Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amasezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza yo kohereza abimukira ashobora kuburwa

radiotv10by radiotv10
03/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Bwongereza bwatanzeho u Rwanda urugero rw’Ibihugu by’indashyikirwa mu mikoranire y’ubukungu
Share on FacebookShare on Twitter

James Cleverly wabaye muri Guverinoma y’u Bwongereza, akaba ari na we washyize umukono ku masezerano yaherukaga y’iki Gihugu n’u Rwanda, yatangaje ko naramuka atowe nk’Umuyobozi w’Ishyaka ry’Aba- Conservative ndetse n’umwanya wa Minisitiri w’Intebe, azagarura aya masezerano.

Uyu wahoze ari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Umutekano w’Imbere mu Gihugu mu Bwongereza, yavuze ko azubura umubano hagati y’u Rwanda n’iki Gihugu cy’u Bwongereza, naramuka atowe kuyobora iri shyaka riherutse kubura intebe yo kuyobora u Bwongereza.

Ni nyuma yuko Guverinoma y’u Bwongereza iherutse kujyaho mu Bwongereza iyobowe na Sir Keir Rodney Starmer, yahise ihagarika aya masezerano yagiye ahura n’imbogamizi zinyuranye.

Guverinoma y’Aba- Conservative iherutse gutsindwa ry’Aba-Labour, yari imaze igihe ishyize imbaraga muri iyi gahunda yo kohereza abimukira, aho yasinywe bwa mbere muri Mata 2022, aza guhura n’imbogamizi zanatumye Urukiko rw’Ikirenga ruyatesha agaciro.

Mu mpera z’umwaka ushize wa 2023, hongeye gukorwa igikorwa cyo gushyira umukono ku masezerano avuruye nk’aya, aho yari yasinwe n’uwari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta, ndetse n’uyu James Cleverly wari uri muri Guverinoma y’u Bwongereza.

Guverinoma iyobowe n’ishyaka ry’Abakozi [Labour] riherutse guhagarika aya masezerano, yavuze ko iyi gahunda yari yari genewe kuzatangwaho imisoro y’Abongereza igera muri Miliyoni 700.

Mu kwezi gushize, Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu mu Bwongereza, Yvette Cooper yavuze ko amafaranga yasigaye kuri aya, azakoreshwa mu gushyiraho ingamba z’umutekano uhamye mu guhagarika abimukira binjira muri iki Gihugu.

Mu ijambo yavugiye ku nyubako Old War Office ifite amateka muri Politiki, Cleverly yavuze ko ishyaka rye “rigomba kwigarurira ukwizerwa” kuri gahunda yo guca intege abimukira mu rwego rwo kwigarurira abatora bashyigikiye andi mashyaka mu matora rusange.

Yagize ati “Igihe turi guhangana n’ikibazo cy’abimukira, nzakomeza guhagarara ku byo nakuze kuvuga: Tugomba gukoresha imbaraga zikomeye.”

Yavuze ko azakoresha umubano ndetse n’isura nziza afitanye n’u Rwanda “mu kubura iriya mikoranire y’ingenzi. Ikirenze kuri ibyo kandi, nzazahura ubucuti bwatokojwe n’ubwibone bw’Aba-Labour batitaye ku kamaro ka Dipolomasi iyoboye Isi.”
itsinda rishinzwe ubukangurambaga bwo kwiyamamaza kwa Cleverly, ritangaza ko iyi gahunda y’u Bwongereza n’u Rwanda, niyuburwa, itazaba isa nk’iya mbere kubera uburyo yangijwe na Labour.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 8 =

Previous Post

Rubavu: Harumvikana imvugo zibusanye kuri Gitifu uvugwaho gukoresha nabi ububasha

Next Post

Hatanzwe umucyo ku isezera ry’uwari Umuyobozi muri Rayon Sports

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku isezera ry’uwari Umuyobozi muri Rayon Sports

Hatanzwe umucyo ku isezera ry’uwari Umuyobozi muri Rayon Sports

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.