Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru meza ku biga muri IPRC-Kigali yari yafungiwe ubujura bukekwa ku barimo umuyobozi wayo

radiotv10by radiotv10
05/11/2022
in MU RWANDA
0
Amakuru meza ku biga muri IPRC-Kigali yari yafungiwe ubujura bukekwa ku barimo umuyobozi wayo
Share on FacebookShare on Twitter

Ishuri Rikuru ry’Imyuga y’Ubumenyi-ngiro, ishami rya Kigali (RP-IPRC Kigali) ryari ryabaye rifunzwe kubera ubujura bukekwa ku barimo umuyobozi waryo, ryongiye gufungurwa ndetse abaryigamo bamenyeshwa itariki bazasubukuriraho amasomo.

Byatangajwe na Minisiteri y’Uburezi mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Ugushyingo 2022, rigaragaza ibyo gufungura iri shuri.

Itangazo rya MINEDUC, rivuga ko kiriya cyemezo cyo gufunga by’agateganyo Ishuri Rikuru rya RP-IPRC Kigali mu gihe cy’ibyumweru bibiri, cyari cyafashwe na Guverinoma y’u Rwanda ku wa 23 Ukwakira 2022 kugira ngo iperereza rijyanye n’ubujura n’imyitwarire mibi yo kwiba umutungo rusange wa Leta, ribashe gukorwa nta nkomyi.

Rikomeza rigira riti “Minisiteri y’Uburezi iramenyesha abanyeshuri n’abakozi b’iryo shuri ndetse n’Abaturarwanda muri rusange, ko iryo shuri rizongera gufungurwa ku wa 07 Ugushyingo 2022.”

Minisiteri y’Uburezi yaboneyeho kumenyesha abanyeshuri bari baratashye, gusubira ku ishuri kugira ngo ku wa Mbere bazasubukure amasomo.

Iri shuri ryari ryafunzwe by’agateganyo tariki 23 Ukwakira 2022, nyuma y’umunsi umwe, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwahise ruta muri yombi bamwe mu bakozi b’iri shuri barimo n’umuyobozi waryo, Engineer Mulindahabi Diogene.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kandi rwatangaje ko amakuru yatumye hatahurwa ubujura bw’ibikoresho bimwe by’iri shuri, yamenyekanye nyuma yo gutangwa n’abaturage.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry icyo gihe yari yagize ati “Muri iryo perereza rero harimo bamwe mu bakozi b’iri shuri bamaze gufatwa barimo n’umuyobozi w’iri shuri ari we Mulindahabi Diogene, hakaba hari n’ibikoresho bimaze kugaruzwa, byagiye bifatanwa bamwe muri abo bakozi na bo bafunze.”

RIB kandi yaje gutangaza ko iperereza ryamaze kugaragaza ko hakekwa abantu 12 ndetse dosiye ikubiyemo ikirego cyabo ikaba yaramaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Ndekyezi umaze gupfusha abantu 8 bishwe na Ebola yavuze amagambo ateye agahinda

Next Post

Perezida Kagame na William Ruto baganiriye ku mubano mwiza w’u Rwanda na Kenya

Related Posts

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

The office of the President of the United States has announced that this Thursday, Donald Trump will host the President...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera
MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame na William Ruto baganiriye ku mubano mwiza w’u Rwanda na Kenya

Perezida Kagame na William Ruto baganiriye ku mubano mwiza w’u Rwanda na Kenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.