Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu minsi ibarirwa ku ntoki umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda uraba ufunguye

radiotv10by radiotv10
28/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Mu minsi ibarirwa ku ntoki umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda uraba ufunguye
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda uzafungurwa tariki 31 Mutarama 2022 nyuma y’imyaka ikabakaba itatu uyu mupaka ufunze.

Byatangajwe mu itangazo ryasohowe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane mu ijoro rihyira kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Mutarama 2022.

Iri tangazo risohotse nyuma y’iminsi micye Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka wa Uganda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni agiriye uruzinduko mu Rwanda.

Muri iri tangazo rya Guverinoma y’u Rwanda, rivuga ko muri ruriya ruzinduko rwa Lt Gen Muhoozi, u Rwanda rwumvise intambwe nziza ya Uganda yo gukemura ibibazo byagaragajwe n’u Rwanda birubangamiye ndetse n’ukwiyemeza kwatangajwe na Uganda mu gukuraho izindi mbogamizi zose zisigaye.

Riti “Hashingiwe ku itangazo ry’ibiganiro bya kane byabereye Gatuna/Katuna tariki 21 Gashyantare 2020, Guverinoma y’u Rwanda iramenyesha abantu bose ko Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda uzafungurwa kuva tariki 31 Mutarama 2022.”

Biriya biganiro byabaye tariki 21 Gashyantare 2020, byari byahuriyemo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Perezida Yoweri Kaguta Museveni, ndetse n’abahuza ari bo Perezida Etienne Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na João Manuel Gonçalves Lourenço wa Angola.

Muri ibi biganiro hari hafatiwemo imyanzuro isaba Guverinoma ya Uganda gukemura ibibazo byose yashinjwaga na Uganda hanyuma ikabigaragaza mu gihe cy’iminsi 15 nyuma y’aho abakuru b’Ibihugu bakongera guhura bafungura imipaka.

Itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda, rivuga ko mu gufungura uyu mupaka wa Gatuna, ubuyobozi bw’ibihugu ku mpande zombi buzakorana mu gushyiraho ingamba zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

Iri tangazo risoza rigira riti “Guverinoma y’u Rwanda izakomeza gushimishwa no kubona imbaraga zishyirwa mu gukemura ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda kandi yizeye ko iri tangazo ry’uyu munsi rizagira uruhare rwiza mu kwihutisha inzira yo gusubiza mu buryo umubano hagati y’ibihugu byombi.”

 

Kuki byafashe imyaka itatu?

Kuva muri Gashyantare 2019 imipaka y’u Rwanda na Uganda yari ifunze aho byatangiriye kuri uyu wa Gatuna ubwo habanzaga gutangazwa ko utafunzwe ahubwo ko wabaye uhagaritswe gukoreshwa kugira ngo usanwe.

Gusa icyo gihe hari hatangiye kumvikana umwuka mubi mu mubano w’u Rwanda na Uganda, bisa no kugarukwaho n’abakuru b’Ibihugu byombi ari na bwo Guverinoma y’u Rwanda yagiriye inama Abanyarwanda kudakomeza kujya muri Uganda kuko bajyagayo bakagirirwa nabi.

Kuva icyo gihe habaye byinshi byari bigamije kuzahura umubano w’ibi bihugu byombi ndetse hazamo n’abahuza bashyizeho itsinda rihuriweho ryari rigamije kwiga uburyo ibi bibazo byakemuka ariko byakomeje kwanga kuko Uganda itahwemye kugirira nabi Abanyarwanda babayo cyangwa bajyayo.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda aherutse gutangaza ko ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda biremereye ku buryo kubikemura bitakorwa mu gihe gito.

Gusa Alain Mukuralinda yavuze ko kuba Lt Gen Muhoozi yaraje mu Rwanda ndetse akagirana ibiganiro byiza na Perezida Kagame, bitanga icyizere kigera kuri 60% mu kuzahura umubano w’Ibihugu byombi.

Iyi ntambwe idasanzwe itewe nyuma y’iminsi micye, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba aje mu Rwanda akagirana ibiganiro na Perezida Kagame Paul.

Abasesengura ibya Politiki by’umwihariko ku byerekeye umubano w’u Rwanda na Uganda, bemeza ko ibi bihugu ari ibivandimwe ku buryo no gukemura ibibazo byavuka hagati yabyo bigomba kubyikorera byo ubwabyo.

Umuhanga mu bya Politiki Mpuzamahanga, Dr Rusa Bagirishya yavuze ko ikigaragaza ubuvandimwe bw’ibi Bihugu ari uko haramutse hagize Igihugu gitera Uganda uyu munsi, Ingabo z’u Rwanda zajya kuyitabara kimwe n’uko haramutse hagize Igihugu gitera u Rwanda, UPDF na yo yahita imanuka ikaza gutaraba Abanyarwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

KNC atangaje ko akuye ikipe ye muri Shampiyona ati “Uyu ni umwanda”

Next Post

Musanze: Babiri bavukana bakurikiranyweho kwica Se wasanzwe yiciwe mu masaka yateraguwe ibyuma

Related Posts

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb. Ernest Rwamucyo warangije inshingano zo guhagararira u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yashyikirije Perezida wa Kenya, William Ruto impapuro zo...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

by radiotv10
04/06/2025
0

Umuyobozi Wungirije ushinzwe amasomo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabgayi B mu Karere ka Muhanga, ukurikiranyweho ibikorwa bigize icyaha cy’ihohotera rishingiye...

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

by radiotv10
04/06/2025
0

Abana barenga 200 biga mu bigo bitatu by’amashuri abanza mu Mujyi wa Kigali, bakiriwe na Polisi y’u Rwanda ku Cyicaro...

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

by radiotv10
04/06/2025
0

Bamwe mu borozi b’inka bo mu Murenge wa Rwimbogo, baravuga ko hari indwara batazi ikiyitera iri gufata amatungo yabo ku...

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

by radiotv10
04/06/2025
0

Ambasaderi Higiro Prosper uhagarariye u Rwanda muri Canada, yashyikirijwe igihembo nka Ambasaderi w’umwaka muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Babiri bavukana bakurikiranyweho kwica Se wasanzwe yiciwe mu masaka yateraguwe ibyuma

Musanze: Babiri bavukana bakurikiranyweho kwica Se wasanzwe yiciwe mu masaka yateraguwe ibyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.