Sunday, October 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru mashya ku mirwano hagati ya M23 na FARDC nyuma y’iminsi y’agahenge

radiotv10by radiotv10
22/04/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru mashya ku mirwano hagati ya M23 na FARDC nyuma y’iminsi y’agahenge
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano hagati y’Ihuriro AFC/M23 n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yongeye kumvikana mu gace ka Kitabi muri Teritwari ya Walikare muri Kivu ya Ruguru.

Iyi mirwano yabaye nyuma y’iminsi hari agahenge hagati y’izi mpande zimaze igihe zihanganye, yubuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Mata 2025.

Amakuru dukesha ikinyamakuru ACTUALITE.CD, avuga ko abagihaye amakuru benshi, bavuga ko iyi mirwano yari iriho isatira agace ka Kashebere hafi y’urugabano rwa Teritwari za Walikale na Masisi.

Nanone kandi abandi bo muri Gurupoma ya Waloa Yungu bahaye amakuru iki gitangazamakuru, bavuze ko bumvise urusaku rw’amasasu mu birindiro bya AFC/M23 mu gace ka Kasopo, ibintu byateye impungenge abatuye muri aka gace.

Iyi mirwano ibaye mu gihe hari hatangiye ibiganiro by’imishyikirano by’i Doha muri Qatar, ndetse hakaba hari hamaze iminsi hari agahenge hagati y’izi mpande zihanganye.

Nubwo nta makuru menshi yari yajya hanze kuri ibi biganiro biri kuyoborwa n’umuhuza wa Qatar, hari hakomeje kugaragara ibimenyetso by’ubushake bwiza dore ko hari hamaze n’iminsi humvikana agahenge.

Tariki 02 z’uku kwezi kwa Mata, Umutwe wa M23 wafashe icyemezo cyo kuva mu Mujyi wa Walikare, aho wavuze ko iki cyemezo wagifashe ugamije kubahiriza inzira z’ibiganiro by’amahoro.

Ikinyamakuru cya ACTUALITE.CD kivuga ko ubwo abarwanyi ba M23 ubwo bavaga mu Mujyi wa Walikare bahise bajya gushinga ibirindiro muri Lokarite ya Kibati no mu nkengero zayo, ahabaye imirwano mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + thirteen =

Previous Post

AGEZWEHO: Hashyizwe hanze amafoto ya mbere ya Papa nyuma yo kwitaba Imana

Next Post

Umuhuza w’u Rwanda na Congo nyuma yo kwakirwa na Perezida Kagame yanahuye na Museveni

Related Posts

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

by radiotv10
25/10/2025
0

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon, Issa Tchiroma Bakary, wamaze kwitangaza nk’uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, yatangaje ko igihe hatangazwa...

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

by radiotv10
24/10/2025
0

Abantu 25 baburiye ubuzima mu mpanuka yabereye muri Leta ya Andhra Pradesh mu majyepfo y’u Buhindi, nyuma yuko bisi itwara...

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Umutekano mu Bufaransa, yavuze ko Nicolas Sarközy wayoboye iki Gihugu, mu myaka itanu azamara muri Gereza La Santé afungiyemo,...

Trump yavuze icyumvikana nk’igitangaza kidasanzwe azakora naramuka yongeye gutorwa

Ingaruka z’ibihano bishya bya Trump zahise zigaragaza ku isoko ry’igicuruzwa gifatiye runini byinshi ku Isi

by radiotv10
24/10/2025
0

Ibihano Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Turmp yafatitye kompanyi ebyiri zicuruza ibikomoka kuri petrole zo mu Burusiya,...

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

by radiotv10
22/10/2025
0

Ubwoba bwatashye abatuye mu gace ka Kashebere ko muri Teritwari ya Walikale muri Kivu ya Ruguru kubera indege y’intambara yo...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA
FOOTBALL

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

by radiotv10
25/10/2025
0

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhuza w’u Rwanda na Congo nyuma yo kwakirwa na Perezida Kagame yanahuye na Museveni

Umuhuza w’u Rwanda na Congo nyuma yo kwakirwa na Perezida Kagame yanahuye na Museveni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.