Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bamporiki wasomewe adahari yakatiwe gufungwa imyaka ine

radiotv10by radiotv10
30/09/2022
in MU RWANDA
0
Bamporiki wasomewe adahari yakatiwe gufungwa imyaka ine
Share on FacebookShare on Twitter

Hon Bamporiki Edouard wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda, akanagira imyanya ikomeye mu buyobozi, ubu akaba akurikiranyweho [ashobora kuzajurira] ibyaha, yakatiwe gufungwa imyaka ine no gutanga ihazabu ya miliyoni 60 Frw.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaburanishije Edouard Bamporiki, rwafashe iki cyemezo rushingiye ku bimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha bwari bwasabiye uregwa gufungwa imyaka 20 n’ihazabu ya Miliyoni 200 Frw.

Ku isaaha ya saa munani zirengaho iminota micye, Inteko y’Urukiko yari yinjiye mu cyumba cy’iburanisha kugira ngo isome icyemezo cyarwo muri uru rubanza ruregwamo Edouard Bamporiki wagize imyanya ikomeye mu buyobozi bw’u Rwanda.

Umucamanza wagarutse kuri bimwe mu byagiye bitangazwa n’impande zombi (Bamporiki n’abamwunganira ndetse n’Ubushinjacyaha) mu iburanisha ryo mu mizi, yagarutse ku byatangajwe n’uruhande rw’uregwa ko uwamuhaye ziriya Miliyoni 5 Frw zafashwe nk’inkonke asanzwe ari inshuti ye ndetse ko yari ishimwe yari amuhaye.

Urukiko rwavuze ko Bamporiki yahemukiye inshuti ye akayaka amafaranga kandi yari umuyobozi muri Minisiteri ifite mu nshingano umuco isanzwe itoza Abanyarwanda umuco wo kudahemukira inshuti.

Umucamanza wavugaga ko nubwo Bamporiki atari umuyobozi muri Minisiteri y’Ibikorwa remezo ifite mu nshingano kiriya kibazo, yavuze ko uregwa ahamwa n’icyaha kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya n’icyo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite.

Umucamanza yasoje avuga ko uregwa yagiriye ubuhemu inshuti ye bityo ko agomba gufungwa imyaka ine akanishyura ihazabu ya Miliyoni 60 Frw.

Urukiko rwanagarutse ku byari byasabwe n’uruhande rw’uregwa byo gusubikirwa igihano, rwavuze ko nta somo byaha abandi kuko yari umuyobozi wo ku rwego rwo hejuru byongeye muri Minisiteri ishinzwe umuco.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kandi rwamenyesheje uregwa ko afite iminsi 30 yo kujurira iki cyemezo mu rukiko ruri hejuru y’uru.

Mu iburanisha ryo mizi ryabaye mu cyumweru gishize tariki 21 Nzeri 2022, ubushinjacyaha bwasobanuye ibyaha bibiri bukurikiranye kuri Edouard Bamporiki ari byo; icyo gusaba cyangwa kwakira indonke ndetse n’icyo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite.

Ubushinjacyaha bwari bwasobanuye ko Bamporiki yokeje igitutu Gatera Norbert usanzwe afite uruganda rwitwa Norbert Business Group rutunganya ibinyobwa bisembuye, ngo amuhe miliyoni 10 Frw kugira ngo amuhuze n’uwamufasha kurufunguza kuko rwari rwafunzwe bitewe no kutuzuza ibisabwa.

Bwavuze ko uyu munyemari yaniyambaje Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ndetse n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali abamenyesha iby’iki gitutu yari akomeje kotswa n’uyu wari umuyobozi muri Guverinoma y’u Rwanda.

Yaje kwigira inama yo kwemerera Bamporiki kumuha Miliyoni 5 Frw ubundi bakaza guhurira muri imwe muri hoteli yo mu Rwnada, bagasangira ariko kuko yari yabimenyesheje Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rwaje guhita rufatira mu modoka ya Bamporiki amafaranga amwe, mu gihe andi yafatiwe mu modoka y’Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe imiturire n’imyubakire, Dr Merard Mpabwanamaguru andi akaza gusanwa ahakirirwa [Reception] abashyitsi baga iyo hotel.

Ubushinjacyaha bwavuze kandi ko Bamporiki atari ubwa mbere yari yatse uyu Gatera indonke kuko no muri 2021 yari yamwatse Miliyoni 10 Frw kugira ngo amufashe gufunguza umugore we wari wafungiwe na bwo ibibazo bifitanye isano n’uru ruganda.

Edouard Bamporiki wahawe umwanya ngo avuge ku gihano yari yasabiwe cyo gufungwa imyaka 20, yari yatakambiye Urukiko, arubwira ko iki gifungo ari kirekire kuko cyatuma amara igihe kinini afunze bikaba byamubuza gukorera u Rwanda kandi yumva agifite imbaraga n’ubushake bwo gukorera Igihugu.

Kasper TUYISHIME
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − two =

Previous Post

Perezida Kagame mu ishuri ryo muri Singapore yateye igiti gifite igisobanuro gihanitse

Next Post

Ijambo Perezida wa Sena y’u Rwanda yavugiye i Burundi bikavugwa ko bwafunguye imipaka nyuma y’icyumweru

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda&Burundi: Abayobora Sena bashimye intambwe yatewe mu gutuma Ibihugu byongera kubana kivandimwe

Ijambo Perezida wa Sena y’u Rwanda yavugiye i Burundi bikavugwa ko bwafunguye imipaka nyuma y’icyumweru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.