Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amasezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza yo kohereza abimukira ashobora kuburwa

radiotv10by radiotv10
03/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Bwongereza bwatanzeho u Rwanda urugero rw’Ibihugu by’indashyikirwa mu mikoranire y’ubukungu
Share on FacebookShare on Twitter

James Cleverly wabaye muri Guverinoma y’u Bwongereza, akaba ari na we washyize umukono ku masezerano yaherukaga y’iki Gihugu n’u Rwanda, yatangaje ko naramuka atowe nk’Umuyobozi w’Ishyaka ry’Aba- Conservative ndetse n’umwanya wa Minisitiri w’Intebe, azagarura aya masezerano.

Uyu wahoze ari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Umutekano w’Imbere mu Gihugu mu Bwongereza, yavuze ko azubura umubano hagati y’u Rwanda n’iki Gihugu cy’u Bwongereza, naramuka atowe kuyobora iri shyaka riherutse kubura intebe yo kuyobora u Bwongereza.

Ni nyuma yuko Guverinoma y’u Bwongereza iherutse kujyaho mu Bwongereza iyobowe na Sir Keir Rodney Starmer, yahise ihagarika aya masezerano yagiye ahura n’imbogamizi zinyuranye.

Guverinoma y’Aba- Conservative iherutse gutsindwa ry’Aba-Labour, yari imaze igihe ishyize imbaraga muri iyi gahunda yo kohereza abimukira, aho yasinywe bwa mbere muri Mata 2022, aza guhura n’imbogamizi zanatumye Urukiko rw’Ikirenga ruyatesha agaciro.

Mu mpera z’umwaka ushize wa 2023, hongeye gukorwa igikorwa cyo gushyira umukono ku masezerano avuruye nk’aya, aho yari yasinwe n’uwari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta, ndetse n’uyu James Cleverly wari uri muri Guverinoma y’u Bwongereza.

Guverinoma iyobowe n’ishyaka ry’Abakozi [Labour] riherutse guhagarika aya masezerano, yavuze ko iyi gahunda yari yari genewe kuzatangwaho imisoro y’Abongereza igera muri Miliyoni 700.

Mu kwezi gushize, Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu mu Bwongereza, Yvette Cooper yavuze ko amafaranga yasigaye kuri aya, azakoreshwa mu gushyiraho ingamba z’umutekano uhamye mu guhagarika abimukira binjira muri iki Gihugu.

Mu ijambo yavugiye ku nyubako Old War Office ifite amateka muri Politiki, Cleverly yavuze ko ishyaka rye “rigomba kwigarurira ukwizerwa” kuri gahunda yo guca intege abimukira mu rwego rwo kwigarurira abatora bashyigikiye andi mashyaka mu matora rusange.

Yagize ati “Igihe turi guhangana n’ikibazo cy’abimukira, nzakomeza guhagarara ku byo nakuze kuvuga: Tugomba gukoresha imbaraga zikomeye.”

Yavuze ko azakoresha umubano ndetse n’isura nziza afitanye n’u Rwanda “mu kubura iriya mikoranire y’ingenzi. Ikirenze kuri ibyo kandi, nzazahura ubucuti bwatokojwe n’ubwibone bw’Aba-Labour batitaye ku kamaro ka Dipolomasi iyoboye Isi.”
itsinda rishinzwe ubukangurambaga bwo kwiyamamaza kwa Cleverly, ritangaza ko iyi gahunda y’u Bwongereza n’u Rwanda, niyuburwa, itazaba isa nk’iya mbere kubera uburyo yangijwe na Labour.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + one =

Previous Post

Rubavu: Harumvikana imvugo zibusanye kuri Gitifu uvugwaho gukoresha nabi ububasha

Next Post

Hatanzwe umucyo ku isezera ry’uwari Umuyobozi muri Rayon Sports

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

IZIHERUKA

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka
IBYAMAMARE

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku isezera ry’uwari Umuyobozi muri Rayon Sports

Hatanzwe umucyo ku isezera ry’uwari Umuyobozi muri Rayon Sports

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.