Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu minsi ibarirwa ku ntoki umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda uraba ufunguye

radiotv10by radiotv10
28/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Mu minsi ibarirwa ku ntoki umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda uraba ufunguye
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda uzafungurwa tariki 31 Mutarama 2022 nyuma y’imyaka ikabakaba itatu uyu mupaka ufunze.

Byatangajwe mu itangazo ryasohowe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane mu ijoro rihyira kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Mutarama 2022.

Iri tangazo risohotse nyuma y’iminsi micye Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka wa Uganda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni agiriye uruzinduko mu Rwanda.

Muri iri tangazo rya Guverinoma y’u Rwanda, rivuga ko muri ruriya ruzinduko rwa Lt Gen Muhoozi, u Rwanda rwumvise intambwe nziza ya Uganda yo gukemura ibibazo byagaragajwe n’u Rwanda birubangamiye ndetse n’ukwiyemeza kwatangajwe na Uganda mu gukuraho izindi mbogamizi zose zisigaye.

Riti “Hashingiwe ku itangazo ry’ibiganiro bya kane byabereye Gatuna/Katuna tariki 21 Gashyantare 2020, Guverinoma y’u Rwanda iramenyesha abantu bose ko Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda uzafungurwa kuva tariki 31 Mutarama 2022.”

Biriya biganiro byabaye tariki 21 Gashyantare 2020, byari byahuriyemo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Perezida Yoweri Kaguta Museveni, ndetse n’abahuza ari bo Perezida Etienne Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na João Manuel Gonçalves Lourenço wa Angola.

Muri ibi biganiro hari hafatiwemo imyanzuro isaba Guverinoma ya Uganda gukemura ibibazo byose yashinjwaga na Uganda hanyuma ikabigaragaza mu gihe cy’iminsi 15 nyuma y’aho abakuru b’Ibihugu bakongera guhura bafungura imipaka.

Itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda, rivuga ko mu gufungura uyu mupaka wa Gatuna, ubuyobozi bw’ibihugu ku mpande zombi buzakorana mu gushyiraho ingamba zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

Iri tangazo risoza rigira riti “Guverinoma y’u Rwanda izakomeza gushimishwa no kubona imbaraga zishyirwa mu gukemura ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda kandi yizeye ko iri tangazo ry’uyu munsi rizagira uruhare rwiza mu kwihutisha inzira yo gusubiza mu buryo umubano hagati y’ibihugu byombi.”

 

Kuki byafashe imyaka itatu?

Kuva muri Gashyantare 2019 imipaka y’u Rwanda na Uganda yari ifunze aho byatangiriye kuri uyu wa Gatuna ubwo habanzaga gutangazwa ko utafunzwe ahubwo ko wabaye uhagaritswe gukoreshwa kugira ngo usanwe.

Gusa icyo gihe hari hatangiye kumvikana umwuka mubi mu mubano w’u Rwanda na Uganda, bisa no kugarukwaho n’abakuru b’Ibihugu byombi ari na bwo Guverinoma y’u Rwanda yagiriye inama Abanyarwanda kudakomeza kujya muri Uganda kuko bajyagayo bakagirirwa nabi.

Kuva icyo gihe habaye byinshi byari bigamije kuzahura umubano w’ibi bihugu byombi ndetse hazamo n’abahuza bashyizeho itsinda rihuriweho ryari rigamije kwiga uburyo ibi bibazo byakemuka ariko byakomeje kwanga kuko Uganda itahwemye kugirira nabi Abanyarwanda babayo cyangwa bajyayo.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda aherutse gutangaza ko ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda biremereye ku buryo kubikemura bitakorwa mu gihe gito.

Gusa Alain Mukuralinda yavuze ko kuba Lt Gen Muhoozi yaraje mu Rwanda ndetse akagirana ibiganiro byiza na Perezida Kagame, bitanga icyizere kigera kuri 60% mu kuzahura umubano w’Ibihugu byombi.

Iyi ntambwe idasanzwe itewe nyuma y’iminsi micye, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba aje mu Rwanda akagirana ibiganiro na Perezida Kagame Paul.

Abasesengura ibya Politiki by’umwihariko ku byerekeye umubano w’u Rwanda na Uganda, bemeza ko ibi bihugu ari ibivandimwe ku buryo no gukemura ibibazo byavuka hagati yabyo bigomba kubyikorera byo ubwabyo.

Umuhanga mu bya Politiki Mpuzamahanga, Dr Rusa Bagirishya yavuze ko ikigaragaza ubuvandimwe bw’ibi Bihugu ari uko haramutse hagize Igihugu gitera Uganda uyu munsi, Ingabo z’u Rwanda zajya kuyitabara kimwe n’uko haramutse hagize Igihugu gitera u Rwanda, UPDF na yo yahita imanuka ikaza gutaraba Abanyarwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + seven =

Previous Post

KNC atangaje ko akuye ikipe ye muri Shampiyona ati “Uyu ni umwanda”

Next Post

Musanze: Babiri bavukana bakurikiranyweho kwica Se wasanzwe yiciwe mu masaka yateraguwe ibyuma

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Babiri bavukana bakurikiranyweho kwica Se wasanzwe yiciwe mu masaka yateraguwe ibyuma

Musanze: Babiri bavukana bakurikiranyweho kwica Se wasanzwe yiciwe mu masaka yateraguwe ibyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.