Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bamporiki wasomewe adahari yakatiwe gufungwa imyaka ine

radiotv10by radiotv10
30/09/2022
in MU RWANDA
0
Bamporiki wasomewe adahari yakatiwe gufungwa imyaka ine
Share on FacebookShare on Twitter

Hon Bamporiki Edouard wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda, akanagira imyanya ikomeye mu buyobozi, ubu akaba akurikiranyweho [ashobora kuzajurira] ibyaha, yakatiwe gufungwa imyaka ine no gutanga ihazabu ya miliyoni 60 Frw.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaburanishije Edouard Bamporiki, rwafashe iki cyemezo rushingiye ku bimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha bwari bwasabiye uregwa gufungwa imyaka 20 n’ihazabu ya Miliyoni 200 Frw.

Ku isaaha ya saa munani zirengaho iminota micye, Inteko y’Urukiko yari yinjiye mu cyumba cy’iburanisha kugira ngo isome icyemezo cyarwo muri uru rubanza ruregwamo Edouard Bamporiki wagize imyanya ikomeye mu buyobozi bw’u Rwanda.

Umucamanza wagarutse kuri bimwe mu byagiye bitangazwa n’impande zombi (Bamporiki n’abamwunganira ndetse n’Ubushinjacyaha) mu iburanisha ryo mu mizi, yagarutse ku byatangajwe n’uruhande rw’uregwa ko uwamuhaye ziriya Miliyoni 5 Frw zafashwe nk’inkonke asanzwe ari inshuti ye ndetse ko yari ishimwe yari amuhaye.

Urukiko rwavuze ko Bamporiki yahemukiye inshuti ye akayaka amafaranga kandi yari umuyobozi muri Minisiteri ifite mu nshingano umuco isanzwe itoza Abanyarwanda umuco wo kudahemukira inshuti.

Umucamanza wavugaga ko nubwo Bamporiki atari umuyobozi muri Minisiteri y’Ibikorwa remezo ifite mu nshingano kiriya kibazo, yavuze ko uregwa ahamwa n’icyaha kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya n’icyo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite.

Umucamanza yasoje avuga ko uregwa yagiriye ubuhemu inshuti ye bityo ko agomba gufungwa imyaka ine akanishyura ihazabu ya Miliyoni 60 Frw.

Urukiko rwanagarutse ku byari byasabwe n’uruhande rw’uregwa byo gusubikirwa igihano, rwavuze ko nta somo byaha abandi kuko yari umuyobozi wo ku rwego rwo hejuru byongeye muri Minisiteri ishinzwe umuco.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kandi rwamenyesheje uregwa ko afite iminsi 30 yo kujurira iki cyemezo mu rukiko ruri hejuru y’uru.

Mu iburanisha ryo mizi ryabaye mu cyumweru gishize tariki 21 Nzeri 2022, ubushinjacyaha bwasobanuye ibyaha bibiri bukurikiranye kuri Edouard Bamporiki ari byo; icyo gusaba cyangwa kwakira indonke ndetse n’icyo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite.

Ubushinjacyaha bwari bwasobanuye ko Bamporiki yokeje igitutu Gatera Norbert usanzwe afite uruganda rwitwa Norbert Business Group rutunganya ibinyobwa bisembuye, ngo amuhe miliyoni 10 Frw kugira ngo amuhuze n’uwamufasha kurufunguza kuko rwari rwafunzwe bitewe no kutuzuza ibisabwa.

Bwavuze ko uyu munyemari yaniyambaje Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ndetse n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali abamenyesha iby’iki gitutu yari akomeje kotswa n’uyu wari umuyobozi muri Guverinoma y’u Rwanda.

Yaje kwigira inama yo kwemerera Bamporiki kumuha Miliyoni 5 Frw ubundi bakaza guhurira muri imwe muri hoteli yo mu Rwnada, bagasangira ariko kuko yari yabimenyesheje Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rwaje guhita rufatira mu modoka ya Bamporiki amafaranga amwe, mu gihe andi yafatiwe mu modoka y’Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe imiturire n’imyubakire, Dr Merard Mpabwanamaguru andi akaza gusanwa ahakirirwa [Reception] abashyitsi baga iyo hotel.

Ubushinjacyaha bwavuze kandi ko Bamporiki atari ubwa mbere yari yatse uyu Gatera indonke kuko no muri 2021 yari yamwatse Miliyoni 10 Frw kugira ngo amufashe gufunguza umugore we wari wafungiwe na bwo ibibazo bifitanye isano n’uru ruganda.

Edouard Bamporiki wahawe umwanya ngo avuge ku gihano yari yasabiwe cyo gufungwa imyaka 20, yari yatakambiye Urukiko, arubwira ko iki gifungo ari kirekire kuko cyatuma amara igihe kinini afunze bikaba byamubuza gukorera u Rwanda kandi yumva agifite imbaraga n’ubushake bwo gukorera Igihugu.

Kasper TUYISHIME
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Perezida Kagame mu ishuri ryo muri Singapore yateye igiti gifite igisobanuro gihanitse

Next Post

Ijambo Perezida wa Sena y’u Rwanda yavugiye i Burundi bikavugwa ko bwafunguye imipaka nyuma y’icyumweru

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda&Burundi: Abayobora Sena bashimye intambwe yatewe mu gutuma Ibihugu byongera kubana kivandimwe

Ijambo Perezida wa Sena y’u Rwanda yavugiye i Burundi bikavugwa ko bwafunguye imipaka nyuma y’icyumweru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.