Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya: Byemejwe ko ubu COVID-19 itagihangayikishije Isi

radiotv10by radiotv10
05/05/2023
in MU RWANDA
0
Amakuru mashya: Byemejwe ko ubu COVID-19 itagihangayikishije Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima WHO (World Health Organisation) ryatangaje ko Covid-19 itakiri icyorezo giteye impungenge ku buzima bw’Isi.

Byatangajwe n’Iri shami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Gicurasi 2023.

Mu ijambo ryatanzwe n’Umuyobozi w’iri shami rishinzwe Ubuzima, Tedros Adhanom Ghebreyesus yavuze ko iki cyorezo kimaze iminsi 1 221 gitangajwe n’iri shami, aho cyahereye mu mujyi wa Wuhan mu Bushinwa, ku mpamvu itaramenyekana.

Yagize ati “Tariki 30 Mutarama 2020, ngendeye ku nama zatanzwe na komisiyo ishinzwe ibiza, hagendewe ku mabwiriza y’ubuzima mpuzamahanga, natangarije Isi ko hari icyorezo cya COVID-19 cyugarije Isi, dutanga umuburo udasanzwe.”

Yakomeje avuga ko icyo gihe mu Bushimwa hari hamaze kuboneka abarwayi barenga 100 ariko ntawarri wagapfa, gusa uko iminsi yagiye ishira hagiye hapfa abantu benshi.

Yavuze ko iri shami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima ryamenyeshejwe imibare y’abantu babarirwa muri miliyoni 7 bishwe n’iki cyorezo, gusa ngo imibare iri hejuru kurusha iyi, kuko ishobora kuba igera muri miliyoni 20.

Covid-19 yatwaye ubuzima bwa benshi

Yakomeje avuga ko icyorezo cya COVID-19 cyagize ingaruka zikomeye ku nzego zose zigize imibereho y’abatuye Isi, zirimo ubukungu, ubucuruzi, kigateza ubukene benshi, kigatuma imipaka ifungwa, amashuri agahagara, ndetse kikanatera ibibazo byibasiye imiterereze ya muntu

Icyakora nyuma y’umwaka iki cyorezo cyadutse, cyagenjeje amaguru macye, haboneka n’inkingo zagize umumaro mu kongerera abantu ubudahangarwa bw’umubiri kuri cyo, “none ubu Ibihugu byinshyi byasubiye mu buzima busanzwe nkuko bwahoze mbere ya COVID-19.”

Yavuze ko mu mwaka ushize, iyi komisiyo ishinzwe ibyorezo ndetse na WHO basesenguye imibare y’iki cyorezo cya COVID-19, igasanga cyacitse intege cyane.

Yavuze ko ejo hashize, iyi komite yahuye ku nshuro ya 15, “bakangira inama ko natangariza Isi ku bijyanye n’iki kibazo cy’ubuzima. Rero numviye inama yabo. Ni yo mpamvu nishimiye gutangaza ko COVID-19 itakiri ikibazo gihangayikishije ubuzima ku rwego rw’Isi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − thirteen =

Previous Post

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yageze i Burundi ahazabera inama yo hejuru ku bya Congo

Next Post

IFOTO: Platini uvugwaho ibibazo ntibimubuza kuba ari mu butumwa bufasha Abanyarwanda

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Platini uvugwaho ibibazo ntibimubuza kuba ari mu butumwa bufasha Abanyarwanda

IFOTO: Platini uvugwaho ibibazo ntibimubuza kuba ari mu butumwa bufasha Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.