Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

radiotv10by radiotv10
19/11/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo na Guverinoma y’u Rwanda mu mwaka utaha. Ni amasezerano ya Visit Rwanda, aho iyi kipe yari yabaye iya mbere muri iyi mikoranire.

Aya makuru yatangajwe na RDB mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Ugushyingo 2025, aho uru Rwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda, rwabinyujije ku rubuga rwarwo, rutangaza ko aya masezerano atazongera nyuma ya Kamenaumwaka utaha wa 2026.

RDB yatangaje ko “Arsenal na Rwanda Development Board bumvikanye ku gusoza imikoranire mu mpera z’uyu mwaka w’imikino, uri gusatira imyaka umunani y’imikoranire kuri Visit Rwanda nk’umufatanyabikorwa wa mbere wabaye Arsenal.”

RDB ivuga ko icyo ari cyo gihe cyo gutera indi ntambwe mu gushaka abandi bafatanyabikorwa muri gahunda ya Visit Rwanda no kwagura amasoko mu rwego rwo kuzamura indi ntambwe mu bijyanye n’ubukerarugendo n’intego mu ishoramari.

Iri tangazo, rikavuga ko “Ku bufatanye bwa Arsenal n’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda babashije kwesa imihigo y’ingenzi mu mikoranire, mu guteza imbere kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima n’ubukerarugendo burambye, gushishikariza amamiliyoni y’abantu kurushaho kumenya Igihugu, ndetse no kubaka umusingi w’iterambere ry’ubukerarugendo.”

RDB ivuga ko iyi mikoranire yatumye ubwiza karemano bw’u Rwanda burushaho kumenyekana, kandi bigira uruhare mu kwihutisha iterambere ry’urwego rw’Ubukerarugendo.

Iti “Abasura u Rwanda bageze kuri miliyoni 1,3 muri 2024, kandi umusaruro uva mu bukerarugendo uriyongera ugera kuri miliyoni 650 USD, habaho izamuka rya 47% kuva ubwo bufatanye bwatangira.”

RDB kandi yagaragaje ibihe by’ingenzi bitazibagirana byabayeho ku bw’ubu bufatanye, birimo ingendo za bamwe mu bafite amazina akomeye mu muryango wa Arsenal, barimo abayikiniye n’akiyikinira bagiye basura u Rwanda, barimo Alex Scott, Mathieu Flamini, Bacary Sagna, Jurrien Timber, Caitlin Foord, Katie McCabe na Laia Codina.

Aba basitari b’ikipe ya Arsenal, bagize amahirwe yo kwirebera ibyiza bitatse u Rwanda, basura Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, Pariki y’Akagaera, ndetse banasura ikiraro cyo mu kirere cyo muri Pariki ya Nyungwe, ndetse bagenda banagira uruhare mu gikorwa cyo Kwita Izina abana b’Ingagi.

Ubu bufatanye kandi bwagize uruhare mu gutuma u Rwanda ruba igicumbi mpuzamahanga cy’ibikorwa bya siporo ku Mugabane wa Afurika.

Umuyobozi Mukuru wa RDB, Jean-Guy Afrika, yagize ati “Twishimira kuba aya masezerano yarageze ku ntego yayo mu myaka myinshi y’imikoranire. Yafunguye imiryango mu kwagura ubukerarugendo no kumenyekanisha u Rwanda ku Isi, no guhamagarira abayituye gusurau Rwanda.”

Richard Garlick, Umuyobozi Mukuru wa Arsenal, na we yavuze ko aya masezerano y’imikoranire, yabaye urugendo rutazibagirana, kuko ku bufatanye na RDB babashije kwamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda, ndetse anafasha iyi kipe gukomeza kugirana umubano mwiza n’abakunzi bayo bo ku Mugabane wa Afurika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − three =

Previous Post

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Related Posts

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Why saving money matters: The power of saving for your future

by radiotv10
19/11/2025
0

In a world where the cost of living keeps rising and responsibilities only grow heavier, saving money has become more...

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

IZIHERUKA

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo
MU RWANDA

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

19/11/2025
Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

19/11/2025
Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

19/11/2025
Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

19/11/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.