Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

radiotv10by radiotv10
03/03/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mujyi wa Bukavu mu Ntara ya Kivu y’Epfo, haramutse humvikana urusaku rw’amasasu, ubwo abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo ukorana na FARDC wageragezaga igitero shuma, ariko umutwe wa M23 ugenzura uyu mujyi uhita ubasubizayo vuba na bwangu.

Aya masasu yumvikanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 03 Werurwe 2025, ubwo abarwanyi ba Wazalendo bari baturutse mu misozi ya Karhale bamanuka muri Komini ya Kadutu bakagaba igitero.

Ni na bwo abarwanyi ba M23 bari mu birindiro byabo muri Camp TV, bahitaga bakozanyaho n’aba ba Wazalendo, bahita babamurura.

Umuturage wo muri aka gace, aganira n’Ikinyamakuru ACTUALITE.CD dukesha aya makuru, yagize ati “Byatangiye mu gitondo cya kare, ahumvikanye gusubizanya mu masasu hagati ya Wazalendo n’inyeshyamba za M23 muri Karhale. Ariko ntitwamenye ibyaje gukurikiraho.”

Undi muturage yagize ati “Baje mu gitondo cya kare, banyuze hano iwanjye, ubundi barasa amasasu.”

Urusaku rw’amasasu rwumvikanye kugeza ku isaaha ya saa mbiri n’igice za mu gitondo, byanateye impungenge abaturage bo muri aka gace.

Umwe mu bo muri Sosiyete Sivile yagize ati “Uko byifashe ni uko kugeza ku isaaha ya saa 08:30 hari hakomeje kumvikana amasasu. Abaturage bavuga ko ba Wazalendo bamanutse mu ijoro, ubundi bakarasana na M23.”

Amakuru yemeza ko abarwanyi ba Wazalendo bari bagabye iki gitero, basubijwe inyuma n’aba M23, nyuma yo kubarasaho urufaya rw’amasasu menshi.

Umwe mu bo muri Sosiyete Sivile yagize ati “Abo bikekwa ko ari ba Wazalendo baje baturutse muri Camp TV, Karhundu no mu bice bihakikije. Twababonye basubirayo, bazamutse mu bice baje baturukamo. Urebye ntibifuzaga kurwanira mu mujyi, kuko bishobora gutera ikikango abaturage.”

Uku gukozanyaho hagati ya M23 na Wazalendo, kwazamuye ubwoba mu butarage, ndetse ibigo by’amashuri byo muri aka gace bisubiza abana mu miryango yabo, ndetse bimwe mu bikorwa bikaba bitigeze bikora mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 12 =

Previous Post

Ruhango: Abantu 28 barimo n’ab’igitsinagore bafatiwe mu mukwabu

Next Post

Harakekwa indi mpamvu y’isezera ry’umwe mu batoza ba Rayon itandukanye n’iyatangajwe

Related Posts

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

by radiotv10
19/11/2025
0

Eswatini yabaye Igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye umuti wa Lenacapavir, ukora nk'urukingo rurinda umuntu kwandura Virusi itera SIDA, rutangwa...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

by radiotv10
17/11/2025
0

Indege yarimo intumwa ziyobowe na Minisitiri w’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wari ugiye gukurikirana iby’impanuka yahitanye...

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

by radiotv10
17/11/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yakiriye mugenzi we w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, banayobora isinywa ry’amasezerano hagati...

IZIHERUKA

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye
AMAHANGA

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

19/11/2025
Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

19/11/2025
Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Harakekwa indi mpamvu y’isezera ry’umwe mu batoza ba Rayon itandukanye n’iyatangajwe

Harakekwa indi mpamvu y’isezera ry’umwe mu batoza ba Rayon itandukanye n’iyatangajwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.