Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amasezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza yo kohereza abimukira ashobora kuburwa

radiotv10by radiotv10
03/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Bwongereza bwatanzeho u Rwanda urugero rw’Ibihugu by’indashyikirwa mu mikoranire y’ubukungu
Share on FacebookShare on Twitter

James Cleverly wabaye muri Guverinoma y’u Bwongereza, akaba ari na we washyize umukono ku masezerano yaherukaga y’iki Gihugu n’u Rwanda, yatangaje ko naramuka atowe nk’Umuyobozi w’Ishyaka ry’Aba- Conservative ndetse n’umwanya wa Minisitiri w’Intebe, azagarura aya masezerano.

Uyu wahoze ari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Umutekano w’Imbere mu Gihugu mu Bwongereza, yavuze ko azubura umubano hagati y’u Rwanda n’iki Gihugu cy’u Bwongereza, naramuka atowe kuyobora iri shyaka riherutse kubura intebe yo kuyobora u Bwongereza.

Ni nyuma yuko Guverinoma y’u Bwongereza iherutse kujyaho mu Bwongereza iyobowe na Sir Keir Rodney Starmer, yahise ihagarika aya masezerano yagiye ahura n’imbogamizi zinyuranye.

Guverinoma y’Aba- Conservative iherutse gutsindwa ry’Aba-Labour, yari imaze igihe ishyize imbaraga muri iyi gahunda yo kohereza abimukira, aho yasinywe bwa mbere muri Mata 2022, aza guhura n’imbogamizi zanatumye Urukiko rw’Ikirenga ruyatesha agaciro.

Mu mpera z’umwaka ushize wa 2023, hongeye gukorwa igikorwa cyo gushyira umukono ku masezerano avuruye nk’aya, aho yari yasinwe n’uwari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta, ndetse n’uyu James Cleverly wari uri muri Guverinoma y’u Bwongereza.

Guverinoma iyobowe n’ishyaka ry’Abakozi [Labour] riherutse guhagarika aya masezerano, yavuze ko iyi gahunda yari yari genewe kuzatangwaho imisoro y’Abongereza igera muri Miliyoni 700.

Mu kwezi gushize, Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu mu Bwongereza, Yvette Cooper yavuze ko amafaranga yasigaye kuri aya, azakoreshwa mu gushyiraho ingamba z’umutekano uhamye mu guhagarika abimukira binjira muri iki Gihugu.

Mu ijambo yavugiye ku nyubako Old War Office ifite amateka muri Politiki, Cleverly yavuze ko ishyaka rye “rigomba kwigarurira ukwizerwa” kuri gahunda yo guca intege abimukira mu rwego rwo kwigarurira abatora bashyigikiye andi mashyaka mu matora rusange.

Yagize ati “Igihe turi guhangana n’ikibazo cy’abimukira, nzakomeza guhagarara ku byo nakuze kuvuga: Tugomba gukoresha imbaraga zikomeye.”

Yavuze ko azakoresha umubano ndetse n’isura nziza afitanye n’u Rwanda “mu kubura iriya mikoranire y’ingenzi. Ikirenze kuri ibyo kandi, nzazahura ubucuti bwatokojwe n’ubwibone bw’Aba-Labour batitaye ku kamaro ka Dipolomasi iyoboye Isi.”
itsinda rishinzwe ubukangurambaga bwo kwiyamamaza kwa Cleverly, ritangaza ko iyi gahunda y’u Bwongereza n’u Rwanda, niyuburwa, itazaba isa nk’iya mbere kubera uburyo yangijwe na Labour.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 6 =

Previous Post

Rubavu: Harumvikana imvugo zibusanye kuri Gitifu uvugwaho gukoresha nabi ububasha

Next Post

Hatanzwe umucyo ku isezera ry’uwari Umuyobozi muri Rayon Sports

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku isezera ry’uwari Umuyobozi muri Rayon Sports

Hatanzwe umucyo ku isezera ry’uwari Umuyobozi muri Rayon Sports

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.