Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Hashyizweho amafaranga y’Ishuri ntarengwa mu yisumbuye yose

radiotv10by radiotv10
14/09/2022
in MU RWANDA
0
AMAKURU MASHYA: Hashyizweho amafaranga y’Ishuri ntarengwa mu yisumbuye yose
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yagennye amafaranga y’ishuri agomba kwishyurwa n’ababyeyi mu mashuri yisumbuye yose ya Leta, aho umunyeshuri wiga ataha azajya yishyirirwa ibihumbi 19Frw naho uwiga ataha akishyurirwa ibihumbi 85Frw.

Byatangajwe na Minisiteri y’Uburezi mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Nzeri 2022 cyagarutse ku ku mabwiriza ajyanye n’uruhare rw’ababyeyi mu burezi bw’abanyeshuri biga mu mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye ya Leta n’akorana na Leta ku bw’amasezerano.

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko aya mabwiriza agomba gutangira kubahirizwa kuva mu gihembwe cya mbere cy’Umwaka w’amashuri wa 2022-2023 kizatangira tariki 26 Nzeri 2022.

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yatangaje ko amafaranga y’ishuri azajya yishyurwa mu mashuri yisumbuye ya Leta n’akorana na Leta ku bw’amasezerano, ku munyeshuri utaha azajya yishyirirwa 19 500 Frw naho uwita aba mu kigo akazajya yishyurirwa 85 000 Frw.

Yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda yafashe iki cyemezo mu rwego rwo kurandura imikorere idahwitse ya bimwe mu bigo by’amashuri byazamuraga imisanzu y’abanyeshuri uko byishakiye ndetse bimwe bigashyiraho amafaranga ahanitse.

Minisiteri y’Uburezi kandi yagaragaje ibikoresho bigomba gutangwa n’ababyeyi, ivuga ko nta shuri ryemerewe gutuma abana ibikoresho bitatangajwe kuri uru rutonde.

Dr Uwamariya Valentine, yavuze ko hari ibigo by’amashuri byajyaga bituma abanyeshuri ibikoresho by’umurengera rimwe na rimwe bitari mu nyungu z’uburezi bw’umwana, bikabera umutwaro bamwe mu babyeyi.

Ni icyemezo gifashwe na Guverinoma y’u Rwanda nyuma yo kuzamura n’umushahara w’abarimu bigisha mu mashuri abanza n’ayisumbuye ya Leta.

Icyemezo cyo kuzamura imishahara y’abarimu cyatangiye kubahirizwa mu kwezi gushize kwa Kanama, kigena ko abarimu bigisha mu mashuri abanza (bafite A2) bongerewe umushahara ku rugero rwa 88%, naho abafite impamyabumenyi ya A0 (bigisha mu mashuri yisumbuye) bongerewe ku kigero cya 40%.

Umwarimu uhemberwa ku mpamyabumenyi ya A2, yatahanaga amafaranga 57 639 Frw ubu akaba yariyongereho 50 849, ni ukuvuga ko ubu ahembwa 108 488 Frw naho uhemberwa impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (A0) watahanaga 176 189 Frw akaba yarongereweho 70 195 ubu ahembwa 246 384 Frw.

Guverinoma y’u Rwanda, ivuga ko ibi byemezo byose bigamije kuzamura ireme ry’uburezi rifatwa nk’imvumba izatuma u Rwanda rugera ku ntego z’icyerekezo 2050.

Minisitiri w’Uburezi yavuze ko iki cyemezo kigamije kuburizamo izamurwa ry’amafaranga y’ishuri rya hato na hato
Yabivuze mu kiganiro n’abanyamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 1 =

Previous Post

Igihugu kizakomeza kubakenera- Minisitiri abwira Abapolisi 155 barimo ba ‘CP’ babiri basezeweho

Next Post

Isi ntiragera aho ikwiye kwizera iherezo rya COVID- Dr Tedros

Related Posts

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu...

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

IZIHERUKA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Isi ntiragera aho ikwiye kwizera iherezo rya COVID- Dr Tedros

Isi ntiragera aho ikwiye kwizera iherezo rya COVID- Dr Tedros

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.