Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amashusho y’Umwuzukuru wa Perezida Kagame agaragaza ubuhanga bwe yashimishije benshi

radiotv10by radiotv10
19/04/2023
in MU RWANDA
0
Amashusho y’Umwuzukuru wa Perezida Kagame agaragaza ubuhanga bwe yashimishije benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umwuzukuru wa Perezida Paul Kagame, akaba imfura ya Ange Ingabire Kagame na Bertrand Ndengeyingoma, yagaragaye mu mashusho yanejeje benshi, ari kubara mu Kinyarwanda adategwa.

Aya mashusho yabanje gushyirwa ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter n’uwitwa Claude Karangwa, uri mu bakunze gukoresha cyane uru rubuga nkoranyambaga, agaragaza Umwuzukuru wa Perezida Kagame, ari mu rugo, ari gufashwa n’umubyeyi we (Se) kubara mu Kinyarwanda.

Iyi mfura ya Ange Ingabire Kagame na Bertrand Ndengeyingoma, itangirira kuri rimwe ibara, ikageza ku icumi, agahita yikomera amashyi, yishimye we n’umubyeyi we, baba banyuzamo bagaseka.

Hari andi mashusho kandi agaragaza uyu mwuzukuru wa Perezida Paul Kagame, abara mu rurimi rw’Igifaransa, na yo aba ari kumwe na Se, na bwo bishimye baseka.

Ni amashusho yashimishije benshi, bayatanzeho ibitekerezo, bagaragaza ko bishimiye uburyo uyu mwana wa Ange Kagame agaragaza ubuhanga nubwo akiri muto byumwihariko akaba azi Ikinyarwanda.

Uwitwa Grace Usanase kuri Twitter, yagize ati “Uragatunga kibondo, bravooo Ange Kagame.”

Uwitwa Uwamahoro Arlet we yagize ati “Incwiii birashimishije kubona Umwuzukuru wa wa Perezida azi kubara mu Kinyarwanda, ariko rubanda rw’epfiyo rudashaka kwigisha abana babo Ikinyarwanda.”

Aya mashusho kandi yanashyizwe kuri Twitter n’ikinyamakuru Inyarwanda, cyatangaje ko akomeje gushimisha benshi kubera ubuhanga bw’Umwuzukuru wa Perezida.

AMASHUSHO: Umwuzukuru wa Perezida ari kubara imibare mu Kinyarwanda akomeje gushimisha benshi ku mbuga nkoranyambaga. #inyarwandanews #inyarwanda #nonehoevents pic.twitter.com/66itJF3vJv

— Inyarwanda.com (@Inyarwandacom) April 18, 2023

Umwuzukuru wa Perezida Paul Kagame kandi akunze kugaragara mu mashusho n’amafoto ari kumwe n’Umukuru w’u Rwanda, aho aheruka ari ayafashwe ubwo Abakristu ba Kiliziya Gatulika bari mu gihe cy’Igisibo gitegura Pasika, ubwo Perezida Kagame yamuhaga umugisha nk’ibikunze gukorwa muri Kiliziya Gatulika, umwuzukuru we na we akawumuha.

Yamenye imwe mu mibare y'Ikinyarwanda, Umwuzukuru wa Perezida #Kagame yagaragaye ari kubara kuva kuri 1 kugeza ku 10. pic.twitter.com/EocxqlHipW

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) April 18, 2023

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 7 =

Previous Post

IFOTO: Perezida Ndayishimiye yasuye abahinzi yanga kugenda atabahaye umubyizi

Next Post

Itorero rishyigikiye ubutinganyi ishami ryaryo mu Rwanda ryaritunguye riribwiza ukuri

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Itorero rishyigikiye ubutinganyi ishami ryaryo mu Rwanda ryaritunguye riribwiza ukuri

Itorero rishyigikiye ubutinganyi ishami ryaryo mu Rwanda ryaritunguye riribwiza ukuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.