Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

radiotv10by radiotv10
27/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe impande zombi zigamije gukomeza kwimakaza umubano mu rwego rwo guhangana n’umwuka mubi uri mu mubano wazo na Leta Zunze Ubumwe za America.

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Ursula von der Leyen, abinyujije ku rubuga rwa X, yatangaje ko Uburayi n’u Buhinde byageze ku masezerano y’amateka y’imikoranire hagati y’impande zombi.

Yagize ati: “Uburayi n’u Buhinde twakoze amateka uyu munsi. Twageze ku masezerano akomeye kurusha ayandi yose.”

U Buhinde n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi byombi biri gushaka gushimangira umubano w’imikoranire mu bucuruzi n’ibindi bihugu ku isi, mu gihe bihanganye n’igitutu cy’ubukungu n’icya politiki mpuzamahanga baterwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Kugeza ubu, u Buhinde buri guhangana n’imisoro ihanitse ya 50% yashyizweho na Perezida Donald Trump umwaka ushize, mu gihe ibiganiro bigamije kugera ku masezerano y’ubucuruzi hagati y’u Buhinde na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bikomeje kugenda biguru ntege.

Ndetse no mu cyumweru gishize, Trump yatangaje ko ashobora gukaza intambara y’ubucuruzi ku bihugu by’u Burayi, abishinja kwanga umugambi we wo kwigarurira ikirwa cya Greenland.

Mu rwego rwo kwihimura kuri Amerika, kuri uyu wa Kabiri, Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yatangaje ko u Buhinde n’u Burayi byashyizeho isoko rusange ry’ubucuruzi impande zombi zizungukiramo.

Von der Leyen yagize ati: “Twashyizeho isoko rusange ry’ubucuruzi bwisanzuye rigizwe n’abantu miliyari ebyiri, impande zombi zizungukiramo. Ibi ni intangiriro gusa. Tuzarushaho gukomeza gukorana no gushimangira umubano wacu.”

Umunsi umwe mbere yo gusinya aya masezerano, Perezida w’Inama y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, António Costa, yari yatangaje ko ayo masezerano y’ubucuruzi azatanga ubutumwa bukomeye bugaragaza ko Uburayi n’u Buhinde byemera cyane amasezerano y’ubucuruzi aho guhanika imisoro, nk’uko ibihugu bimwe byabigenje.

Aya masezerano agezweho nyuma y’imyaka 20

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + eighteen =

Previous Post

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Next Post

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.