanishwa na CAF imikino itanu no gucibwa amande angana n’amadolari ibihumbi 100 ($100,000), umutoza w’ikipe y’igihugu ya Senegal,...

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

IZIHERUKA

BREAKING: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo
AMAHANGA

BREAKING: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

by radiotv10
03/02/2026
0

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

03/02/2026
Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

02/02/2026
Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Amakuru mashya agezweho ku munyamakuru wa Siporo uzwi mu Rwanda

03/02/2026
Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

02/02/2026
Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku makuru agoretse yatanzwe n’ubutegetsi bwa Congo bwuririye ku byago byishe abarenga 200

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku makuru agoretse yatanzwe n’ubutegetsi bwa Congo bwuririye ku byago byishe abarenga 200

02/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.