Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu minsi ibarirwa ku ntoki umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda uraba ufunguye

radiotv10by radiotv10
28/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Mu minsi ibarirwa ku ntoki umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda uraba ufunguye
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda uzafungurwa tariki 31 Mutarama 2022 nyuma y’imyaka ikabakaba itatu uyu mupaka ufunze.

Byatangajwe mu itangazo ryasohowe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane mu ijoro rihyira kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Mutarama 2022.

Iri tangazo risohotse nyuma y’iminsi micye Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka wa Uganda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni agiriye uruzinduko mu Rwanda.

Muri iri tangazo rya Guverinoma y’u Rwanda, rivuga ko muri ruriya ruzinduko rwa Lt Gen Muhoozi, u Rwanda rwumvise intambwe nziza ya Uganda yo gukemura ibibazo byagaragajwe n’u Rwanda birubangamiye ndetse n’ukwiyemeza kwatangajwe na Uganda mu gukuraho izindi mbogamizi zose zisigaye.

Riti “Hashingiwe ku itangazo ry’ibiganiro bya kane byabereye Gatuna/Katuna tariki 21 Gashyantare 2020, Guverinoma y’u Rwanda iramenyesha abantu bose ko Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda uzafungurwa kuva tariki 31 Mutarama 2022.”

Biriya biganiro byabaye tariki 21 Gashyantare 2020, byari byahuriyemo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Perezida Yoweri Kaguta Museveni, ndetse n’abahuza ari bo Perezida Etienne Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na João Manuel Gonçalves Lourenço wa Angola.

Muri ibi biganiro hari hafatiwemo imyanzuro isaba Guverinoma ya Uganda gukemura ibibazo byose yashinjwaga na Uganda hanyuma ikabigaragaza mu gihe cy’iminsi 15 nyuma y’aho abakuru b’Ibihugu bakongera guhura bafungura imipaka.

Itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda, rivuga ko mu gufungura uyu mupaka wa Gatuna, ubuyobozi bw’ibihugu ku mpande zombi buzakorana mu gushyiraho ingamba zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

Iri tangazo risoza rigira riti “Guverinoma y’u Rwanda izakomeza gushimishwa no kubona imbaraga zishyirwa mu gukemura ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda kandi yizeye ko iri tangazo ry’uyu munsi rizagira uruhare rwiza mu kwihutisha inzira yo gusubiza mu buryo umubano hagati y’ibihugu byombi.”

 

Kuki byafashe imyaka itatu?

Kuva muri Gashyantare 2019 imipaka y’u Rwanda na Uganda yari ifunze aho byatangiriye kuri uyu wa Gatuna ubwo habanzaga gutangazwa ko utafunzwe ahubwo ko wabaye uhagaritswe gukoreshwa kugira ngo usanwe.

Gusa icyo gihe hari hatangiye kumvikana umwuka mubi mu mubano w’u Rwanda na Uganda, bisa no kugarukwaho n’abakuru b’Ibihugu byombi ari na bwo Guverinoma y’u Rwanda yagiriye inama Abanyarwanda kudakomeza kujya muri Uganda kuko bajyagayo bakagirirwa nabi.

Kuva icyo gihe habaye byinshi byari bigamije kuzahura umubano w’ibi bihugu byombi ndetse hazamo n’abahuza bashyizeho itsinda rihuriweho ryari rigamije kwiga uburyo ibi bibazo byakemuka ariko byakomeje kwanga kuko Uganda itahwemye kugirira nabi Abanyarwanda babayo cyangwa bajyayo.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda aherutse gutangaza ko ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda biremereye ku buryo kubikemura bitakorwa mu gihe gito.

Gusa Alain Mukuralinda yavuze ko kuba Lt Gen Muhoozi yaraje mu Rwanda ndetse akagirana ibiganiro byiza na Perezida Kagame, bitanga icyizere kigera kuri 60% mu kuzahura umubano w’Ibihugu byombi.

Iyi ntambwe idasanzwe itewe nyuma y’iminsi micye, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba aje mu Rwanda akagirana ibiganiro na Perezida Kagame Paul.

Abasesengura ibya Politiki by’umwihariko ku byerekeye umubano w’u Rwanda na Uganda, bemeza ko ibi bihugu ari ibivandimwe ku buryo no gukemura ibibazo byavuka hagati yabyo bigomba kubyikorera byo ubwabyo.

Umuhanga mu bya Politiki Mpuzamahanga, Dr Rusa Bagirishya yavuze ko ikigaragaza ubuvandimwe bw’ibi Bihugu ari uko haramutse hagize Igihugu gitera Uganda uyu munsi, Ingabo z’u Rwanda zajya kuyitabara kimwe n’uko haramutse hagize Igihugu gitera u Rwanda, UPDF na yo yahita imanuka ikaza gutaraba Abanyarwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

KNC atangaje ko akuye ikipe ye muri Shampiyona ati “Uyu ni umwanda”

Next Post

Musanze: Babiri bavukana bakurikiranyweho kwica Se wasanzwe yiciwe mu masaka yateraguwe ibyuma

Related Posts

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

by radiotv10
26/11/2025
0

Abantu 22 bavuye mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biganjemo abari abarwanyi b’umutwe w’Iterabwoba wa FDLR, batahutse mu...

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho kwica umwana we...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

IZIHERUKA

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe
FOOTBALL

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Babiri bavukana bakurikiranyweho kwica Se wasanzwe yiciwe mu masaka yateraguwe ibyuma

Musanze: Babiri bavukana bakurikiranyweho kwica Se wasanzwe yiciwe mu masaka yateraguwe ibyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.