Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya: Byemejwe ko ubu COVID-19 itagihangayikishije Isi

radiotv10by radiotv10
05/05/2023
in MU RWANDA
0
Amakuru mashya: Byemejwe ko ubu COVID-19 itagihangayikishije Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima WHO (World Health Organisation) ryatangaje ko Covid-19 itakiri icyorezo giteye impungenge ku buzima bw’Isi.

Byatangajwe n’Iri shami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Gicurasi 2023.

Mu ijambo ryatanzwe n’Umuyobozi w’iri shami rishinzwe Ubuzima, Tedros Adhanom Ghebreyesus yavuze ko iki cyorezo kimaze iminsi 1 221 gitangajwe n’iri shami, aho cyahereye mu mujyi wa Wuhan mu Bushinwa, ku mpamvu itaramenyekana.

Yagize ati “Tariki 30 Mutarama 2020, ngendeye ku nama zatanzwe na komisiyo ishinzwe ibiza, hagendewe ku mabwiriza y’ubuzima mpuzamahanga, natangarije Isi ko hari icyorezo cya COVID-19 cyugarije Isi, dutanga umuburo udasanzwe.”

Yakomeje avuga ko icyo gihe mu Bushimwa hari hamaze kuboneka abarwayi barenga 100 ariko ntawarri wagapfa, gusa uko iminsi yagiye ishira hagiye hapfa abantu benshi.

Yavuze ko iri shami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima ryamenyeshejwe imibare y’abantu babarirwa muri miliyoni 7 bishwe n’iki cyorezo, gusa ngo imibare iri hejuru kurusha iyi, kuko ishobora kuba igera muri miliyoni 20.

Covid-19 yatwaye ubuzima bwa benshi

Yakomeje avuga ko icyorezo cya COVID-19 cyagize ingaruka zikomeye ku nzego zose zigize imibereho y’abatuye Isi, zirimo ubukungu, ubucuruzi, kigateza ubukene benshi, kigatuma imipaka ifungwa, amashuri agahagara, ndetse kikanatera ibibazo byibasiye imiterereze ya muntu

Icyakora nyuma y’umwaka iki cyorezo cyadutse, cyagenjeje amaguru macye, haboneka n’inkingo zagize umumaro mu kongerera abantu ubudahangarwa bw’umubiri kuri cyo, “none ubu Ibihugu byinshyi byasubiye mu buzima busanzwe nkuko bwahoze mbere ya COVID-19.”

Yavuze ko mu mwaka ushize, iyi komisiyo ishinzwe ibyorezo ndetse na WHO basesenguye imibare y’iki cyorezo cya COVID-19, igasanga cyacitse intege cyane.

Yavuze ko ejo hashize, iyi komite yahuye ku nshuro ya 15, “bakangira inama ko natangariza Isi ku bijyanye n’iki kibazo cy’ubuzima. Rero numviye inama yabo. Ni yo mpamvu nishimiye gutangaza ko COVID-19 itakiri ikibazo gihangayikishije ubuzima ku rwego rw’Isi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yageze i Burundi ahazabera inama yo hejuru ku bya Congo

Next Post

IFOTO: Platini uvugwaho ibibazo ntibimubuza kuba ari mu butumwa bufasha Abanyarwanda

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Platini uvugwaho ibibazo ntibimubuza kuba ari mu butumwa bufasha Abanyarwanda

IFOTO: Platini uvugwaho ibibazo ntibimubuza kuba ari mu butumwa bufasha Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.