Monday, February 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku mwana bivugwa ko yatewe inda n’umwarimu akanamutorokana mu mahanga

radiotv10by radiotv10
12/01/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
6
Amakuru mashya ku mwana bivugwa ko yatewe inda n’umwarimu akanamutorokana mu mahanga
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’umukobwa w’imyaka 12 wiga mu mashuri abanza mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare, wari wabuze nyuma yuko biketswe ko yatokanywe n’umwarimu we ukekwaho kumutera inda, yabonetse avanywe muri Uganda.

Uyu mwana yari yaburiye mu Mudugudu wa Kinihira mu Kagari ka Barija mu Murenge wa Nyagatare ku mugoroba wo ku ya 09 Mutarama 2023.

Hari amakuru avuga kandi ko uyu mwarimu ukekwaho gutera inda uyu mwana yabanje kumujyana mu muryango wabo mu Murenge wa Rwempasha kugira ngo bamuhe imiti yo gukuramo iyi nda, ari na bwo yahavanywe ajyanwa muri Uganda.

Nyuma yuko uyu mwana abuze, inzego z’umutekano z’u Rwanda zatangiye gukorana n’iza Uganda kuko hakekwa ko ari ho yatorokanywe n’umwarimu umwigisha ukekwaho kumutera inda.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Mutarama 2023, uyu mwana yageze ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda, inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka ku mpande zombi ziramuhererekanya.

Umwe mu bazi ikibazo cy’uyu mwana yabwiye ikinyamakuru Umuseke ko yatewe inda n’umwarimu umwigisha ari na we ushobora kuba ari inyuma yo kuba uyu mwana yari yabanje kubura.

Uyu watanze amakuru yagize ati “Umwarimu wamwigishaga, ni we wamutorokanye muri Uganda.”

Emmanuel Bagabo, se w’uyu mwana avuga ko hari abana bamuherekeje ubwo yari agiye kugenda yari kumwe n’uwo mwarimu we ukekwaho kumutera inda.

Yagize ati “Dushingiye ku makuru twahawe n’abandi bana, ko bamuherekeje, bakamusigana na we muri gare, ni cyo cyatumye twemera neza ko ayo makuru ari yo kandi n’aho yabonetse, uwo bari kumwe ngo yirukanse.”

Inzego zishinzwe umutekano n’iz’ubutabera ziri gushakisha uyu mwarimu ukekwaho gusambanya uyu mwana akamutera inda akanamutorokana, kugira ngo abikurikiranweho.

RADIOTV10 yagerageje kuvugisha Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RUB) ariko inshuro zose twagerageje ntibyakunze. Nihamenyekana andi makuru, turayabagezaho.

RADIOTV10

Comments 6

  1. Theonillle MUHIRE says:
    3 years ago

    Uyu mwalimu akwiye gukurikiranwa rwose kuko yangije ejo hazaza huwo mujyambere

    Reply
  2. Jean Damascene says:
    3 years ago

    Uwo murezi rwose akwiye gufatwa agafungwa kuko ubwo suburere

    Reply
  3. ZEPHANIE NSENGIMANA says:
    3 years ago

    Uyu mwarimu yasebeje bagenzi bahuje umwuga wo kwigisha.Rero akwiye gukurikiranwa

    Reply
  4. ZEPHANIE NSENGIMANA says:
    3 years ago

    Uyu mwarimu yasebeje bagenzi be bahuje umwuga wo kwigisha.Rero akwiye gukurikiranwa

    Reply
  5. Aine ugandan says:
    3 years ago

    It’s tremendous scandal.
    Let the law prevail.
    These ignorant teacher with poor mind should be punished and be come an exemplary to others.

    Reply
  6. NZIYUMVIRA Alexis says:
    3 years ago

    Uy’umwarimu ari gusebya umwuga azakurikiranywe akanirwe urumukwiye

    Reply

Leave a Reply to Theonillle MUHIRE Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Ibisobanuro by’umuhanzi w’Umuyarwanda wakoze ibyafashwe nko kwamamaza ubutinganyi

Next Post

Ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Türkiye buriruka amasigamana, mu myaka 3 bwikubye 5

Related Posts

Ejo Heza yashimangiye umuco wo kwizigamira mu bamotari ku nyungu ya 12%

Ejo Heza yashimangiye umuco wo kwizigamira mu bamotari ku nyungu ya 12%

by radiotv10
16/02/2026
0

Kuri uyu wa Mbere, ubukangurambaga bwa Ejo Heza na Gerayo Amahoro bwakomereje mu Karere ka Nyamasheke, buhuza abatwara abagenzi kuri...

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

by radiotv10
16/02/2026
0

Urubanza ruregwamo Major Jean Claude Habineza ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 485 Frw, uburana hamwe n’umusivile Bavakure Ndekwe Felix, rwasubitswe nyuma yuko...

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

by radiotv10
16/02/2026
0

Indege ya Sosiyete y’Indege yo muri Kenya (Kenya Airways) yari ivuye i Nairobi yerecyeje i Kigali mu Rwanda, yasubiyeyo nyuma...

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

by radiotv10
16/02/2026
0

Umukobwa ukekwaho kwiyahura mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gatsibo nyuma yo kujya gusura umusore bakundanaga ngo bazishimane ku...

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

by radiotv10
16/02/2026
0

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu ikorerwamo ibikorwa by’ubucuruzi, irashya irakongo n'ibyarimo byose....

IZIHERUKA

Ejo Heza yashimangiye umuco wo kwizigamira mu bamotari ku nyungu ya 12%
IMIBEREHO MYIZA

Ejo Heza yashimangiye umuco wo kwizigamira mu bamotari ku nyungu ya 12%

by radiotv10
16/02/2026
0

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

16/02/2026
Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

16/02/2026
Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

16/02/2026
Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

16/02/2026
Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

16/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Türkiye buriruka amasigamana, mu myaka 3 bwikubye 5

Ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Türkiye buriruka amasigamana, mu myaka 3 bwikubye 5

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ejo Heza yashimangiye umuco wo kwizigamira mu bamotari ku nyungu ya 12%

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.