Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

radiotv10by radiotv10
03/03/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mujyi wa Bukavu mu Ntara ya Kivu y’Epfo, haramutse humvikana urusaku rw’amasasu, ubwo abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo ukorana na FARDC wageragezaga igitero shuma, ariko umutwe wa M23 ugenzura uyu mujyi uhita ubasubizayo vuba na bwangu.

Aya masasu yumvikanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 03 Werurwe 2025, ubwo abarwanyi ba Wazalendo bari baturutse mu misozi ya Karhale bamanuka muri Komini ya Kadutu bakagaba igitero.

Ni na bwo abarwanyi ba M23 bari mu birindiro byabo muri Camp TV, bahitaga bakozanyaho n’aba ba Wazalendo, bahita babamurura.

Umuturage wo muri aka gace, aganira n’Ikinyamakuru ACTUALITE.CD dukesha aya makuru, yagize ati “Byatangiye mu gitondo cya kare, ahumvikanye gusubizanya mu masasu hagati ya Wazalendo n’inyeshyamba za M23 muri Karhale. Ariko ntitwamenye ibyaje gukurikiraho.”

Undi muturage yagize ati “Baje mu gitondo cya kare, banyuze hano iwanjye, ubundi barasa amasasu.”

Urusaku rw’amasasu rwumvikanye kugeza ku isaaha ya saa mbiri n’igice za mu gitondo, byanateye impungenge abaturage bo muri aka gace.

Umwe mu bo muri Sosiyete Sivile yagize ati “Uko byifashe ni uko kugeza ku isaaha ya saa 08:30 hari hakomeje kumvikana amasasu. Abaturage bavuga ko ba Wazalendo bamanutse mu ijoro, ubundi bakarasana na M23.”

Amakuru yemeza ko abarwanyi ba Wazalendo bari bagabye iki gitero, basubijwe inyuma n’aba M23, nyuma yo kubarasaho urufaya rw’amasasu menshi.

Umwe mu bo muri Sosiyete Sivile yagize ati “Abo bikekwa ko ari ba Wazalendo baje baturutse muri Camp TV, Karhundu no mu bice bihakikije. Twababonye basubirayo, bazamutse mu bice baje baturukamo. Urebye ntibifuzaga kurwanira mu mujyi, kuko bishobora gutera ikikango abaturage.”

Uku gukozanyaho hagati ya M23 na Wazalendo, kwazamuye ubwoba mu butarage, ndetse ibigo by’amashuri byo muri aka gace bisubiza abana mu miryango yabo, ndetse bimwe mu bikorwa bikaba bitigeze bikora mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Ruhango: Abantu 28 barimo n’ab’igitsinagore bafatiwe mu mukwabu

Next Post

Harakekwa indi mpamvu y’isezera ry’umwe mu batoza ba Rayon itandukanye n’iyatangajwe

Related Posts

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

by radiotv10
17/09/2025
0

Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe iperereza, yemeje ko abayobozi ba Israel bakoze Jenoside ku Banya-Palestine bo mu Ntara ya Gaza. Raporo...

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

by radiotv10
17/09/2025
0

Ubushinjacyaha buburana na Tyler Robinson ukekwaho kwica Umunyamerika Charlie Kirk, inshuti ikomeye ya Perezida Trump, bwagaragaje bumwe mu butumwa bwoherejwe...

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

by radiotv10
16/09/2025
0

Ifoto yafashwe mu 1863 yerekana umucakara yuzuye inkovu umugongo wose, igaragaza amateka y’ubucakara bwakorewe abirabura muri Leta Zunze Ubumwe za...

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

by radiotv10
16/09/2025
0

Ikubuga cy’Indege Mpuzamahanga cyitiriwe Melchior Ndadaye kiri i Bujumbura mu Burundi, cyamaze ijoro ryose nta ndege zikigwaho cyangwa ngo zihaguruke...

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

by radiotv10
16/09/2025
0

Umunyamerikakazi Aevin Dugas, ari mu byishimo nyuma yo kwandikwa mu gitabo cy’abanyaduhigo ku Isi ‘Guinness World Records’, aho yagize umusatsi...

IZIHERUKA

Why do young people quit jobs after a few months?
MU RWANDA

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

17/09/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

17/09/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

17/09/2025
Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

17/09/2025
Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Harakekwa indi mpamvu y’isezera ry’umwe mu batoza ba Rayon itandukanye n’iyatangajwe

Harakekwa indi mpamvu y’isezera ry’umwe mu batoza ba Rayon itandukanye n’iyatangajwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why do young people quit jobs after a few months?

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.