Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Hashyizweho amafaranga y’Ishuri ntarengwa mu yisumbuye yose

radiotv10by radiotv10
14/09/2022
in MU RWANDA
0
AMAKURU MASHYA: Hashyizweho amafaranga y’Ishuri ntarengwa mu yisumbuye yose
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yagennye amafaranga y’ishuri agomba kwishyurwa n’ababyeyi mu mashuri yisumbuye yose ya Leta, aho umunyeshuri wiga ataha azajya yishyirirwa ibihumbi 19Frw naho uwiga ataha akishyurirwa ibihumbi 85Frw.

Byatangajwe na Minisiteri y’Uburezi mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Nzeri 2022 cyagarutse ku ku mabwiriza ajyanye n’uruhare rw’ababyeyi mu burezi bw’abanyeshuri biga mu mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye ya Leta n’akorana na Leta ku bw’amasezerano.

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko aya mabwiriza agomba gutangira kubahirizwa kuva mu gihembwe cya mbere cy’Umwaka w’amashuri wa 2022-2023 kizatangira tariki 26 Nzeri 2022.

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yatangaje ko amafaranga y’ishuri azajya yishyurwa mu mashuri yisumbuye ya Leta n’akorana na Leta ku bw’amasezerano, ku munyeshuri utaha azajya yishyirirwa 19 500 Frw naho uwita aba mu kigo akazajya yishyurirwa 85 000 Frw.

Yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda yafashe iki cyemezo mu rwego rwo kurandura imikorere idahwitse ya bimwe mu bigo by’amashuri byazamuraga imisanzu y’abanyeshuri uko byishakiye ndetse bimwe bigashyiraho amafaranga ahanitse.

Minisiteri y’Uburezi kandi yagaragaje ibikoresho bigomba gutangwa n’ababyeyi, ivuga ko nta shuri ryemerewe gutuma abana ibikoresho bitatangajwe kuri uru rutonde.

Dr Uwamariya Valentine, yavuze ko hari ibigo by’amashuri byajyaga bituma abanyeshuri ibikoresho by’umurengera rimwe na rimwe bitari mu nyungu z’uburezi bw’umwana, bikabera umutwaro bamwe mu babyeyi.

Ni icyemezo gifashwe na Guverinoma y’u Rwanda nyuma yo kuzamura n’umushahara w’abarimu bigisha mu mashuri abanza n’ayisumbuye ya Leta.

Icyemezo cyo kuzamura imishahara y’abarimu cyatangiye kubahirizwa mu kwezi gushize kwa Kanama, kigena ko abarimu bigisha mu mashuri abanza (bafite A2) bongerewe umushahara ku rugero rwa 88%, naho abafite impamyabumenyi ya A0 (bigisha mu mashuri yisumbuye) bongerewe ku kigero cya 40%.

Umwarimu uhemberwa ku mpamyabumenyi ya A2, yatahanaga amafaranga 57 639 Frw ubu akaba yariyongereho 50 849, ni ukuvuga ko ubu ahembwa 108 488 Frw naho uhemberwa impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (A0) watahanaga 176 189 Frw akaba yarongereweho 70 195 ubu ahembwa 246 384 Frw.

Guverinoma y’u Rwanda, ivuga ko ibi byemezo byose bigamije kuzamura ireme ry’uburezi rifatwa nk’imvumba izatuma u Rwanda rugera ku ntego z’icyerekezo 2050.

Minisitiri w’Uburezi yavuze ko iki cyemezo kigamije kuburizamo izamurwa ry’amafaranga y’ishuri rya hato na hato
Yabivuze mu kiganiro n’abanyamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − four =

Previous Post

Igihugu kizakomeza kubakenera- Minisitiri abwira Abapolisi 155 barimo ba ‘CP’ babiri basezeweho

Next Post

Isi ntiragera aho ikwiye kwizera iherezo rya COVID- Dr Tedros

Related Posts

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Uruganda rutanganya inzoga ruherereye mu Muerenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo gukoresha ibitoki mu gutunganya...

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

by radiotv10
05/11/2025
0

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo Bideri, akaba umwana w’Umwami Yuhi V Musinga, uherutse kwitabira Imana muri Kenya aho yabaga, byemejwe ko azashyingurwa...

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Daughter of Rwanda’s former King passed away in Kenya, burial set in Rwanda

by radiotv10
05/11/2025
0

Princess Spéciose Mukabayojo Bideri, the daughter of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda, has passed away in Kenya,...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

by radiotv10
05/11/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi ukurikiranyweho gusambanya mu bihe bitandukanye umwana we w’imyaka itandatu, yemera...

IZIHERUKA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge
MU RWANDA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

05/11/2025
Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

05/11/2025
Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Isi ntiragera aho ikwiye kwizera iherezo rya COVID- Dr Tedros

Isi ntiragera aho ikwiye kwizera iherezo rya COVID- Dr Tedros

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.