Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

radiotv10by radiotv10
03/03/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mujyi wa Bukavu mu Ntara ya Kivu y’Epfo, haramutse humvikana urusaku rw’amasasu, ubwo abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo ukorana na FARDC wageragezaga igitero shuma, ariko umutwe wa M23 ugenzura uyu mujyi uhita ubasubizayo vuba na bwangu.

Aya masasu yumvikanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 03 Werurwe 2025, ubwo abarwanyi ba Wazalendo bari baturutse mu misozi ya Karhale bamanuka muri Komini ya Kadutu bakagaba igitero.

Ni na bwo abarwanyi ba M23 bari mu birindiro byabo muri Camp TV, bahitaga bakozanyaho n’aba ba Wazalendo, bahita babamurura.

Umuturage wo muri aka gace, aganira n’Ikinyamakuru ACTUALITE.CD dukesha aya makuru, yagize ati “Byatangiye mu gitondo cya kare, ahumvikanye gusubizanya mu masasu hagati ya Wazalendo n’inyeshyamba za M23 muri Karhale. Ariko ntitwamenye ibyaje gukurikiraho.”

Undi muturage yagize ati “Baje mu gitondo cya kare, banyuze hano iwanjye, ubundi barasa amasasu.”

Urusaku rw’amasasu rwumvikanye kugeza ku isaaha ya saa mbiri n’igice za mu gitondo, byanateye impungenge abaturage bo muri aka gace.

Umwe mu bo muri Sosiyete Sivile yagize ati “Uko byifashe ni uko kugeza ku isaaha ya saa 08:30 hari hakomeje kumvikana amasasu. Abaturage bavuga ko ba Wazalendo bamanutse mu ijoro, ubundi bakarasana na M23.”

Amakuru yemeza ko abarwanyi ba Wazalendo bari bagabye iki gitero, basubijwe inyuma n’aba M23, nyuma yo kubarasaho urufaya rw’amasasu menshi.

Umwe mu bo muri Sosiyete Sivile yagize ati “Abo bikekwa ko ari ba Wazalendo baje baturutse muri Camp TV, Karhundu no mu bice bihakikije. Twababonye basubirayo, bazamutse mu bice baje baturukamo. Urebye ntibifuzaga kurwanira mu mujyi, kuko bishobora gutera ikikango abaturage.”

Uku gukozanyaho hagati ya M23 na Wazalendo, kwazamuye ubwoba mu butarage, ndetse ibigo by’amashuri byo muri aka gace bisubiza abana mu miryango yabo, ndetse bimwe mu bikorwa bikaba bitigeze bikora mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Ruhango: Abantu 28 barimo n’ab’igitsinagore bafatiwe mu mukwabu

Next Post

Harakekwa indi mpamvu y’isezera ry’umwe mu batoza ba Rayon itandukanye n’iyatangajwe

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Harakekwa indi mpamvu y’isezera ry’umwe mu batoza ba Rayon itandukanye n’iyatangajwe

Harakekwa indi mpamvu y’isezera ry’umwe mu batoza ba Rayon itandukanye n’iyatangajwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.