Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

radiotv10by radiotv10
19/11/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo na Guverinoma y’u Rwanda mu mwaka utaha. Ni amasezerano ya Visit Rwanda, aho iyi kipe yari yabaye iya mbere muri iyi mikoranire.

Aya makuru yatangajwe na RDB mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Ugushyingo 2025, aho uru Rwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda, rwabinyujije ku rubuga rwarwo, rutangaza ko aya masezerano atazongera nyuma ya Kamenaumwaka utaha wa 2026.

RDB yatangaje ko “Arsenal na Rwanda Development Board bumvikanye ku gusoza imikoranire mu mpera z’uyu mwaka w’imikino, uri gusatira imyaka umunani y’imikoranire kuri Visit Rwanda nk’umufatanyabikorwa wa mbere wabaye Arsenal.”

RDB ivuga ko icyo ari cyo gihe cyo gutera indi ntambwe mu gushaka abandi bafatanyabikorwa muri gahunda ya Visit Rwanda no kwagura amasoko mu rwego rwo kuzamura indi ntambwe mu bijyanye n’ubukerarugendo n’intego mu ishoramari.

Iri tangazo, rikavuga ko “Ku bufatanye bwa Arsenal n’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda babashije kwesa imihigo y’ingenzi mu mikoranire, mu guteza imbere kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima n’ubukerarugendo burambye, gushishikariza amamiliyoni y’abantu kurushaho kumenya Igihugu, ndetse no kubaka umusingi w’iterambere ry’ubukerarugendo.”

RDB ivuga ko iyi mikoranire yatumye ubwiza karemano bw’u Rwanda burushaho kumenyekana, kandi bigira uruhare mu kwihutisha iterambere ry’urwego rw’Ubukerarugendo.

Iti “Abasura u Rwanda bageze kuri miliyoni 1,3 muri 2024, kandi umusaruro uva mu bukerarugendo uriyongera ugera kuri miliyoni 650 USD, habaho izamuka rya 47% kuva ubwo bufatanye bwatangira.”

RDB kandi yagaragaje ibihe by’ingenzi bitazibagirana byabayeho ku bw’ubu bufatanye, birimo ingendo za bamwe mu bafite amazina akomeye mu muryango wa Arsenal, barimo abayikiniye n’akiyikinira bagiye basura u Rwanda, barimo Alex Scott, Mathieu Flamini, Bacary Sagna, Jurrien Timber, Caitlin Foord, Katie McCabe na Laia Codina.

Aba basitari b’ikipe ya Arsenal, bagize amahirwe yo kwirebera ibyiza bitatse u Rwanda, basura Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, Pariki y’Akagaera, ndetse banasura ikiraro cyo mu kirere cyo muri Pariki ya Nyungwe, ndetse bagenda banagira uruhare mu gikorwa cyo Kwita Izina abana b’Ingagi.

Ubu bufatanye kandi bwagize uruhare mu gutuma u Rwanda ruba igicumbi mpuzamahanga cy’ibikorwa bya siporo ku Mugabane wa Afurika.

Umuyobozi Mukuru wa RDB, Jean-Guy Afrika, yagize ati “Twishimira kuba aya masezerano yarageze ku ntego yayo mu myaka myinshi y’imikoranire. Yafunguye imiryango mu kwagura ubukerarugendo no kumenyekanisha u Rwanda ku Isi, no guhamagarira abayituye gusurau Rwanda.”

Richard Garlick, Umuyobozi Mukuru wa Arsenal, na we yavuze ko aya masezerano y’imikoranire, yabaye urugendo rutazibagirana, kuko ku bufatanye na RDB babashije kwamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda, ndetse anafasha iyi kipe gukomeza kugirana umubano mwiza n’abakunzi bayo bo ku Mugabane wa Afurika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 3 =

Previous Post

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Next Post

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.