Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru meza ku biga muri IPRC-Kigali yari yafungiwe ubujura bukekwa ku barimo umuyobozi wayo

radiotv10by radiotv10
05/11/2022
in MU RWANDA
0
Amakuru meza ku biga muri IPRC-Kigali yari yafungiwe ubujura bukekwa ku barimo umuyobozi wayo
Share on FacebookShare on Twitter

Ishuri Rikuru ry’Imyuga y’Ubumenyi-ngiro, ishami rya Kigali (RP-IPRC Kigali) ryari ryabaye rifunzwe kubera ubujura bukekwa ku barimo umuyobozi waryo, ryongiye gufungurwa ndetse abaryigamo bamenyeshwa itariki bazasubukuriraho amasomo.

Byatangajwe na Minisiteri y’Uburezi mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Ugushyingo 2022, rigaragaza ibyo gufungura iri shuri.

Itangazo rya MINEDUC, rivuga ko kiriya cyemezo cyo gufunga by’agateganyo Ishuri Rikuru rya RP-IPRC Kigali mu gihe cy’ibyumweru bibiri, cyari cyafashwe na Guverinoma y’u Rwanda ku wa 23 Ukwakira 2022 kugira ngo iperereza rijyanye n’ubujura n’imyitwarire mibi yo kwiba umutungo rusange wa Leta, ribashe gukorwa nta nkomyi.

Rikomeza rigira riti “Minisiteri y’Uburezi iramenyesha abanyeshuri n’abakozi b’iryo shuri ndetse n’Abaturarwanda muri rusange, ko iryo shuri rizongera gufungurwa ku wa 07 Ugushyingo 2022.”

Minisiteri y’Uburezi yaboneyeho kumenyesha abanyeshuri bari baratashye, gusubira ku ishuri kugira ngo ku wa Mbere bazasubukure amasomo.

Iri shuri ryari ryafunzwe by’agateganyo tariki 23 Ukwakira 2022, nyuma y’umunsi umwe, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwahise ruta muri yombi bamwe mu bakozi b’iri shuri barimo n’umuyobozi waryo, Engineer Mulindahabi Diogene.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kandi rwatangaje ko amakuru yatumye hatahurwa ubujura bw’ibikoresho bimwe by’iri shuri, yamenyekanye nyuma yo gutangwa n’abaturage.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry icyo gihe yari yagize ati “Muri iryo perereza rero harimo bamwe mu bakozi b’iri shuri bamaze gufatwa barimo n’umuyobozi w’iri shuri ari we Mulindahabi Diogene, hakaba hari n’ibikoresho bimaze kugaruzwa, byagiye bifatanwa bamwe muri abo bakozi na bo bafunze.”

RIB kandi yaje gutangaza ko iperereza ryamaze kugaragaza ko hakekwa abantu 12 ndetse dosiye ikubiyemo ikirego cyabo ikaba yaramaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Ndekyezi umaze gupfusha abantu 8 bishwe na Ebola yavuze amagambo ateye agahinda

Next Post

Perezida Kagame na William Ruto baganiriye ku mubano mwiza w’u Rwanda na Kenya

Related Posts

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

IZIHERUKA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026
MU RWANDA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame na William Ruto baganiriye ku mubano mwiza w’u Rwanda na Kenya

Perezida Kagame na William Ruto baganiriye ku mubano mwiza w’u Rwanda na Kenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.