Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

radiotv10by radiotv10
28/01/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y’imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye ya Rayon Sports aho yari amaze ukwezi n’igice atayikinira.

Bassané, yerekeje iwabo nyuma yo kubagwa ku kaboko bitewe n’imvune yagiriye ku mukino wa shampiyona batsinzwemo na Bugesera FC tariki ya 14 Ukuboza 2025.

Ubwo yari atangiye koroherwa, uyu mukinnyi yasabye uruhushya rwo kujya iwabo ngo abanze akire neza anaruhuke ubundi azagaruke aje gufasha ikipe ye mu gice cya kabiri cya Shampiyona.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Mutarama 2026, ubwo yageraga i Kanombe, umwe mu bo baganiriye wahaye amakuru RADIOTV10 yamubwiye ko yakize ndetse ngo yiteguye gufasha ikipe ye mu gihe yaba igeze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Intwari ukzaba ku cyumweru tariki ya 1 Gashyantare 2026.

Mu gihe amaze atari mu ikipe ya Rayon Sports, icyuho cye cyaragaragaye cyane ko mu bakinnyi barimo Sindi Paul Jesus, Asman Ndikumana, Joachiam Vigninou na Habimana Yves, bose ntawe utarakinnye ku mwanya we ariko ntihagire ubasha gutanga nk’ibyo aha Rayon Sports.

Kuri uyu wa 4, ikipe ya Rayon Sports izakina na Police FC umukino wa 1/2 mu irushanwa ry’igikombe cy’Intwari, aho izatsinda izahura kuri finale n’izaba yatsinze hagati ya APR FC na AS KIGALI ziri bukine kuri uyu wa 3, imikino yombi ikazabera kuri Kigali Pelé Stadium.

Aziz Bassané, agarutse asanga ikipe ye yarabonye Umutoza mushya Bruno Ferry, waje mu gihe yari yaravunitse, cyane ko icyo gihe yavunikaga ikipe yatozwaga na Haruna Ferouz ubu utakiri kumwe na Rayon Sports. Si Umutoza gusa, kuko Bassané anasanze haraguzwe abandi bakinnyi bashya bagera kuri 7, harimo n’Umunya-Benin Joachiam Vigninou waje aje gukina ku mwanya we.

Kuva uyu musore yavunika, Rayon Sports yakinnye imikino 7 adahari, harimo 6 ya shampiyona ndetse n’umukino umwe wa Super Cup banyagiwemo na APR FC ibitego 4-1. Asanze ikipe ye yarasoreje igice kibanza cya shampiyona ku mwanya wa 7 n’amanita 26.

Ubwo Bassané yari ageze ku Kibuga cy’Indege i Kanombe
Ni umwe mu bakinnyi b’ingenzi ba Rayon

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Next Post

Ibisobanuro birambuye ku kirego u Rwanda rwarezemo u Bwongereza n’impamvu rwabikoze

Related Posts

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

IZIHERUKA

Ibisobanuro birambuye ku kirego u Rwanda rwarezemo u Bwongereza n’impamvu rwabikoze
MU RWANDA

Ibisobanuro birambuye ku kirego u Rwanda rwarezemo u Bwongereza n’impamvu rwabikoze

by radiotv10
28/01/2026
0

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibisobanuro birambuye ku kirego u Rwanda rwarezemo u Bwongereza n’impamvu rwabikoze

Ibisobanuro birambuye ku kirego u Rwanda rwarezemo u Bwongereza n’impamvu rwabikoze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro birambuye ku kirego u Rwanda rwarezemo u Bwongereza n’impamvu rwabikoze

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.