Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amashusho y’Umwuzukuru wa Perezida Kagame agaragaza ubuhanga bwe yashimishije benshi

radiotv10by radiotv10
19/04/2023
in MU RWANDA
0
Amashusho y’Umwuzukuru wa Perezida Kagame agaragaza ubuhanga bwe yashimishije benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umwuzukuru wa Perezida Paul Kagame, akaba imfura ya Ange Ingabire Kagame na Bertrand Ndengeyingoma, yagaragaye mu mashusho yanejeje benshi, ari kubara mu Kinyarwanda adategwa.

Aya mashusho yabanje gushyirwa ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter n’uwitwa Claude Karangwa, uri mu bakunze gukoresha cyane uru rubuga nkoranyambaga, agaragaza Umwuzukuru wa Perezida Kagame, ari mu rugo, ari gufashwa n’umubyeyi we (Se) kubara mu Kinyarwanda.

Iyi mfura ya Ange Ingabire Kagame na Bertrand Ndengeyingoma, itangirira kuri rimwe ibara, ikageza ku icumi, agahita yikomera amashyi, yishimye we n’umubyeyi we, baba banyuzamo bagaseka.

Hari andi mashusho kandi agaragaza uyu mwuzukuru wa Perezida Paul Kagame, abara mu rurimi rw’Igifaransa, na yo aba ari kumwe na Se, na bwo bishimye baseka.

Ni amashusho yashimishije benshi, bayatanzeho ibitekerezo, bagaragaza ko bishimiye uburyo uyu mwana wa Ange Kagame agaragaza ubuhanga nubwo akiri muto byumwihariko akaba azi Ikinyarwanda.

Uwitwa Grace Usanase kuri Twitter, yagize ati “Uragatunga kibondo, bravooo Ange Kagame.”

Uwitwa Uwamahoro Arlet we yagize ati “Incwiii birashimishije kubona Umwuzukuru wa wa Perezida azi kubara mu Kinyarwanda, ariko rubanda rw’epfiyo rudashaka kwigisha abana babo Ikinyarwanda.”

Aya mashusho kandi yanashyizwe kuri Twitter n’ikinyamakuru Inyarwanda, cyatangaje ko akomeje gushimisha benshi kubera ubuhanga bw’Umwuzukuru wa Perezida.

AMASHUSHO: Umwuzukuru wa Perezida ari kubara imibare mu Kinyarwanda akomeje gushimisha benshi ku mbuga nkoranyambaga. #inyarwandanews #inyarwanda #nonehoevents pic.twitter.com/66itJF3vJv

— Inyarwanda.com (@Inyarwandacom) April 18, 2023

Umwuzukuru wa Perezida Paul Kagame kandi akunze kugaragara mu mashusho n’amafoto ari kumwe n’Umukuru w’u Rwanda, aho aheruka ari ayafashwe ubwo Abakristu ba Kiliziya Gatulika bari mu gihe cy’Igisibo gitegura Pasika, ubwo Perezida Kagame yamuhaga umugisha nk’ibikunze gukorwa muri Kiliziya Gatulika, umwuzukuru we na we akawumuha.

Yamenye imwe mu mibare y'Ikinyarwanda, Umwuzukuru wa Perezida #Kagame yagaragaye ari kubara kuva kuri 1 kugeza ku 10. pic.twitter.com/EocxqlHipW

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) April 18, 2023

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 6 =

Previous Post

IFOTO: Perezida Ndayishimiye yasuye abahinzi yanga kugenda atabahaye umubyizi

Next Post

Itorero rishyigikiye ubutinganyi ishami ryaryo mu Rwanda ryaritunguye riribwiza ukuri

Related Posts

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

IZIHERUKA

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda
MU RWANDA

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

05/12/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Itorero rishyigikiye ubutinganyi ishami ryaryo mu Rwanda ryaritunguye riribwiza ukuri

Itorero rishyigikiye ubutinganyi ishami ryaryo mu Rwanda ryaritunguye riribwiza ukuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.